• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – APR FC na Rayon Sports zageze mu kiciro cya cya kabiri cy’Imikino Nyafurika ya CAF, Al Hilal na Al Merrikh zihagaze neza   |   13 Sep 2026

  • Hon. Havugimana Emmanuel yatwibukije Inkomoko ya Masudi na Giraso yiturwa indi Ikinani cyamugereyemo   |   11 Sep 2026

  • Abana b’abagize uruhare muri Jenoside bongeye kwibutsa imigambi yapfubye y’ababyeyi babo   |   11 Sep 2026

  • Abakinnyi 19 muri 28 bahamagawe n’umutoza Stephen Constantine witegura gukina na Liberia na Cap-Vert, bakina hanze y’u Rwanda   |   09 Sep 2026

  • Irabu: Ibigarahamwe mwitege iyi nkota ya menge ivuye muri Oman nimukoronge ariko nimurenga wa murongo izabarya   |   09 Sep 2026

  • Cricket: U Rwanda rwitwaye neza mu mukino ufungura irushanwa rya ILT20 Continent Cup 2026   |   08 Sep 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Minisitiri Mushikiwabo yavuye imuzi ibyo kwakira abimukira bazaturuka muri Libya na Israel

Minisitiri Mushikiwabo yavuye imuzi ibyo kwakira abimukira bazaturuka muri Libya na Israel

Ubwanditsi 23 Nov 2017 POLITIKI

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Louise Mushikiwabo, yavuze ko u Rwanda n’Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe (AU) bari mu biganiro biganisha ku kwakira abimukira bagera ku bihumbi 30, nk’igice kimwe cy’ibihumbi biri muri Libya, igihugu bari guhuriramo n’akaga ko gucuruzwa nk’abacakara.

Ni abimukira baturuka mu bihugu bitandukanye bya Afurika baba bafite indoto zo kujya i Burayi baciye mu nyanja ya Méditerranée, ahantu baba bizeye ubuzima buruta ubw’iwabo, ariko abenshi ntibahirwe n’urugendo.

Mu kiganiro yagiranye na New Times, Minisitiri Mushikiwabo usanzwe ari n’Umuvugizi wa guverinoma yagarutse ku mpamvu u Rwanda rwemeye kwakira aba bimukira, anavuga ku masezerano akiganirwaho hagati y’u Rwanda na Israel nayo ifite umubare munini w’abimukira n’abashaka ubuhungiro ishaka kohereza mu Rwanda.

Kuri Libya, yavuze ko nubwo u Rwanda rudafite ubutunzi buhambaye, rwiyemeje gutanga ubufasha mu gusubiza iwabo abimukira babyifuza no kwakira abadashaka gusubirayo.

Nubwo ngo hatirengagizwa ikiguzi bizasaba mu bijyanye n’amikoro n’ibindi kubera uwo mwanzuro, kurenza amaso iki kibazo cy’abimukira nabyo ngo byari kuba bitandukanye n’indangagaciro z’igihugu.

Mushikiwabo yashimangiye ko icyo yiteze kandi ahamya neza, ari uko “Abanyarwanda bazakira neza aba bantu” kuko kwifatanya n’abatagira kivurira ari ibintu bibabamo.

Ikiguzi bizasaba n’uburyo bizakorwamo ngo nibyo bikiganirwa kuko ikibazo cyatangiye kurebwaho mu minsi mike ishize, ariko igihugu gisanzwe kigira ingengo y’imari igenerwa ibikorwa bitungurana.

Yakomeje agira ati “Buri gihugu ubundi kigira ingengo y’imari igenerwa ibikorwa biza bitarateguwe, ariko tuzi ko hari amafaranga ahari dushobora gukusanya kubera ikintu nk’iki. Tuzi ko hari n’Abanyarwanda bashimishwa no gufasha. Ni ikibazo cyo kubitegura gusa.”

U Rwanda ngo ntirwiteguye gufata abimukira 400 000 bose bari muri Libya, ariko ngo ruzatanga umusanzu ushoboka.

Mu biganiro bimaze kugerwaho, u Rwanda na Komisiyo ya AU bemeranyije ku kwakira abimukira 30 000, nubwo umubare ushobora guhinduka bitewe n’izindi ngingo zizarebwaho mu gihe kiri imbere.

Uburyo u Rwanda rwageze kuri uwo mwanzuro

Minisitiri Mushikiwabo yavuze ko yamenye neza ibiri kubera muri Libya mu byumweru bitatu bishize, ubwo yari mu ruzinduko rw’akazi muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu.

Yagize ati “Bamwe mu bari mu nama barabimbwiye banansaba kubigeza kuri Perezida (Paul Kagame). Yewe n’Abanya-Libya, byari ikimwaro kuri bo ku buryo basabaga ko hagira igikorwa. Ngarutse nabimenyesheje Perezida dutangira kureba neza icyo kibazo no gukusanya amakuru.”

Kwakira abo bimukira ngo bizasaba imikoranire y’inzego za leta zirimo Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga, Urwego rushinzwe abinjira n’abasohoka, Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu, Minisiteri y’Abakozi ba Leta n’Umurimo n’Urugaga rw’Abikorera mu kubashakira imirimo.

Mushikiwabo yakomeje agira ati “Umuturage wese ushaka kubigiramo uruhare ahawe ikaze. Twegerewe na bamwe mu bikorera bo muri Afurika bifuza kugira icyo babikoraho kandi nta butaka bafite, nkaba nizeye ko nihahurizwa hamwe izi mbaraga zose, tuzabasha kugira abo dufasha muri aba bimukira 400, 000.”

Libya ifite inkambi zirimo ibyo bihumbi by’abimukira, abenshi bava muri Senegal, Niger, Mali, Nigeria na Ghana. Abo kandi ni ababonwa mbere y’uko bagwa mu maboko y’ababagurisha, bamwe ku madolari 400.

Iby’u Rwanda na Israel biracyanozwa neza

Mushikiwabo yavuze ko ku bimukira n’impunzi b’Abanyafurika bazava muri Israel, ibi bihugu byombi bikiganira ku buryo bitarabasha kugera ku mwanzuro wa nyuma n’ubwo ibiganiro bimaze igihe.

Mu ntangiro z’iki cyumweru, byatangajwe ko inama y’abaminisitiri muri Israel yemeje kohereza mu Rwanda abimukira ifite baturutse muri Sudani na Eritrea, leta ikazajya ihabwa $5000 ku mwimukira yakiriye, uwemeye kugenda ku neza nawe agahabwa $3500.

Mushikiwabo yagize ati “Twagiranye ibiganiro na Israel ku kwakira bamwe mu bimukira n’abasaba ubuhungiro baturuka muri iki gice cya Afurika bifuza kuza mu Rwanda. Niba bifuza kuza hano twe ntacyo byadutwaye. Uko byakorwa n’uko bazabaho bageze hano nibyo bitaremezwa kugeza ubu.”

Ibyo biganiro ngo binarebana n’uruhare Israel yazagira mu mibereho y’izo mpunzi, harimo kubashakira aho kuba n’ibindi bijyana n’imibereho yabo.

Hari amakuru ko Israel yifuza gufunga inkambi ya Holot aba bimukira babagamo, bigakorwa mu gihe cy’amezi ane ari imbere, noneho amafaranga bakoreshwagaho agashyirwa mu kubimura. Bivugwa ko nibura Israel yabatangagaho miliyoni $68 ku mwaka.

Minisitiri Mushikiwabo yakomeje agira ati “Ndatekereza ko icyo dushaka hano ni uko buri mwimukira uzaza hano agira ibyangombwa by’ibanze nk’aho gutura, kugira ngo azabashe kuguma mu gihugu igihe kirekire akabasha kubona akazi cyangwa agatangiza umurimo umubyarira inyungu.”

“Duteganya ko buri muntu wese uzaza azaba afite aho atura. Ntabwo duteganya ko abantu bazaza bakaguma mu nkambi. Duteganya kubashyira mu buzima busanzwe,”

Abimukira bashobora kuzava muri Israel bagatuzwa mu Rwanda ngo bagera ku 10 000, bitandukanye na 40 000 yagiye ihwihwiswa mu bitangazamakuru byo muri Israel.

Mushikiwabo yakomeje agira ati “Ntabwo mfite imibare neza ariko ngendeye ku biganiro biheruka twagiranaga na Israel, ni uko bazaba bagera ku 10 000 cyangwa barengaho gato, kandi twumvaga ibyo ntacyo bidutwaye.”

Minisitiri Mushikiwabo yavuze ko bitazaba ari ubwa mbere u Rwanda rwakiriye abimukira cyangwa abantu basaba ubuhungiro barimo n’abakomoka mu bihugu byo muri Aziya, ku buryo rufite gahunda ihamye igenderwaho iyo bibaye ngombwa ko hari abantu batuzwa mu gihugu.

Source : Igihe

2017-11-23
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Bombori bombori hagati ya FARDC na Wazalendo

Bombori bombori hagati ya FARDC na Wazalendo

Ubwanditsi 22 Nov 2024
Uganda : Hari abadepite badakozwa ibyo kwiyamamaza kwa Perezida Museveni mu 2021

Uganda : Hari abadepite badakozwa ibyo kwiyamamaza kwa Perezida Museveni mu 2021

Ubwanditsi 25 Feb 2019
“Ndigabo” ya Ramaphosa itumye abasirikari igihumbi ba SADC bahera mu biganza bya M23

“Ndigabo” ya Ramaphosa itumye abasirikari igihumbi ba SADC bahera mu biganza bya M23

Ubwanditsi 17 Feb 2025
Congo – Brazza yiyemeje kongera imbaraga mu gukurikirana Abakoze Jenoside babarizwayo

Congo – Brazza yiyemeje kongera imbaraga mu gukurikirana Abakoze Jenoside babarizwayo

Ubwanditsi 08 Apr 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ihuriro rya 7 ry’Abapolisikazi ryibanze ku guteza imbere ubumenyi bwabo
Mu Mahanga

Ihuriro rya 7 ry’Abapolisikazi ryibanze ku guteza imbere ubumenyi bwabo

Ubwanditsi 27 Feb 2016
Ubwoba muri RNC: Gen Kayumba kwikanga umuhisi n’umugenzi
Mu Rwanda

Ubwoba muri RNC: Gen Kayumba kwikanga umuhisi n’umugenzi

Ubwanditsi 15 Jun 2016
Nyakubahwa Perezida wa Repubulika Paul Kagame yaganiriye n’Inama Nkuru ya Polisi y’u Rwanda
Mu Mahanga

Nyakubahwa Perezida wa Repubulika Paul Kagame yaganiriye n’Inama Nkuru ya Polisi y’u Rwanda

Ubwanditsi 03 Apr 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

31 Aug 2026
Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru