• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

  • APR FC yakiriye abakinnyi bayo 3 batari bahari barimo Mamadou Sy wari i Doha   |   28 Nov 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Abantu 369 bapfiriye mu mpanuka uyu mwaka

Abantu 369 bapfiriye mu mpanuka uyu mwaka

Editorial 14 Dec 2017 Mu Rwanda

Polisi y’Igihugu ivuga ko muri uyu mwaka wa 2017 abantu bagera 369 baguye mu mpanuka zo mu muhanda.

Ibi byatangarijwe mu kiganiro polisi iri kugirana n’abanyamakuru, aho iri kugaragaza ishusho y’umutekano muri uyu mwaka uri kugana ku musozo ndetse n’ingamba zo gukumira ibyaha mu minsi mikuru.

Komiseri muri Polisi ushinzwe umutekano wo mu muhanda CP George Rumanzi avuga ko n’ubwo impanuka zagabanutse ugeranyije n’umwaka ushize impanuka zikomeje gutwara w’abantu.

Abanyamaguru ni bo baza ku isonga mu bahitanwa n’impanuka zo mu muhanda, aho bagera kuri 34%, abakoresha moto 22% na ho abanyamagare ni 14%.

Muri izo mpanuka abakomeretse ni 685.

Yavuze ko muri rusange zagabanutse ku kigero gisaga 30% muri za bisi zitwara abagenzi kubera utugabanyamuvuduko twashyizwemo.

Imodoka zifite utugabanyamuvuduko bukora neza ni 79%. CP Rumanzi akaba avuga ko hari aho budakora neza bazakomeza gushyiramo imbaraga.

Ibyaha ibihumbi bisaga 16 byarakozwe…

Umuyobozi w’Ishami rya Polisi rishinzwe ubugenzacyaha, ACP Jean Marie Vianney Twagirayezu avuga ko muri uyu mwana batahuye ibyaha bisaga ibihumbi 16.

Yavuze ko polisi yashyizemo ingufu mu gutahura ibyaha, aho ibyaha by’ubwicanyi n’ubujura byatahuwe cyane. Yatanze urugero rw’abateye ishami rya Banki ya Kigali rya Buhanda , aho abakekwa boss bazaza kubashyikiriza ubutabera.

Yavuze kandi ubundi bwicanyi bwavuzwe cyane uyu mwaka nk’urupfu rwa Iribagiza Christine wari utuye ku Kicukiro wishwe muri Mata ndetse na Pasteur Maggie Mutesi.

Yavuze ko abakekwa bose babashyikirije ubutabera ndetse akaba ashimira abaturage babigizemo uruhare.

ACP Jean Marie avuga kandi muri uyu mwaka ibyaha byagabanutseho ku kigereranyo cya 5% ugereranyije n’umwaka ushize.

Polisi kandi ivuga ko yanahagurukiye ibyaha byambukiranya imipaka, aho yabashije gutabara abantu 35 bari bagiye gucururizwa mu mahanga batarahagera. Ivuga kandi ko hari abandi 4 bagaruwe mu gihugu bavanywe aho bacurujwe.

Ibyaha bimunga ubukungu biri mu byo polisi yatahuye cyane, aho abakekwaho kunyereza umutungo wa rubanda ndetse na ruswa.

Polisi ivuga kandi ko mu guhangana n’ibyaha bikoresha ikoranabuhanga yagaruje Miliyoni 900 zari zigiye kwibwa muri Banki imwe mu gihugu.

Polisi yasabye abaturage kwitwararika muri iyi minsi mikuru, aho bakwiye kwishimisha ariko ntibihungabanye umutekano.

2017-12-14
Editorial

IZINDI NKURU

Polisi yataye muri yombi Bishop Imanizabayo n’abandi 2 bashinjwa ubutekamitwe bitwaje’ Ubuhanuzi ‘

Polisi yataye muri yombi Bishop Imanizabayo n’abandi 2 bashinjwa ubutekamitwe bitwaje’ Ubuhanuzi ‘

Editorial 30 Apr 2017
“Nyamwanga kumva ntiyanze no kubona”. Iyo Idamande Yvonne na Aimable Karasira bumva impanuro, ntibaba bafunze”-Umusomyi wa Rushyashya

“Nyamwanga kumva ntiyanze no kubona”. Iyo Idamande Yvonne na Aimable Karasira bumva impanuro, ntibaba bafunze”-Umusomyi wa Rushyashya

Editorial 02 Jun 2021
Rubavu: Umwe mu batwara abagenzi kuri moto afunzwe akekwaho guha ruswa Umupolisi

Rubavu: Umwe mu batwara abagenzi kuri moto afunzwe akekwaho guha ruswa Umupolisi

Editorial 07 Aug 2017
Kinshasa : Perezida Kabila yagize  Samy Badibanga  Minisitiri w’Intebe

Kinshasa : Perezida Kabila yagize Samy Badibanga Minisitiri w’Intebe

Editorial 18 Nov 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uruganda  “Master Steel ” rwabaye umushoramari w’umwaka mu bihembo bya RDB Business Excellence Awards 2019
UBUKUNGU

Uruganda “Master Steel ” rwabaye umushoramari w’umwaka mu bihembo bya RDB Business Excellence Awards 2019

Editorial 01 Feb 2020
INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA
Amakuru

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

Editorial 26 Jun 2024
Nyuma y’Itaramo yakoreye i Kigali,  Icyamamare  Davido yatahanye  na Kate Bashabe.
INKURU ZAKUNZWE CYANE

Nyuma y’Itaramo yakoreye i Kigali, Icyamamare Davido yatahanye na Kate Bashabe.

Editorial 05 Mar 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru