• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yavuze ku mvururu zatumye umukino wa Bugesera na Rayon Sports uhagararira ku munota wa 52   |   17 May 2025

  • Rwanda Premier league igiye guhemba abahize abandi Muri shampiyona y’u Rwanda 2024-2025   |   16 May 2025

  • Gutwara igikombe cy’Amahoro atsinze Rayon Sports ku mukino wa nyuma, bimwe mubyo Darko Novic watandukanye na APR FC azibukirwaho   |   14 May 2025

  • Mu gihe gisaga icyumweru kimwe, I Kigali harabera BAL ya 5 izitabirwa n’amakipe arimo APR BBC yo mu Rwanda   |   13 May 2025

  • Ingabo za Afurika y’Epfo Zavanye Ipfunwe muri Congo mu Gikorwa cya SAMIDRC   |   12 May 2025

  • Amakipe ya Police WVC na APR VC yegukanye igikombe cya shampiyona y’u Rwanda muri Volleyball 2024-2025   |   12 May 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Nyuma yo kotswa igitutu Leta ya Uganda yarekuye Abanyarwanda batanu bamaze iminsi batotezwa n’inzego z’iperereza, bagarurwa mu Rwanda

Nyuma yo kotswa igitutu Leta ya Uganda yarekuye Abanyarwanda batanu bamaze iminsi batotezwa n’inzego z’iperereza, bagarurwa mu Rwanda

Editorial 30 Dec 2017 INKURU NYAMUKURU

Abanyarwanda batanu bari bamaze iminsi bafunzwe n’inzego zishinzwe iperereza muri Uganda bagaruwe mu Rwanda ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatanu tariki 29 Ukuboza 2017.

Aba banyarwanda barimo abagore batatu n’abagabo babiri bagiye bakurwa mu duce dutandukanye tw’iki gihugu cyane cyane i Mbarara mu byumweru bibiri bishize.
Ubwo bageraga i Kigali kuri uyu wa Gatanu bavuze ko bari babayeho mu itotezwa, bamwe bakubitwa abandi babwirwa amagambo mabi bashinjwa kuba intasi z’u Rwanda.

Muhongerwa Jessica avuga ko yafashwe tariki 16 Ukuboza, afatanwa na nyirasenge Kamikazi aho bacururizaga mu kabari kabo i Mbarara.

Muhongerwa avuga ko bafashwe n’abantu bambaye gisivili ariko bafite imbunda, babahatira kwinjira mu modoka, babambura imyenda y’imbeho bayibapfukisha mu maso.

Yagize ati “Twageze mu modoka batubwira kwiyambura imipira, bayiduhambira ku maso aho batujyanye ntabwo mpazi. Twagiye kumva twumva batugejeje mu nzu nini, batwicaza hasi, baratubwira ngo ushaka kuryama aryame.Twahageze kuwa Mbere, tuhava kuwa Gatatu nijoro. Iyo minsi yose twari duhambiriye ibitambaro, bakatuzanira ibiryo duhambiriye.”

Kuwa Gatatu ngo babakuye aho bari bari, babajyana ahandi hantu Muhongerwa atamenye kuko bari bapfutse amaso.

Ngo bageze aho hantu ha kabiri, yaje kujyanwa mu cyumba cya wenyine bamubaza abantu b’abasirikare n’abapolisi bakuru mu Rwanda ajya avugana na bo, abasubiza ako ntabo, bamutera ubwoba ngo baramukubita.

Avuga ko nubwo bamuteraga ubwoba batigeze bamukubita.Uyu munsi ngo ni bwo baje kubakura aho hantu bababwira ko batashye iwabo mu Rwanda.

Munyangaju Munyaneza Hubert we avuga ko yafatiwe i Kampala, tariki 20 Ukuboza, ubwo yari avuye mu modoka ye agiye gutwara mugenzi we.

Uyu mugabo usanzwe afite sosiyete y’ubugenzuzi mu by’ubukungu muri cyo gihugu, avuga ko yafashwe n’abantu umunani batambaye imyenda y’akazi ariko bafite imbunda.

Nka bagenzi be, Munyangaju yambuwe umupira bawumupfukisha mu maso, ubundi bamushyira mu modoka bamujyana mu kigo cya gisirikare cya Makindye.

Ati “Bambwiye ko batamfunze kuko ndi muri Kampala cyangwa nkora ubucuruzi, ahubwo ngo bamfunze kuko ‘mfitemo uruhare’.Nti ese ‘uruhare mu biki?’ Ngo iyo mubona mushimuta abantu mubajyana i Kigali, ngo Joel Mutabazi mwibye, mukeka ko tuzajya tubarebera gusa?”

Munyangaju yavuze ko babicazaga mu cyumba cyo munsi, hakaba ubwo babamenaho n’amazi ijoro ryose kandi baboshye amaguru n’amaboko.

Kamikazi Dinah, nyirasenge wa Muhongerwa na we yavuze ko aho bari bafungiwe bafatwaga nabi cyane.

Yavuze ko hari nk’ubwo umuntu yashakaga kujya ku musarani, bakamumaza isaha atarajyayo, banamujyana bakagenda bamutuka.

Avuga ko ubwo bari bamaze kubimura babakuye i Mbarara, bamufungiye mu cyumba gito kimeze nk’umusarani kitagira n’idirishya.

Aho ngo niho bamukuraga bajya kumuhata ibibazo, bamubaza abasirikare n’abayobozi bakuru mu Rwanda avugana nabo.

Ngo akomeje kubahakanira, bamujyanye mu cyumba kirimo amazi, bamubwira ko bagiye kumukibitisha amashanyarazi kugeza avugishije ukuri.

Yagize ati “Yanjyanye mu kindi cyumba, arambwira ati ‘Iki cyumba urakireba? Umuntu wese wanze kuvugisha ukuri iyo ageze hano avugisha ukuri. Ati ‘banza wicare hasi’, nicaye numva ni mu mazi. Umugore umwe arambwira ati ‘banza ukuremo iyo shati’, nyikuramo batangira kundebaaa, barangije barambwira ngo tugiye kugukubitisha amashanyarazi.”

Kubw’amahirwe ntibamukubitishije amashanyarazi, bamusubije muri icyo cyumba gito, bakimuvanyemo kuri uyu wa Kane, bamuhuza na bagenzi be bababwira ko bagiye kubagarura mu Rwanda.

Kamikazi yasabye Leta zombi kuvugana bakabona uburenganzira bwo kujya kuzana imiryango n’imitungo byabo byasigaye muri Uganda, ngo kuko nta kintu na kimwe babashije kuzana.

Aba banyarwanda bavuga ko aho bari bafungiye basizeyo n’undi mugabo w’Umunyarwanda w’imyaka 57 witwa Nunu, bagasaba ko na we atabarwa.

Barekuwe nyuma y’icyumweru kimwe Gatsinzi Fidèle, undi munyarwanda arekuwe n’inzego z’iperereza za Uganda amaze gukorerwa iyicarubozo.

Si ubwa mbere inzego zishinzwe ubutasi muri Uganda zishinjwa iyicarubozo kuko mu minsi ishize Umunyarwanda René Rutagungira na we abunganizi be bavuze ko yakorewe ibya mfura mbi.

Ambasaderi w’u Rwanda muri Uganda, Maj. Gen. Frank Mugambage, aherutse gutangariza IGIHE ko u Rwanda rwamaze gusaba ibisobanuro Uganda ku mpamvu z’ifungwa rya hato na hato ry’abanyarwanda ndetse n’ibijyanye n’abantu bashaka guhungabanya umutekano bari muri iki gihugu cy’igituranyi.

2017-12-30
Editorial

IZINDI NKURU

Musabyimana na Mukarugomwa bahuriye mu ngengabitekerezo imwe ya CDR, ubu bari murukundo kandi bashaje

Musabyimana na Mukarugomwa bahuriye mu ngengabitekerezo imwe ya CDR, ubu bari murukundo kandi bashaje

Editorial 27 Jan 2021
Ibitaravuzwe kuri Jenerali Tumukunde, inkomoko y’urwango na Kale Kayuhura

Ibitaravuzwe kuri Jenerali Tumukunde, inkomoko y’urwango na Kale Kayuhura

Editorial 09 Mar 2018
Burundi: Umuvugizi wa perezida yabajijwe niba bashobora gutanga u Rwanda bakarutera

Burundi: Umuvugizi wa perezida yabajijwe niba bashobora gutanga u Rwanda bakarutera

Editorial 31 Dec 2018
Abajenerali mu gisirikari cya Kongo bagiye gushirira mu buroko bashinjwa ubugwari mu ntambara icyo gisirikari kirbarwana na M23

Abajenerali mu gisirikari cya Kongo bagiye gushirira mu buroko bashinjwa ubugwari mu ntambara icyo gisirikari kirbarwana na M23

Editorial 16 Feb 2023
Musabyimana na Mukarugomwa bahuriye mu ngengabitekerezo imwe ya CDR, ubu bari murukundo kandi bashaje

Musabyimana na Mukarugomwa bahuriye mu ngengabitekerezo imwe ya CDR, ubu bari murukundo kandi bashaje

Editorial 27 Jan 2021
Ibitaravuzwe kuri Jenerali Tumukunde, inkomoko y’urwango na Kale Kayuhura

Ibitaravuzwe kuri Jenerali Tumukunde, inkomoko y’urwango na Kale Kayuhura

Editorial 09 Mar 2018
Burundi: Umuvugizi wa perezida yabajijwe niba bashobora gutanga u Rwanda bakarutera

Burundi: Umuvugizi wa perezida yabajijwe niba bashobora gutanga u Rwanda bakarutera

Editorial 31 Dec 2018
Abajenerali mu gisirikari cya Kongo bagiye gushirira mu buroko bashinjwa ubugwari mu ntambara icyo gisirikari kirbarwana na M23

Abajenerali mu gisirikari cya Kongo bagiye gushirira mu buroko bashinjwa ubugwari mu ntambara icyo gisirikari kirbarwana na M23

Editorial 16 Feb 2023
Musabyimana na Mukarugomwa bahuriye mu ngengabitekerezo imwe ya CDR, ubu bari murukundo kandi bashaje

Musabyimana na Mukarugomwa bahuriye mu ngengabitekerezo imwe ya CDR, ubu bari murukundo kandi bashaje

Editorial 27 Jan 2021
Ibitaravuzwe kuri Jenerali Tumukunde, inkomoko y’urwango na Kale Kayuhura

Ibitaravuzwe kuri Jenerali Tumukunde, inkomoko y’urwango na Kale Kayuhura

Editorial 09 Mar 2018
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024
Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

18 Jun 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru