• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • RSSB Tigers BBC yasezereye FUS Rabat BBC yo muri Morocco, izahura na AL Ahly muri ½ cy’imikino ya nyuma ya BAL 2026 iri kubera I Kigali   |   24 May 2026

  • Nyuma y’imyaka itatu Stade y’Akarere ka Gicumbi itangiye kuvugururwa, kuri ubu yemerewe kwakira imikino ya Shampiyona y’u Rwanda, BK Pro League   |   21 May 2026

  • Umutoza w’Amavubi Stephen Constantine asanga kwitwara neza k’u Rwanda bisaba gutsinda imikino yo mu rugo ngo yerekeze mu gikombe cya Afurika 2027   |   20 May 2026

  • Olivier Kwizera ari mu bakinnyi basubukuye imyitozo ya Rayon Sports yitegura guhura na APR FC ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro   |   19 May 2026

  • Rusesabagina nawe ubwe ni ikinyoma cyigendera   |   18 May 2026

  • AMAFOTO – Patriots BBC na APR WBBC begukanye igikombe cy’irushanwa ryo kwibuka mu bakina ari batatu kuri batatu   |   18 May 2026

 
You are at :Home»UBUKUNGU»Perezida Kagame yafunguye ku mugaragaro hoteli “Park Inn by Radisson Kigali” [ Amafoto ]

Perezida Kagame yafunguye ku mugaragaro hoteli “Park Inn by Radisson Kigali” [ Amafoto ]

Ubwanditsi 16 Dec 2017 UBUKUNGU

Perezida Kagame yafunguye ku mugaragaro hoteli y’inyenyeri enye ‘Park Inn by Radisson Kigali, yizeza ko Leta izakomeza gukora ibishoboka byose kugira ngo abashoramari bakorere mu mutekano n’umudendezo usesuye kandi bunguke.

Ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatanu tariki ya 15Ukuboza 2017, nibwo Umukuru w’Igihugu yafunguye iyi hoteli yubatswe n’umushoramari w’Umunyarwanda, Joseph Mugisha, ikaba iherereye ahitwa mu Kiyovu mu Mujyi wa Kigali.

Perezida Kagame yagarutse ku kamaro ko kugira ishoramari rikozwe n’Abanyarwanda ubwabo avuga ko rigira akamaro cyane usibye no kuba ribateza imbere, ngo riba rinafitiwe icyizere kurushaho.

Yagize ati “ Ishoramari nk’iri ry’abanyagihugu mu banyagihugu babo ni ryiza cyane kuko rituma ubukungu bukomera cyane cyane iyo rishingiye ku banyagihugu, gusa iyo mvuze ko rishingiye ku banyagihugu, ntabwo bivuze ko badafatanya n’abandi b’ibindi bihugu.”

Yakomeje agira ati “ Abantu bashobora gukora ishoramari nk’iri ari umuryango cyangwa abanyarwanda bonyine, akenshi biba byiza ndetse birushaho kugira agaciro, bagakorana n’abandi b’ibindi bihugu kuko bafite byinshi nabo bazana.”

Yavuze ko iyo bituruka hanze gusa bidashingira ku banyagihugu ndetse ko iyo habaye ikibazo abo hanze hari igihe bahambira ibyabo bakigendera ha handi hagasigara ubusa ariko iyo ari iby’umunyarwanda ngo ntaho bijya.

Perezida Kagame yashimye umushoramari Mugisha Joseph avuga ko igikorwa yakoze ari icy’indashyikirwa nk’Umunyarwanda asaba n’abandi gukomeza gukora batyo.

Mugisha Joseph yashimye Perezida Kagame, avuga ko ubuyobozi bwe bwiza kandi bworohereza ishoramari ari bwo bwatumye agera ku kubaka hoteli ingana ityo.

Yagize ati “ Ngushimiye byimazeyo uburyo udahwema guteza imbere abikorera ku giti cyabo, uyu musaruro tugezeho uri mu cyerekezo cy’ubuyobozi bwanyu bwiza bwo kugira u Rwanda, igihugu gifite ubukungu bwihagazeho mu rwego rw’ubukerarugendo.”

Park Inn by Radisson Kigali ni hoteli y’inyenyeri enye, iherereye mu Kiyovu ahahoze Hotel Kiyovu. Ibaye iya kabiri ikigo Rezidor Hotel Group gifunguye mu Rwanda nyuma ya Radisson Blu iherereye muri Kigali Convention Centre yafunguwe muri Nyakanga 2016.

Iyo hoteli ifite ibyumba 161, birimo iby’inama, uburiro n’ibindi; ikagira akabyiniro, ubwogero, ahaparikwa imodoka, aho gukorera imyitozo ngororamubiri, sauna n’ibindi bigezweho. Ikoresha abakozi 180, muri bo 178 ni Abanyarwanda.

Perezida Kagame yavuze ko n’abandi bakwiriye gufatira urugero kuri Mugisha ndetse ko Leta yiteguye kubatera inkunga.

Park Inn by Radisson Kigali yiyongereye ku yandi mahoteli menshi yo ku rwego rwo hejuru yamaze kugera muri Kigali ndetse hakaba n’andi akomeje kubakwa muri uyu Mujyi no hirya no hino mu gihugu.

Guverinoma y’u Rwanda iteganya kuzajya yizinjiza miliyoni $150 buri mwaka ziturutse mu kwakira ibiganiro, inama mpuzamahanga n’ibikorwa bitandukanye muri gahunda ya MICE(Meetings, Incentives, Conferences and Events), aho inateganya kuzamura umubare w’ibyumba by’amahoteli.

 

 

 

Iyi hotel iherereye mu Kiyovu

 

 

Ibyumba byisanzuye abantu bashobora kuruhukiramo

 

Aho abantu bashobora gufatira amafunguro muri iyi hotel

 

 

Ifite akabyiniro kagezweho aho ababishaka bashobora gukesha babyina

 

 

Minisitiri w’Ibikorwaremezo, James Musoni na Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru, Gatabazi Jean Marie Vianney

 

Mugisha Joseph yashimye Perezida Kagame, avuga ko ubuyobozi bwe bwiza kandi bworohereza ishoramari ari bwo bwatumye agera ku kubaka iyi hoteli

 

 

 

 

 

 

 

 

 

 

 

 

Amafoto: Village Urugwiro &Nyetera Bachir


2017-12-16
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

U Rwanda rugeze he rwishyura miliyoni 400$ zirimo izubatse Kigali Convention Centre?

U Rwanda rugeze he rwishyura miliyoni 400$ zirimo izubatse Kigali Convention Centre?

Ubwanditsi 04 Apr 2019
Ese Imyanzuro y’Umwiherero wa 15 w’abayobozi yaba yarashyizwe mu bikorwa?

Ese Imyanzuro y’Umwiherero wa 15 w’abayobozi yaba yarashyizwe mu bikorwa?

Ubwanditsi 08 Mar 2019
Uko Tony Blair na Sir Collier babona iterambere ry’u Rwanda mu myaka 30 iri imbere

Uko Tony Blair na Sir Collier babona iterambere ry’u Rwanda mu myaka 30 iri imbere

Ubwanditsi 14 Feb 2018
Perezida Kagame yafunguye ububiko bushya bw’ibicuruzwa bivuye mu mahanga

Perezida Kagame yafunguye ububiko bushya bw’ibicuruzwa bivuye mu mahanga

Ubwanditsi 22 Oct 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Rayon Sports yerekanye Kalisa Rachid na Heritier Nzinga Luvumbu nk’abakinnyi bayo
Amakuru

Rayon Sports yerekanye Kalisa Rachid na Heritier Nzinga Luvumbu nk’abakinnyi bayo

Ubwanditsi 03 Aug 2023
Uganda igiye kwakira abakuru b’ibihugu bagize umuhora wa ruguru
Mu Rwanda

Uganda igiye kwakira abakuru b’ibihugu bagize umuhora wa ruguru

Ubwanditsi 18 Apr 2016
Umujenosideri Kabuga Felisiyani yavuniye ibiti mu matwi imbere y’abacamanza, nk’ amayeri yo gutinza urubanza ngo atazigera aburanishwa
Amakuru

Umujenosideri Kabuga Felisiyani yavuniye ibiti mu matwi imbere y’abacamanza, nk’ amayeri yo gutinza urubanza ngo atazigera aburanishwa

Ubwanditsi 12 Nov 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru