• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Girumugisha yabaye umukinnyi w’umwaka muri Shampiyona y’u Rwanda ahembwa imodoka ya miliyoni 15 Frw   |   13 Jul 2026

  • Iperereza ku rupfu rwa ruharwa Kabuga Félicien: Yapfiriye mu cyumba cye nyuma yo guhabwa ifunguro, yazize umutima   |   13 Jul 2026

  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Mu gushaka guhindura itegeko nshinga hari icyo Museveni amaze kwigira kuri Nkurunziza

Mu gushaka guhindura itegeko nshinga hari icyo Museveni amaze kwigira kuri Nkurunziza

Ubwanditsi 16 Dec 2017 INKURU NYAMUKURU

Prezida Museveni wa Uganda na Nkurunziza w’u Burundi bararwana ingamba zisa zo guhindura itegeko nshinga ry’ibihugu byabo manda yo kumara ku butegetsi ikaba ndende kurushaho !

Muri Uganda manda y’umukuru w’igihugu kumara ku butegetsi yahoze imyaka itanu yongezwa incuro imwe gusa ariko muri 2005 itegeko nshinga rirahindurwa, binyuze muri referendum, manda ebyiri ntarengwa zikurwaho Museveni akomeza kwiyamamariza umwanya w’umukuru w’igihugu nta nkomyi.

Mu Burundi ho itegeko nshinga riracyavuga yuko manda y’umukuru w’igihugu ari imyaka itanu kandi umuntu akaba adashobora kurenza manda ebyiri. Muri 2015 ariko Perezida Nkurunziza ibyo yabirenzeho yiyamamariza manda ya gatatu aribyo byatumye u Burundi bujya mu kaga na n’ubu butarashobora kwikuramo.

Abarundi bamaze iminsi mu mishyikirano Arusha yarangiye itagize na gito igeraho. Kimwe mu bitumvikanwagwaho n’uko abatavuga rumwe na leta barwanyaga yuko habaho ibyo guhindura itegeko nshinga mu buryo ubwo aribwo bwose.

Bakiva Arusha ariko, tariki 12 z’uku kwezi, Perezida Kurunziza yanyarukiye Bugendana mu ntara ya Gitega atangiza umuhango wo kuvugurura itegeko nshinga mu buryo bumwemerera kuzongera kwiyamamariza umwanya wa Perezida wa Repubulika, ariko noneho manda ntarengwa zikaba ebyiri z’imyaka irindwi aho kuba ebyiri z’imyaka itanu nk’uko byari bimeze mu itegeko nshinga ririho n’ubwo nabwo Muri Mata 2015 Nkurunziza yaryishe akiyamamariza manda ya gatatu !

Muri Uganda ho ikibazo bamaze igihe bagundagurana nacyo ni icy’imyaka y’amavuko umuntu agomba kuba atarengeje, mu gihe ashaka kwiyamamariza umwanya wa Perezida wa Repubulika. Imyaka umuntu atagomba kuba arengeje ni 75. Bivuze rero y’uko Museveni ubu ufite imyaka 73 y’amavuko atemerewe kuzongera kwiyamamariza umwanya wa Perezida kuko mu matora ataha azaba arengeje iyo myaka 75.

Umushinga w’itegeko ukuraho ibyo by’imyaka y’amavuko itemerera umuntu kwiyamamariza umwanya wa Perezida ugejejwe mu nteko ngo wigweho, abadepite bo muri opozisiyo nab’ishyaka NRM riri ku butegetsi bararwanye, benshi bagira impungenge yuko Uganda  ishobora guhinduka u Burundi bwo kuva Mata 2015 ariko Imana ikinga akaboko !

Hari amashilingi akabakaba miliyoni 30 buri mudepite wa Uganda yahawe ngo ajye kumvisha abamutoye iby’uko kuvugurura itegeko nshinga ngo Museveni azashobore kongera kwiyamamariza umwanya wa Perezida wa Repubulika. Obo muri opozisiyo ayo mafaranga bayafata nka ruswa yahawe abadepite, ku buryo hari na bamwe bahisemo kuyasubiza ! Hakaba n’amakuru avuga yuko ayo ari amafaranga yahawe abadepite bose muri rusange ngo ariko hari n’agera ku mashilingi miliyoni 40 Museveni yagiye aha abadepite ba NRM mu ibanga ngo bashyiremo imbaraga nyishi kurushaho kugira ngo itegeko nshinga rihinduke ku buryo bumunogeye !

Icyo Museveni ahuriyeho cyane na Nkurunziza n’uko bombi bashaka kuzongera kwiyamamaza, kandi itegeko nshinga rikaba rigomba kubanza guhindurwa. Muri uko guhindura itegeko nshinga hari aho Nkurunziza agaragara kuba umwarimu wa Museveni. Ubu no muri Uganda batangiye kuvuga ibya manda y’imyaka irindwi, yongerwa icuro imwe ku mwanya w’umukuru w’igihugu. Nkurunziza ariko we hari icyo adashaka kwigira kuri Museveni, arireba we wenyine gusa. Museveni we arasha yuko n’amanda y’abadepite yongerwa, akava ku myaka itanu ikajya ku myaka irindwi. Abadepite ba NRM bo bakavuga yuko ibyo ari ngombwa, kandi n’aba bariho imyaka itanu batorewe ikongerwaho ibiri.

Abaturage babatoreye imyaka itanu none ngo biyongereho indi ibiri ngo kandi ingingo 77(3) irabibemerera ! Ubwo niba atari ububandi n’iki ? Musevi uyu munsi mu gitondo yumvikanye kuri BBC y’igiswayire avuga yuko ashyigikiye cyane ibya manda y’imyaka irindwi, ngo kuko manda y’imyaka itanu ntacyo waba wari washobora kumarira abaturage. Ngo gutegeka imyaka itanu ni ukuzuza CV gusa !

Mu gihe mu Burundi no muri Uganda bashaka guhindura itegeko ngo manda ibe imyaka irindwi, hano mu Rwanda manda ya Perezida wa Repubulika yaragabanyijwe iva ku myaka irindwi ishyirwa kuri itanu mk’uko bimeze kuri manda y’abadeite. Ni ibihugu bike cyane hano ku isi manda zigera ku myaka irindwi.

Casmiry Kayumba

 

2017-12-16
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Abasenateri ba Amerika barasabira ibihano leta ya Uganda kubera kutubahiriza uburenganzira bwa muntu no kwica amasezerano mpuzamahanga

Abasenateri ba Amerika barasabira ibihano leta ya Uganda kubera kutubahiriza uburenganzira bwa muntu no kwica amasezerano mpuzamahanga

Ubwanditsi 17 Dec 2018
Serge Ndayizeye yaba noneho yivumbuye burundu? Yaba yabonye icyangombwa cyo gukora muri Amerika agacika Kayumba Nyamwasa?

Serge Ndayizeye yaba noneho yivumbuye burundu? Yaba yabonye icyangombwa cyo gukora muri Amerika agacika Kayumba Nyamwasa?

Ubwanditsi 19 Mar 2022
Ingamba z’Ubwirinzi z’u Rwanda ni Ntayegayezwa Interahamwe n’Abambari bazo Bishengura Bazimanike

Ingamba z’Ubwirinzi z’u Rwanda ni Ntayegayezwa Interahamwe n’Abambari bazo Bishengura Bazimanike

RUSHYASHYA 18 Feb 2026
“Muri kamere yacu ntawe dushotora, turwana intambara zo gukumira ibibazo dukururwaho n’abandi” – Perezida Kagame

“Muri kamere yacu ntawe dushotora, turwana intambara zo gukumira ibibazo dukururwaho n’abandi” – Perezida Kagame

Ubwanditsi 04 Jul 2024

Igitekerezo kimwe

  1. MAOMBI jOHN
    August 7, 201812:48 pm -

    UZIKO MURI IBIGORYI KOKO!!! KO MUTATANGIRIYE KURI KAGAME KO ARIWE WATANGIYE GUHINDURA

    ITEGEKO AGAHITA YIHA AMANOTA 90 KWIJANA NGO YATOWE MUGIHE ISI YOSE IZIKO YANGWA NA

    RUBANDA NYAMWINSHI BARENGA 80 KWIJANA YICISHA NZARAMBA!!!1 KUKI MURI IBICUCU BIGEZAHO?

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Menya Impamvu igiciro cyo gusura Ingagi cyikubye Kabiri
UBUKERARUGENDO

Menya Impamvu igiciro cyo gusura Ingagi cyikubye Kabiri

Ubwanditsi 09 May 2017
Ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri yo ku wa Mbere tariki ya 28 Mutarama 2019
INKURU NYAMUKURU

Ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri yo ku wa Mbere tariki ya 28 Mutarama 2019

Ubwanditsi 29 Jan 2019
Amafoto- Bayobowe n’umujyanama wa mbere muri Ambasade y’u Rwanda muri Senegal, Guillaume Serge Nzabonimana,    Abanyarwanda baba muri Mali basuye Amavubi U23
Amakuru

Amafoto- Bayobowe n’umujyanama wa mbere muri Ambasade y’u Rwanda muri Senegal, Guillaume Serge Nzabonimana, Abanyarwanda baba muri Mali basuye Amavubi U23

Ubwanditsi 28 Oct 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru