• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe 14 yo mu bihugu 4 birimo U Rwanda, Uganda, Kenya na Benin agiye guhatanira irushanwa ryo Kwibuka muri Volleybal   |   18 Jun 2026

  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

 
You are at :Home»SHOWBIZ»Safi wemeza ko atarakora ubukwe na Judithe yahishuye igihe bazabanira mu nzu imwe

Safi wemeza ko atarakora ubukwe na Judithe yahishuye igihe bazabanira mu nzu imwe

Ubwanditsi 04 Jan 2018 SHOWBIZ

Umuhanzi nyarwanda Niyibikora Safi  wamenyekanye ku izina rya Safi Madiba mu itsinda rya Urban Boys,  amaze amezi asaga 3 asabye akanakwa uwo yahisemo ko azamubera mutima w’urugo ,  Niyonizera Judithe ndetse aba bombi bakaba baranasezeranye imbere yamategeko  ariko kugeza magingo bakaba batabana nk’umugore n’umugabo, gusa akaba yatangaje igihe bazabanira mu nzu imwe.

Mu kiganiro amahumbezi kuri radio Rwanda cyabaye kuwa Kabiri tariki ya 2 Mutarama 2017, uyu muhanzi yatangaje ko nubwo atabana n’umugore we basezeranye mu mategeko, yasobanuye ko atarasezerana neza ndetse avuga ko mu mwaka wa 2019, azaba yamaze kwiyegereza umukunzi we, Judite Hafi ye.

Ibi Safi Madiba yabitangaje nyuma y’aho bamaze gukora ubukwe,  umugore we Judith Niyonizera agahita yerekeza mu gihugu cya Canada nyuma gato y’akaruhuko bari bavuyemo Zanzibar.

Yagize ati “Njye nakoze dot (gusaba no gukwa) kandi aho ntabwo umugabo yambara impeta.
Hari ikintu abantu muri iyi minsi basigaye barize, bagafata ibintu byose bakabikora umunsi umwe, ntabwo njye ariko mbibona kuko njye ntakinyirukansa.”

Yakomeje agira ati “Nk’uko umuntu afata irembo nyuma y’amezi 3 ukajya gusaba, hashira andi ukanjya mu rusengero, no kuva na kera niko nari mbizi usibye ko muri iyi minsi nsigaye mbona abantu barabigize ukuntu, umuntu asigaye asaba mu gitondo, saa sita bakajya mu rukiko nijoro bakajya mu rusengero, njye biriya mbona ari pressure (igitutu) idasobanutse. Gusa nabyo nzabikora.”

Safi udatinya guhamya ko atazigera abana na Judithe mbere ya 2019 ubu aganira n’umugore we bifashishije ikoranabuhanga rya murandasi cyane ko baba mu bihugu bitandukanye.

Ubwo yabazwaga niba abana n’umugorewe  n’igihe azakorera icyo we yita ubukwe yagize ati “Hoya, ntabwo tubana, kandi ari muri Canada! Mu minsi ya mbere nyuma y’ubukwe wenda abantu batubonaga turi kumwe ariko rwose ntabwo twabanaga. Ubukwe ndabuteganya mu mwaka utaha wa 2019 kugeza icyo gihe njye na Judith tuzakomeza kubana by’umutima.”

Ku itari 1 ukwakira 2017 nibwo Safi  Madiba yakoze ubukwe na Niyo nizera Judithe, ubukwe butanavuzweho rumwe mu bitangazamakuru bitandukanye bitewe n’uburyo bwagizwe ibanga ndetse benshi bemezako ibyavugwaga byaturukaka kuburanga bw’uyu mugore butavugwagaho rumwe.

Basezeranye mu mategeko

Judith, urubavu rwa Madiba kugeza ubu

Ubwo bari mu buryohe bw’ukwezi kwa buki

2018-01-04
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Peter yasobanuye byinshi ku isenyuka rya P Square

Peter yasobanuye byinshi ku isenyuka rya P Square

Ubwanditsi 27 Oct 2017
Charly na Nina, Riderman na Yvan Buravan ni bo bahize abandi mu marushanwa yateguwe na Clouds TV

Charly na Nina, Riderman na Yvan Buravan ni bo bahize abandi mu marushanwa yateguwe na Clouds TV

Ubwanditsi 23 Nov 2017
Ali Kiba na murumuna we baherutse gukorera ubukwe umunsi umwe

Ali Kiba na murumuna we baherutse gukorera ubukwe umunsi umwe

Ubwanditsi 06 May 2018
Wema Sepetu yatunguye abatari bake atangaza ikintu yicuza mu buzima bwe cyakabereye isomo abakobwa bakiri bato

Wema Sepetu yatunguye abatari bake atangaza ikintu yicuza mu buzima bwe cyakabereye isomo abakobwa bakiri bato

Ubwanditsi 27 Oct 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Nyuma ya Perezida Mugabe,  Perezida Sirleaf wa Liberia yageze mu Rwanda
Mu Mahanga

Nyuma ya Perezida Mugabe, Perezida Sirleaf wa Liberia yageze mu Rwanda

Ubwanditsi 15 Jul 2016
Perezida wa Komisiyo y’Umuryango w’Afrika Yunze Ubumwe asohowe mu nama yiga ikibazo cya Kongo!
Amakuru

Perezida wa Komisiyo y’Umuryango w’Afrika Yunze Ubumwe asohowe mu nama yiga ikibazo cya Kongo!

Ubwanditsi 08 Feb 2025
Imyiteguro idasanzwe y’ubukwe bwa Meghan na Harry, n’i Kigali buzerekanwa
HIRYA NO HINO

Imyiteguro idasanzwe y’ubukwe bwa Meghan na Harry, n’i Kigali buzerekanwa

Ubwanditsi 18 May 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru