• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

  • Ukwiyubaka kudasanzwe kwa APR FC na Rayon Sports zitegura CECAFA Kagame Cup izabera i Kigali mu mpera za Nyakanga 2026   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»N’u Rwanda rwaberwa no kwicara kuri ‘table d’honneur’ – Perezida Kagame

N’u Rwanda rwaberwa no kwicara kuri ‘table d’honneur’ – Perezida Kagame

Ubwanditsi 18 Dec 2017 INKURU NYAMUKURU

Perezida Paul Kagame avuga ko u Rwanda kimwe na Afurika nabyo byaremewe kubaho neza mu cyubahiro gikwiye, kimwe n’ibindi bihugu bibayeho neza ku isi.

Perezida Kagame avuga ko hari ibihugu biheza ibihugu nk’u Rwanda kubera ko bikennye n’icyo bibikoreye bikitwa ubugiraneza, nyamara bimwe muri ibyo nabyo bisize ibibazo iwabo.

Agira ati “Abaza kudutonganya badutunga agatoki ngo dufite ibibazo tubibutsa ko n’iwabo bihari kandi ko batadukunda kurusha uko twikunda. Akenshi icyo baba bagambiriye si ukudufasha kubikemura.

“Baraza bakadutunga agatoki tukabumva, bakatwibutsa ko baduha amafaranga tukabashimira, ariko tukababaza urwo rukundo rutuma batugirira impuhwe zingana zityo, usanga rimwe na rimwe batanafitiye ab’iwabo.”

Yabitangaje kuri iki Cyumweru tariki 17 Ukuboza 2017, mu kiganiro yagiranye n’urubyiruko rusaga ibihumbi bitatu rwari rwitabiriye inama ihuza urubyiruko izwi nka ‘Youth Connekt’.

Yavuze ko inzira imwe urubyiruko rwakoresha rukura u Rwanda muri ako gasuzuguro ari ugukora cyane no kudakunda gusindagizwa.

Ati “Mu mikorere yanyu, mu mitekerereze yanyu mugomba guhora mwibaza impamvu u Rwanda rutari ku meza y’icyubahiro, mugaharanira gukora cyane, tugafatanya, tukarugeza kuri ’table d’honneur.

“Ntabwo ’table d’honneur’ igenewe abandi batari Abanyafurika cyangwa Abanyarwanda gusa. Ni ahacu twese, iyo ubiharaniye urahagera.”

Perezida Kagame yavuze ko gusindagizwa cyangwa kugisha inama atari ubugwari mu gihe ufite intego yo kuzigira umunsi umwe.

Ati “Iyo usindagizwa, ugomba gushyiraho akawe kugira ngo uzagere aho wigira. Mu mitekerereze y’urubyiruko hagomba kuvamo gusindagizwa. Urubyiruko rwaba urw’u Rwanda cg urwa Africa rurashoboye.”

2017-12-18
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Uganda : Umunyamakuru wa New Vision Charles Etukuri  yashimuswe  na CMI

Uganda : Umunyamakuru wa New Vision Charles Etukuri yashimuswe na CMI

Ubwanditsi 13 Feb 2018
U Burundi bwirukanye Umuyobozi w’Umuryango wigenga wo mu Bubiligi

U Burundi bwirukanye Umuyobozi w’Umuryango wigenga wo mu Bubiligi

Ubwanditsi 30 Oct 2018
Ubusambo,Ubugome, ubutindi amaco y’inda mu gushaka indonke bakoresheje umurwayi Barafinda Sekikubo Fred

Ubusambo,Ubugome, ubutindi amaco y’inda mu gushaka indonke bakoresheje umurwayi Barafinda Sekikubo Fred

Ubwanditsi 23 Jul 2020
Nsabimana Callixte  Sankara yagejejwe imbere y’urukiko aregwa ibyaha  by’iterabobwoba k’ubufasha bwa Uganda n’UBurundi

Nsabimana Callixte  Sankara yagejejwe imbere y’urukiko aregwa ibyaha  by’iterabobwoba k’ubufasha bwa Uganda n’UBurundi

Ubwanditsi 23 May 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Bane bafashwe bacukura amabuye y’agaciro mu buryo bunyuranije n’amategeko
Mu Mahanga

Bane bafashwe bacukura amabuye y’agaciro mu buryo bunyuranije n’amategeko

Ubwanditsi 15 Sep 2016
Abantu 47 bakurikiranyweho ibyaha by’ingengabitekerezo ya Jenoside muri iki cyunamo
ITOHOZA

Abantu 47 bakurikiranyweho ibyaha by’ingengabitekerezo ya Jenoside muri iki cyunamo

Ubwanditsi 12 Apr 2019
Amabanga 10  akomeye mu gushinga Urugo
HIRYA NO HINO

Amabanga 10 akomeye mu gushinga Urugo

Ubwanditsi 25 Feb 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru