• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

  • Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza   |   22 Apr 2026

  • APR VC irakina na Black Rhinos VC mu mukino wo gufungura ku mugaragaro Shampiyona Nyafurika, CAVB Men’s Club Championship 2026   |   22 Apr 2026

  • U Rwanda rwatsinze Reta Zunze Ubumwe za Amerika ku kinyuranyo k’inota rimwe muri ICC Women’s Challenge   |   21 Apr 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»APR FC yanganyije na Police FC, Kiyovu Sports irara ku ntebe y’icyubahiro

APR FC yanganyije na Police FC, Kiyovu Sports irara ku ntebe y’icyubahiro

Ubwanditsi 22 Nov 2017 IMIKINO

Umukino wahuzaga APR FC na Police FC warangiye amakipe yombi anganya 0-0 biha amahirwe Kiyovu Sports yatsinze Sunrise 1-0 yo gufata umwanya wa mbere ku rutonde rw’agateganyo muri Shampiyona y’Icyiciro cya Mbere mu Rwanda.

Kuri uyu wa Gatatu, tariki ya 22 Ugushyingo 2017, Shampiyona yakomeje hakinwa imikino y’umunsi wa Karindwi. APR FC yagiye mu kibuga iri ku mwanya wa mbere yashakaga gushimangira yagowe no kubona amanota atatu imbere ya Police FC itozwa na Seninga Innocent ndetse birangira amakipe anganyije 0-0.

Umukino wahuje impande zombi waranzwe no gucungana cyane ndetse uburyo bwabonetse nta cyo bwatanze kuko abanyezamu bose babaye ibamba.

Mu gice cya mbere cy’umukino, abakinnyi ba APR FC bageragezaga guhanahana umupira ariko amahirwe babonye imbere y’izamu Hakizimana Muhadjili ntabwo yashoboye kuyabyaza umusaruro imbere y’umunyezamu Nzarora Marcel.

Police FC na yo yanyuzagamo igasatira izamu rya APR FC ariko Kimenyi Yves umaze kwigaragaza nk’umunyezamu mwiza agahagarara bwuma imbere ya ba rutahizamu ba Police FC barimo Mico Justin, Mushimiyimana Mohammed na Biramahire Christophe bahererekanyaga umupira neza bashaka kunyeganyeza inshundura ze.

Umusifuzi Uwikunda Samuel wari uyoboye umukino yahushye mu ifirimbi nyuma y’iminota 45 y’igice cya mbere, amakipe yombi anganya ubusa ku busa.

Amakipe yombi yavuye mu kiruhuko asa n’agerageza gusatirana gusa nta cyo byatanze.

Mu gice cya kabiri, Umutoza Jimmy Mulisa yakoze impinduka akuramo Twizerimana Onesme utagize byinshi agaragaza kuri uyu munsi yinjiza Twizeyimana Martin Fabrice ariko na we utagize icyo ahindura.

Kiyovu Sports yakinaga na Sunrise FC yayitsinze igitego kimwe cyatsinzwe na Nizeyimana Djuma ku munota wa 18 w’igice cya mbere, ihita ifata umwanya wa mbere aho ifite amanota 15 imbere ya APR FC ifite 14.

Imikino y’umunsi wa karindwi wa Shampiyona

Ku wa Gatatu, tariki ya 22 Ugushyingo 2017:
-  Kiyovu Sports 1-0 Sunrise
-  Miloplast 2-2 Mukura VS
-  Marines 1-4 AS Kigali

Ku wa Kane, tariki ya 23 Ugushyingo 2017
-  Etincelles FC vs Musanze FC (Umuganda Stadium, 15:30)

Ku wa Kabiri, tariki ya 21 Ugushyingo 2017:

-  Umukino wagombaga guhuza Amagaju na Rayon Sports warasubitswe.
-  Espoir FC 0-0 Bugesera FC


2017-11-22
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Amafoto – Nyuma yo kwerekana abatoza bashya ku ikipe ya Rayon Sports, bahise banatangiza imyitozo harimo n’abakinnyi bashya usibye Pierrot

Amafoto – Nyuma yo kwerekana abatoza bashya ku ikipe ya Rayon Sports, bahise banatangiza imyitozo harimo n’abakinnyi bashya usibye Pierrot

Ubwanditsi 03 Feb 2022
Amavubi yatsinzwe na Benin 3-0 hashakishwa itike y’igikombe cya Afurika 2025

Amavubi yatsinzwe na Benin 3-0 hashakishwa itike y’igikombe cya Afurika 2025

Ubwanditsi 11 Oct 2024
Rayon Sports yakoze urugendo rwo Kwibuka, inunamira Abatutsi bazize Jenoside mu 1994

Rayon Sports yakoze urugendo rwo Kwibuka, inunamira Abatutsi bazize Jenoside mu 1994

Ubwanditsi 09 Apr 2024
Rtd Brig Gen Sekamana Jean Damascène wayoboraga FERWAFA yeguye kuri iyi mirimo avuga ko yeguye ku mpamvu ze bwite.

Rtd Brig Gen Sekamana Jean Damascène wayoboraga FERWAFA yeguye kuri iyi mirimo avuga ko yeguye ku mpamvu ze bwite.

Ubwanditsi 15 Apr 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Amahitamo y’u Rwanda aza imbere y’amabwiriza aturuka ahandi – Perezida Kagame
UBUKUNGU

Amahitamo y’u Rwanda aza imbere y’amabwiriza aturuka ahandi – Perezida Kagame

Ubwanditsi 25 Feb 2019
Bitunguranye Minisitiri w’ Ibidukikije mu Bufaransa yafashe icyemezo cyo kwegura
Mu Mahanga

Bitunguranye Minisitiri w’ Ibidukikije mu Bufaransa yafashe icyemezo cyo kwegura

Ubwanditsi 29 Aug 2018
Uganda: Itorero AGAPE i Mbarara ryahindutse indiri y’ibikorwa bya RNC
ITOHOZA

Uganda: Itorero AGAPE i Mbarara ryahindutse indiri y’ibikorwa bya RNC

Ubwanditsi 11 Jan 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru