• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

  • Nyuma y’imyaka irindwi, APR VC yegukanye Igikombe cya Memorial Rutsindura itsinze REG VC ku mukino wa nyuma   |   26 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Dore Icyo Utari uzi kuri “Secret Service” umutwe w’ abasore n’abakobwa bafite ubwenge budasanzwe barinda Perezida wa USA

Dore Icyo Utari uzi kuri “Secret Service” umutwe w’ abasore n’abakobwa bafite ubwenge budasanzwe barinda Perezida wa USA

Ubwanditsi 27 Dec 2017 Mu Mahanga

Urwego rw’ibanga rurinda abayobozi bakomeye ba Amerika “Secret Service” ni umutwe w’Ingabo ugizwe n’intarumikwa z’abasore n’abakobwa, abagabo n’abagore b’Abanyamerika bafite ubushobozi budasanzwe, ubwenge n’ubuzima buzira umuze mu buryo bwose bushoboka.

Uyu ni umutwe w’Ingabo kabuhariwe wa ba mudahusha bahora mu ndorerwamo z’umukara, intwaro ziremereye, utubunda twa Masotera ku matako, ibyuma bifashisha bareba kure n’izindi ntwaro zizewe mu kurwanya umuntu yaba akwegereye cyangwa ari kure, akenshi usanga bahora mu makoti, udupira tubafashe n’amajile (jillet).

Uburyo uyu mutwe utinyitse n’imikorere yawo yo mu ibanga rihambaye ituma hafi ya buri Munyamerika n’undi wabonye n’ubwo byaba ho gato, uburyo Pereida wa Amerika n’abandi bategetsi bakomeye basura icyo gihugu baba barinzwe, agendana amatsiko yo kugira icyo amenya ku mikorere yawo.

Secret Service, inyandiko zitandukanye zigaragaza ko yashinzwe kuwa 05 Mata mu 1865 ,kugeza magingo aya uyu mutwe ukaba umaze imyaka 152 kandi imibare ikerekana ko kuri ubu ikoresha abakozi 7000 ku Isi, n’ingengo y’imari ya miliyari $2.2 z’Amadolari ku mwaka, urebye nk’iyo yagenewe uyu mwaka wa 2017.

Gusa tukiri kuri iyi ngengo y’imari havugwamo icyuho kuko Secret servive iheruka gusaba kongererwa miliyoni 60 z’Amadolari ku ngengo isanzwe mu mwaka wa 2018, kubera ingendo zidashira kandi zihenze za Perezida Donald Trump n’Umuryango we.

Kuri iyi ngingo, ikinyamakuru The Huffington Post ku wa 23 Werurwe 2017 cyasohoye inkuru kigira kiti “Secret Service yamaze kurengerwa n’uburyo bw’imibereho y’ubuzima buhenze bw’umuryango wa Donald Trump”.

Inshingamo nyamukuru za Secret Service, ku kubitiro hari ibijyanye n’umutekano wa Perezida wa Amerika n’Umuryango we, Visi Perezida n’Umuryango we, uw’inyubako zabo bwite n’uw’ibiro baba bakoreramo.

Haniyongeraho umutekano w’abiyamamariza kuzaba ba Perezida na Visi Perezida muri Amerika hamwe n’abagore babo, abahoze ari abakuru b’igihugu no kurinda Abakuru b’ibihugu by’amahanga bagenderera Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Indi shingano isa naho itangaje kandi ikomeye, ni uko urwo rwego rushinzwe gucunga umutekano w’Idolari ry’Amerika, mu kurinda ko hari ba rusahuriramunduru baca mu rihumye izi nzego bakaryigana cyangwa bakarikoresha uko bidakwiriye kandi ku Isi yose.

Mu yandi magambo, bishatse kuvuga ko uretse umutekano w’umukuru w’igihugu muri Amerika, igikurikiraho mu bintu by’agaciro gahambaye mu gihugu ushatse wavuga ko ari Idolari ryabo.

Mu gihe Trump yari mu bikorwa byo kwiyamamaza, hari aho baketse umuntu ufite imbunda, ba Sercret Service bahita bamuhungisha

Zimwe mu ngorane abagize Secret Service bahuye nazo kuva yashingwaMu 1950, uwari Perezida wa Amerika, Harry S. Truman, yari agiye kwicwa n’abagabo babiri bari bakomoka muri Puerto Rico; Oscar Collazo na Grisellio Torresola, bahengera ari mu icumbi rye hafi ya White House bamumishaho amasasu.

Umwe mu ba komando ba Secret service witwaga Leslie Coffelt yarasanye nabo anahasiga ubuzima ariko yisasiye umwe witwa Torresola, undi bari kumwe aramukomeretsa bikomeye.

Kugeza mu mwaka wa 2016, Coffelt niwe musirikare wenyine w’iyi Serivisi wapfuye arashwe ari mu kazi ko kurinda umutekano wa Perezida wa Amerika mu myaka yose uyu mutwe wabayeho.

Undi wahaswe kwicwa ariko Imana igakinga ukuboko ni uwitwa Tim McCarty witambitse isasu ryari rirashwe Perezida Ronald Reagan hari kuwa 30 Gicurasi 1981, arakomeraka, mu gihe mu iraswa rya Perezida Kennedy ho nta wapfuye mu bari bashinzwe kumurinda.

Mu mwaka wa 1975, hari ku itariki 05 Nzeri , ubwo Perezida Gerard Ford yari mu mujyi wa Sacramento ,umwe mu bagize itsinda ry’uyu mutwe witwaga Larry Buendorf ashikuza imbunda umuntu washakaga kurasa Ford, aburizamo atyo umugambi mubisha wo guhitana umukuru w’igihugu.

Nyuma yaho gato i San Francisco, umugore witwa Sara Jane Moore yafashe imbunda ye yo mu bwoko bwa Revolver ashaka kurasa Perezida Ford na none, ubwo yari mu kivunge cy’abantu bari baje kumureba. Ariko umwe mu bantu bari aho wanahoze ari umusirikare w’umu ‘marine’ witwa Oliver Sipple, barwanira imbunda ayimwambura arashe isasu rimwe gusa naryo ryabaye imfabusa.

Mu 2012 ,mbere gato y’inama ikomeye yagombaga kubera muri Colombia ikitabirwa na Barack Obama, itsinda ry’abasirikare ba Secret Service ryagiye gutegura urugendo n’umutekano bye rihura n’akaga ubwo ryasakiranaga n’indaya z’ahitwa Carthagène zariye karungu , zishaka kurya ku mafaranga y’izo ntarumikwa za Obama .

Kwigobotora abo bagore ngo byabaye ihurizo kuri aba ba mudahusha bibagiwe inshingano zo gutegura iby’umutekano wa Perezida bwari bucye aza mu nama, maze bigira kuryoshya n’abo bagore muri Hotel bari bacumbikiwemo.

Abasore 11 bose ngo bahise burizwa indege basubizwa muri Amerika igitaraganya, byanabaviriyemo gusubikirwa imirimo.

Mu Ugushyingo 2009, nyuma y’umwaka umwe Perezida Barack Obama atorewe kuba Perezida wa Amerika, White House yateguye ibirori bikomeye byo gusangira n’uwari Minisitiri w’Intebe w’u Buhinde, Manmohan Singh wari mu ruzinduko muri Amerika.

Kimwe mu bintu byatunguye abantu ni ukubona umugabo Tareq n’umugore we Michaele Salahi barabashije kwinjira muri uwo muhango wo gusangira ku meza nta butumire bafite, bagasangira na Barack Obama ndetse bakanifotozanya nawe amafoto menshi!

Hari n’ibindi bintu bitangaje kandi byagiye bibera ingorane aba bantu bashinzwe umutekano wa Perezida wa Amerika nk’aho hari umusore wigeze gucengera muri White House ku ngoma ya Perezida Franklin D. Roosevelt ntawe umurabutswe, ariko we ngo akaba yarashakaga kwandika amateka yo kurebana Film na Perezida mu ruganiriro rw’iwe nta kindi.

Mu Ugushyingo 2011, ikinyamakuru The Washington Post cyashyize hanze indi nkuru y’umugabo Oscar Ortega-Hernandez wagiye ahitegeye nko ku metero 700 akarasa ku biro bya Perezida Obama.

Iki kinyamakuru gitangaza ko abashinzwe umutekano wa Perezida bemeje ayo makuru hashize iminsi itanu yose bibaye.

Barack Obama ubwo yari muri Atlanta kuwa 16 Nzeri 2016, yazamukanye n’umugabo mu byuma bizamura abantu mu magorofa [Ascenseur ], kandi abashinzwe umutekano we batamurabutswe mbere .

Ibi bibazo byo guhuzagurika kwa hato na hato kwa Secret service kandi ni nabyo byaviriyemo uwahoze ari umuyobozi wayo, Juria Pierson, kwegura mu mwaka wa 2014. Ni umwanya yasimbuweho na Joseph Clancy n’ubu ukiwuriho.

Ikindi kintu gihangayikishije Secret Service ariko kuri ubu ngo ni telefoni yo mu bwoko bwa Samsung S 3, Perezida Donald Trump akoresha idakoresha ikoranabuhanga rya Android igezweho nk’uko ikinyamakuru Le Figaro cyigeze kibitangaza.

Urwo rwego ngo rwibaza uko byagenda mu gihe itsinda ry’abajura bakoresha ikoranabuhanga baramuka binjiye mu mabanga ya Trump ukomeje kwanga kuyireka ngo ahabwe indi telefoni yizewe.

Bahora bambaye amakote y’umukara ariko ijisho riri ku wo barinda

Aha bari bari guhungisha Perezida Trump ubwo yari mu bikorwa byo kwiyamamaza

Ba Secret Service bahoza ijisho ku muyobozi bashinzwe kurinda kugira ngo hatagira icyo aba

Bagendana ibikoresho byose bibafasha mu kazi kabo ka buri munsi

2017-12-27
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Uburengerazuba: Uburenganzira bw’ abagenzi bakoresha moto n’amagare bwagarutsweho

Uburengerazuba: Uburenganzira bw’ abagenzi bakoresha moto n’amagare bwagarutsweho

Ubwanditsi 14 Nov 2016
RDF yasimbuje abasirikare bari mu butumwa muri Sudani y’Epfo

RDF yasimbuje abasirikare bari mu butumwa muri Sudani y’Epfo

Ubwanditsi 02 Nov 2017
Ubutegetsi bwa Tshisekedi bwigana ingoma ya Yuvenali Habyarimana mu mahano yose, nk’aho Habyarimana we byamuhiriye

Ubutegetsi bwa Tshisekedi bwigana ingoma ya Yuvenali Habyarimana mu mahano yose, nk’aho Habyarimana we byamuhiriye

Ubwanditsi 28 Jul 2023
Sebudidimba John, arwariye bikomeye mu Kigo Nderabuzima cya Cyanika aho ashinja ingabo z’igihugu cye cya Uganda kumukubita zimwita Umunyarwanda.

Sebudidimba John, arwariye bikomeye mu Kigo Nderabuzima cya Cyanika aho ashinja ingabo z’igihugu cye cya Uganda kumukubita zimwita Umunyarwanda.

Ubwanditsi 13 Dec 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Isesengura; Komite nshya ya RNC Uganda, ikimenyetso simusiga cyuko RNC yabaye nkaya nkende ishaje yananiwe kurizwa igiti yiyurizaga
INKURU NYAMUKURU

Isesengura; Komite nshya ya RNC Uganda, ikimenyetso simusiga cyuko RNC yabaye nkaya nkende ishaje yananiwe kurizwa igiti yiyurizaga

Ubwanditsi 22 Nov 2019
Abantu nibareke kwitiranya igitutu na dipolomasi mu irekurwa rya Paul Rusesabagina
Amakuru

Abantu nibareke kwitiranya igitutu na dipolomasi mu irekurwa rya Paul Rusesabagina

Ubwanditsi 30 Mar 2023
Ku myaka 23 y’amavuko uwahoze ari kapiteni wa Kiyovu Sports ndetse n’Isonga FA, Bonane Janvier yasezeye gukina umupira w’amaguru
Amakuru

Ku myaka 23 y’amavuko uwahoze ari kapiteni wa Kiyovu Sports ndetse n’Isonga FA, Bonane Janvier yasezeye gukina umupira w’amaguru

Ubwanditsi 04 Oct 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru