• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Minisitiri Mushikiwabo yavuye imuzi ibyo kwakira abimukira bazaturuka muri Libya na Israel

Minisitiri Mushikiwabo yavuye imuzi ibyo kwakira abimukira bazaturuka muri Libya na Israel

Ubwanditsi 23 Nov 2017 POLITIKI

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Louise Mushikiwabo, yavuze ko u Rwanda n’Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe (AU) bari mu biganiro biganisha ku kwakira abimukira bagera ku bihumbi 30, nk’igice kimwe cy’ibihumbi biri muri Libya, igihugu bari guhuriramo n’akaga ko gucuruzwa nk’abacakara.

Ni abimukira baturuka mu bihugu bitandukanye bya Afurika baba bafite indoto zo kujya i Burayi baciye mu nyanja ya Méditerranée, ahantu baba bizeye ubuzima buruta ubw’iwabo, ariko abenshi ntibahirwe n’urugendo.

Mu kiganiro yagiranye na New Times, Minisitiri Mushikiwabo usanzwe ari n’Umuvugizi wa guverinoma yagarutse ku mpamvu u Rwanda rwemeye kwakira aba bimukira, anavuga ku masezerano akiganirwaho hagati y’u Rwanda na Israel nayo ifite umubare munini w’abimukira n’abashaka ubuhungiro ishaka kohereza mu Rwanda.

Kuri Libya, yavuze ko nubwo u Rwanda rudafite ubutunzi buhambaye, rwiyemeje gutanga ubufasha mu gusubiza iwabo abimukira babyifuza no kwakira abadashaka gusubirayo.

Nubwo ngo hatirengagizwa ikiguzi bizasaba mu bijyanye n’amikoro n’ibindi kubera uwo mwanzuro, kurenza amaso iki kibazo cy’abimukira nabyo ngo byari kuba bitandukanye n’indangagaciro z’igihugu.

Mushikiwabo yashimangiye ko icyo yiteze kandi ahamya neza, ari uko “Abanyarwanda bazakira neza aba bantu” kuko kwifatanya n’abatagira kivurira ari ibintu bibabamo.

Ikiguzi bizasaba n’uburyo bizakorwamo ngo nibyo bikiganirwa kuko ikibazo cyatangiye kurebwaho mu minsi mike ishize, ariko igihugu gisanzwe kigira ingengo y’imari igenerwa ibikorwa bitungurana.

Yakomeje agira ati “Buri gihugu ubundi kigira ingengo y’imari igenerwa ibikorwa biza bitarateguwe, ariko tuzi ko hari amafaranga ahari dushobora gukusanya kubera ikintu nk’iki. Tuzi ko hari n’Abanyarwanda bashimishwa no gufasha. Ni ikibazo cyo kubitegura gusa.”

U Rwanda ngo ntirwiteguye gufata abimukira 400 000 bose bari muri Libya, ariko ngo ruzatanga umusanzu ushoboka.

Mu biganiro bimaze kugerwaho, u Rwanda na Komisiyo ya AU bemeranyije ku kwakira abimukira 30 000, nubwo umubare ushobora guhinduka bitewe n’izindi ngingo zizarebwaho mu gihe kiri imbere.

Uburyo u Rwanda rwageze kuri uwo mwanzuro

Minisitiri Mushikiwabo yavuze ko yamenye neza ibiri kubera muri Libya mu byumweru bitatu bishize, ubwo yari mu ruzinduko rw’akazi muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu.

Yagize ati “Bamwe mu bari mu nama barabimbwiye banansaba kubigeza kuri Perezida (Paul Kagame). Yewe n’Abanya-Libya, byari ikimwaro kuri bo ku buryo basabaga ko hagira igikorwa. Ngarutse nabimenyesheje Perezida dutangira kureba neza icyo kibazo no gukusanya amakuru.”

Kwakira abo bimukira ngo bizasaba imikoranire y’inzego za leta zirimo Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga, Urwego rushinzwe abinjira n’abasohoka, Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu, Minisiteri y’Abakozi ba Leta n’Umurimo n’Urugaga rw’Abikorera mu kubashakira imirimo.

Mushikiwabo yakomeje agira ati “Umuturage wese ushaka kubigiramo uruhare ahawe ikaze. Twegerewe na bamwe mu bikorera bo muri Afurika bifuza kugira icyo babikoraho kandi nta butaka bafite, nkaba nizeye ko nihahurizwa hamwe izi mbaraga zose, tuzabasha kugira abo dufasha muri aba bimukira 400, 000.”

Libya ifite inkambi zirimo ibyo bihumbi by’abimukira, abenshi bava muri Senegal, Niger, Mali, Nigeria na Ghana. Abo kandi ni ababonwa mbere y’uko bagwa mu maboko y’ababagurisha, bamwe ku madolari 400.

Iby’u Rwanda na Israel biracyanozwa neza

Mushikiwabo yavuze ko ku bimukira n’impunzi b’Abanyafurika bazava muri Israel, ibi bihugu byombi bikiganira ku buryo bitarabasha kugera ku mwanzuro wa nyuma n’ubwo ibiganiro bimaze igihe.

Mu ntangiro z’iki cyumweru, byatangajwe ko inama y’abaminisitiri muri Israel yemeje kohereza mu Rwanda abimukira ifite baturutse muri Sudani na Eritrea, leta ikazajya ihabwa $5000 ku mwimukira yakiriye, uwemeye kugenda ku neza nawe agahabwa $3500.

Mushikiwabo yagize ati “Twagiranye ibiganiro na Israel ku kwakira bamwe mu bimukira n’abasaba ubuhungiro baturuka muri iki gice cya Afurika bifuza kuza mu Rwanda. Niba bifuza kuza hano twe ntacyo byadutwaye. Uko byakorwa n’uko bazabaho bageze hano nibyo bitaremezwa kugeza ubu.”

Ibyo biganiro ngo binarebana n’uruhare Israel yazagira mu mibereho y’izo mpunzi, harimo kubashakira aho kuba n’ibindi bijyana n’imibereho yabo.

Hari amakuru ko Israel yifuza gufunga inkambi ya Holot aba bimukira babagamo, bigakorwa mu gihe cy’amezi ane ari imbere, noneho amafaranga bakoreshwagaho agashyirwa mu kubimura. Bivugwa ko nibura Israel yabatangagaho miliyoni $68 ku mwaka.

Minisitiri Mushikiwabo yakomeje agira ati “Ndatekereza ko icyo dushaka hano ni uko buri mwimukira uzaza hano agira ibyangombwa by’ibanze nk’aho gutura, kugira ngo azabashe kuguma mu gihugu igihe kirekire akabasha kubona akazi cyangwa agatangiza umurimo umubyarira inyungu.”

“Duteganya ko buri muntu wese uzaza azaba afite aho atura. Ntabwo duteganya ko abantu bazaza bakaguma mu nkambi. Duteganya kubashyira mu buzima busanzwe,”

Abimukira bashobora kuzava muri Israel bagatuzwa mu Rwanda ngo bagera ku 10 000, bitandukanye na 40 000 yagiye ihwihwiswa mu bitangazamakuru byo muri Israel.

Mushikiwabo yakomeje agira ati “Ntabwo mfite imibare neza ariko ngendeye ku biganiro biheruka twagiranaga na Israel, ni uko bazaba bagera ku 10 000 cyangwa barengaho gato, kandi twumvaga ibyo ntacyo bidutwaye.”

Minisitiri Mushikiwabo yavuze ko bitazaba ari ubwa mbere u Rwanda rwakiriye abimukira cyangwa abantu basaba ubuhungiro barimo n’abakomoka mu bihugu byo muri Aziya, ku buryo rufite gahunda ihamye igenderwaho iyo bibaye ngombwa ko hari abantu batuzwa mu gihugu.

Source : Igihe

2017-11-23
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Nabonye igihugu kiri ku murongo – Perezida w’u Bushinwa avuga uko yasanze u Rwanda

Nabonye igihugu kiri ku murongo – Perezida w’u Bushinwa avuga uko yasanze u Rwanda

Ubwanditsi 23 Jul 2018
Nduhungirehe yatamaje ibinyoma bya Muyaya wa RDC ukomeje gutagatifuza FDLR

Nduhungirehe yatamaje ibinyoma bya Muyaya wa RDC ukomeje gutagatifuza FDLR

RUSHYASHYA 23 Feb 2026
Ntimuzajya mu ijuru mwaricishije abaturage muyobora amavunja- Perezida Kagame

Ntimuzajya mu ijuru mwaricishije abaturage muyobora amavunja- Perezida Kagame

Ubwanditsi 29 Mar 2018
Itangazo ryo kubika ryasohowe na FDLR rijijisha urupfu rwa Ge. Mudacumura

Itangazo ryo kubika ryasohowe na FDLR rijijisha urupfu rwa Ge. Mudacumura

Ubwanditsi 19 Sep 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Intambara y’amagambo irarimbanije muri Rwanda National Congress [RNC] zombi
ITOHOZA

Intambara y’amagambo irarimbanije muri Rwanda National Congress [RNC] zombi

Ubwanditsi 07 Aug 2016
Abiyita ingabo za FLN/Sankara bacitsemo ibice 2 bapfa ibisahurano
INKURU NYAMUKURU

Abiyita ingabo za FLN/Sankara bacitsemo ibice 2 bapfa ibisahurano

Ubwanditsi 27 Aug 2018
Bane bafungiwe ubufatanyacyaha mu gukora no kugurisha impushya zo gutwara ibinyabiziga z’inyiganano
Mu Mahanga

Bane bafungiwe ubufatanyacyaha mu gukora no kugurisha impushya zo gutwara ibinyabiziga z’inyiganano

Ubwanditsi 20 Sep 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru