• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Imiyoborere ya Perezida Kagame mu byatumye Neil Turok abenguka u Rwanda akahashinga AIMS

Imiyoborere ya Perezida Kagame mu byatumye Neil Turok abenguka u Rwanda akahashinga AIMS

Ubwanditsi 11 Jan 2018 POLITIKI

Umunyafurika y’Epfo, Prof. Neil Turok, yahishuye ko imiyoborere myiza ya Perezida Kagame ibumbatiye ibitekerezo bifatika byo kubaka ubukungu bushingiye ku bumenyi; ariyo yatumye abenguka u Rwanda akarushyiramo icyicaro cy’Ikigo Nyafurika giteza imbere ubumenyi bushingiye ku mibare, AIMS (African Institute for Mathematical Sciences).

Neil ni umuhanga mu bugenge bw’ibyo mu kirere (Astrophysicien). Afite amateka ahera mu gihe cy’ubutegetsi bw’ivangura muri Afurika y’Epfo (Apartheid), mu 1962 mu gace ka Cape, kuko ubwo yari afite imyaka itatu ababyeyi be Ben na Mary Turok bafunzwe.

Nubwo bari abazungu, umuryango we waharaniye ubwigenge bw’abirabura nyamwinshi, wiyemeza kujya mu ishyaka rya ANC ryashinzwe na Nelson Mandela kandi byari bibujijwe. Ababyeyi ba Neil bamaze imyaka itatu n’amezi atandatu muri gereza, bafunguwe bahungira muri Kenya, Tanzania bakomereza mu Bwongereza.

Ku myaka 59, ubu ni umuntu w’igihangange ufite amateka yo kuba yarakoranye n’umuhunga Stephen Hawking, muri Cambridge mu Bwongereza, yigisha muri Princeton muri Leta zunze Ubumwe za Amerika, kuva muri 2008 ayobora ikigo cy’icyitegererezo mu bijyanye n’Ubugenge cya Waterloo muri Canada.

Burya ngo amazi arashyuha ariko ntiyibagirwa iwabo wa mbeho! Neil ntiyibagiwe urugamba ababyeyi be barwaniriye abirabura yiyemeza gukomerezaho. Mu 2003 yaguze Hoteli i Muizenberg hafi ya Cape muri Afurika y’Epfo, ahahindura Ikigo nyafurika giteza imbere ubumenyi bushingiye ku mibare.

Muri Mata Neil yabwiye Jeune Afrique ko icyabimuteye ari uko ‘muri Afurika, kwigisha bifite ibibazo ndetse kurenza ahandi, kuko usanga biga iby’ahandi basubiramo ndetse bitanajyanye n’ibyo bakeneye.’

Yagize ati “Twashinze Ikigo nyafurika giteza imbere ubumenyi bushingiye ku mibare, AIMS mu rwego rwo gukuraho iyo myumvire. Ntabwo twiga iby’abandi ntidukora n’ibizamini. Dushishikariza abanyeshuri bacu gutekereza kuri buri kintu.”

Iki kigo kigamije gutanga ubumenyi bushingiye ku mibare ku barangije kaminuza, guteza imbere guhanga udushya mu bushakashatsi mu bahanga Afurika ifite uyu munsi no gushimangira umusanzu wa siyansi, ikoranabuhanga, ‘engineering’ n’imibare (STEM: Science, technology, engineering and mathematics) mu bikorera muri Afurika.

U Rwanda rwarasubijwe

Perezida Kagame ni umwe mu Bakuru b’Ibihugu banyuzwe cyane n’iki gitekerezo cya Neil kuva mu 2008 aba umuntu wa hafi wa AIMS, yari itangiye kugaba amashami mu bihugu byinshi bya Afurika.

U Rwanda nk’igihugu gifite gahunda y’Icyerekezo 2020, igamije iterambere rishingiye ku bumenyi, ubufatanye na AIMS ni inkingi mwikorezi izatuma iyi ntego igerwaho. Mu 2016 mu Rwanda hatangiye ishami ry’iki kigo ndetse Guverinoma y’u Rwanda yemera kugitera inkunga ingana na kimwe cya kabiri cy’ingengo y’imari yacyo.

Ibi byatumye abanyarwanda batangira kukigamo. Ibi ntabwo byari bihagije kuko nyuma y’ibiganiro by’umwaka wose Neil yemeye kwimurira i Kigali icyicaro cy’iki kigo gitanga ubumenyi mu bushakashatsi mu birebana na siyansi, ikoranabuhanga, ‘engineering’ n’imibare agikuye muri Afurika y’Epfo.

Iki cyicaro ni cyo gikuru cy’ibigo bitanu AIMS yari isanganywe kuri uyu mugabane, byo muri Afurika y’Epfo, Senegal, Ghana, Tanzania na Cameroun.

U Rwanda kandi rwatangije umushinga wo guteza imbere ubumenyi aho ruzafatanya na AIMS mu gushyiraho ikigo cy’ubushakashatsi kiri ku rwego mpuzamahanga mu by’ubumenyi, Quantum Leap Africa, kikazaba ari icya mbere muri Afurika.

Ni ikigo kizaba gikomeye mu bushakashatsi mu by’ubumenyi, kikazagira uruhare mu gushaka ibisubizo ku bibazo Afurika ifite, kikazanubaka ubushobozi mu ikoranabuhanga n’isakazamakuru mu gihe kiri imbere.

Muri ibi imbaraga za Neil ni ingenzi kuko ikigo ayoboye muri Canada ari cyo gihagarariye ibijyanye no guhanga udushya. Uyu muhanga yemeza ko bizatuma Afurika igera ku ndoto zayo zo kutaba insina ngufi.

Ati “Ibigo bikomeye by’Abanyamerika bigura imashini zabyo zibafasha mu kwakira no guhererekanya amakuru muri Canada ntibashobora kuzikorera ubwabyo. Mu myaka 10 iri imbere dushobora kubaka ikigo cy’ubushakashatsi gikomeye mu bijyanye n’ibi muri Afurika.”

Perezida Kagame yagize Neil umwe mu bagize Inama y’Igihugu y’Ubumenyi n’Ikoranabuhanga umwanya udahemberwa wabayeho kubera impamvu. Ni umwe mu nshuti z’u Rwanda kimwe na Bill Clinton wayoboye USA, Tony Blair wabaye Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza.

Iyo ageze ku bigwi bya Perezida Kagame ntarya indimi. Agira ati “Yagiye ku butegetsi mu bihe bikomeye, ingamba ze zari ukubaka ubukungu bushingiye ku bumenyi. Iyi Guverinoma yabitekereje mbere y’uko tugira n’icyo dukora.”

Avuga ko gukorera mu Rwanda bifite inyungu nyinshi cyane kuko na politiki y’iki gihugu ijyanye neza n’intego za AIMS.

Yagize ati “Gukorera mu Rwanda bifite inyungu nyinshi zirimo; ubufasha bwa leta aho yateye inkunga uyu mushinga ingana na Miliyoni hagati ya 25 na 30 z’amadolari mu myaka itanu igakuraho n’imisoro.”

Akomeza agira ati “Gukuraho no korohereza abanyafurika kubona viza ni ikindi kintu cy’ingenzi ku banyeshuri baturuka mu mpande zose z’uyu mugabane.

Neil yazanye abahanga benshi mu mibare mu kigo cya AIMS barimo Umufaransa w’Umunyamibare, Cédric Villani. Muri Mata, yatumiye Umubiligi François Englert, wahawe Prix Nobel mu bugenge (Physique), mu ifungurwa ry’icyicaro cya AIMS i Kigali. Englert ntiyari yarigeze akandagiza ikirenge cye muri Afurika yo munsi y’ubutayu bwa Sahara.

2018-01-11
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

U Rwanda na Uganda biravuga ko byiteguye gushyira mu bikorwa Amasezerano ya Luanda

U Rwanda na Uganda biravuga ko byiteguye gushyira mu bikorwa Amasezerano ya Luanda

Ubwanditsi 16 Sep 2019
Ishyaka PSD: Dr. Biruta Vincent mu ihurizo ryo gushaka kwigizayo Professeur Ndayishimiye Eric, umukombozi w’umujene ushyigikiwe na benshi mu Ishyaka PSD!

Ishyaka PSD: Dr. Biruta Vincent mu ihurizo ryo gushaka kwigizayo Professeur Ndayishimiye Eric, umukombozi w’umujene ushyigikiwe na benshi mu Ishyaka PSD!

Ubwanditsi 28 Aug 2016
RGB yasohoye icyegeranyo cy’ibipimo by’imiyoborere mu Rwanda

RGB yasohoye icyegeranyo cy’ibipimo by’imiyoborere mu Rwanda

Ubwanditsi 03 Oct 2018
Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza yeguye nyuma yo gutsindwa muri kamarampaka

Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza yeguye nyuma yo gutsindwa muri kamarampaka

Ubwanditsi 24 Jun 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

KURANGISHA ICYANGOMBWA CY’UBUTAKA CYATAKAYE

Ubwanditsi 02 Sep 2021
CHAN: Maroc idafite icyo iharanira yandagaje Amavubi 1-4 imbere  ya Perezida Kagame
IMIKINO

CHAN: Maroc idafite icyo iharanira yandagaje Amavubi 1-4 imbere ya Perezida Kagame

Ubwanditsi 25 Jan 2016
U Bufaransa bwasoje iperereza ku ndege ya Habyarimana
ITOHOZA

U Bufaransa bwasoje iperereza ku ndege ya Habyarimana

Ubwanditsi 23 Dec 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru