• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

  • AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon   |   13 Jun 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Igihe Imperuka Izabera Ntibivugwaho Rumwe Hagati Ya Paster Mpyisi, Musenyeli Philippe Ndetse na John Mugabo

Igihe Imperuka Izabera Ntibivugwaho Rumwe Hagati Ya Paster Mpyisi, Musenyeli Philippe Ndetse na John Mugabo

Ubwanditsi 26 Jan 2018 Mu Rwanda

Mu gihe hari amwe mu madini yigisha ko hazabaho imperuka y’isi andi akarenga akagaragaraza ibizaba nyuma yayo, hari abavuga ko imyemerere nkiyo igamije gutera abantu ubwoba no kubadindiza mu bitekerezo,ariko abigisha ibyiyo mperuka ngo bashingira ku bikorwa bya muntu,ndetse n’ibyanditswe na Bibiliya.

Bibiliya na Korowani bigaragaza neza ko isi izarangira maze hakabaho imperuka kandi ibi bitabo biyoboye ibindi bitabo byose byandikwa kuri iy’isi,kuko biyobora abatari bake, bituma babyizera bemeza ko iy’isi izarangira ikagira imperuka rusange.

Pasteri Esra Mpyisi ubarizwa mu itorero ry’abadiventiste b’umunsi wa karindwi we siko abibona aragira ati:Ndakubwira ngo imperuka iriho kuko na Bibiliya ibimbwira, ikambwira n’impamvu isi izagira iherezo bitewe n’icyaha.

Ku ruhande rwa musenyeli Philippe Rukamba umuvugizi wa kiriziya  Gatolika mu Rwanda nawe yemeza neza yeruye ko imperuka izabaho isi ikarangira kubera impamvu zitandukanye zirimo n’ibyavuzwe na Yezu kristo yagize ati: Ishobora kurangizwa n’intambara zacu,amabombe ashobora gutuma irangira kandi na Yezu Kiristo yarabitubwiye ko isi izarangira.

Abo mu dini ya Islamu nabo bemeza ko imperuka rusange izabaho,bakanashimangira ko nyuma yiy’isi hazabaho guhemba abazaba barakoze neza ni bagera aho bita mw’ijuru.Uyu we yemeza ko abazabaho nyuma y’imperuka bazahembwa abagore b’amasugi bafite amaso meza kandi manini.

Gusa hari n’abandi bemeza ko nta mperuka rusange yiy’isi izabaho ahubwo ko ari ukudindiza ibitekerezo by’abantu no gutera abantu ubwoba.

John Mugabo n’impuguke mu bya Politike yize n’ibya Theologie ari mu bemeza ko nta mperuka izabaho  yagize ati: Hari ikintu cy’idindiza bitekerezo kiri hanze ahangaha kigamije gutera abantu ubwoba,ubwoba bita submission sinzi uko nabivuga mu kinyarwanda ntukore ibyo wakabaye ukora mu buzima ubayemo kubera ubwoba iyo ubayeho muri icyo kintu cy’ubwoba bituma ntacyo ugeraho ukumva ko ukorera impreuka gusa,bituma utaba uwo wakagomye kuba we mu gihe cyawe kandi ababikubwira babaho mu nyungu zawe bo bakaba baragusaruye wowe ugapfa ubusa.

John Mugabo ashimangira ko imperuka y’umuntu ibaho ari uko apfuye ndetse ko abavuga ko hazabaho imperuka rusange ntacyo bashingiraho kigaragara yagize ati:Abakubwira imperuka ntacyo bashingiraho kigaragara, ni gute umuntu yapfa ukongera kuvuga ko hazabaho imperuka, ubwo haba hazabaho imperuka zingahe?icyo kintu cyabayeho mu nyungu z’abandi, wowe utazi ejo uko bizamera.

Gusa na none Ezra Mpyisi na Rukamba ntibemeranya na John Mugabo uvuga ko iyo umuntu apfuye imperuka ye iba igeze ahubwo bakemeza ko hazabaho gupfa kabiri,hariho gupfa k’uyu mubiri ndetse ngo gupfa byiteka ryose ari na byo bita imperuka rusange.

Pasteri Ezra Mpyisi asubiza John yagize ati: Hari impfu ebyiri hari urwa none n’urwo gupfa byiteka ryose ngo iyo umubiri upfuye ntibiba birangiye niko Bibiliya ivuga ntabwo arinjye ubivuga.  

Usibye gushingira kuri Bibiliya gusa no kuri Korowani, aba ntibavuga igihe iyo mperuka izabera bamwe akaba ariho bava bahakana ko nta mperuka izabaho kuko igihe bategerereje ari kera.

Gusa ibisa n’ihame kuri buri muntu wese nuko abavuga ururimi rw’igiswahili bagira bati:”Kina mwanzo kina mwisho”,bisobanura ko ikintu cyose kigira intangiriro kigira n’iherezo.

2018-01-26
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ese Uwimana Agnès Nkusi yaba agiye kuba Sawuli wo mui Bibiliya, cyangwa yemeye guhinduka bya nyirarureshwa agirango yivire imbere y’umugenzacyaha?

Ese Uwimana Agnès Nkusi yaba agiye kuba Sawuli wo mui Bibiliya, cyangwa yemeye guhinduka bya nyirarureshwa agirango yivire imbere y’umugenzacyaha?

Ubwanditsi 03 Nov 2022
Gakenke: Urubyiruko rwa ADEPR rwakoze urugendo rwo gukangurira abandi kwirinda ibiyobyabwenge

Gakenke: Urubyiruko rwa ADEPR rwakoze urugendo rwo gukangurira abandi kwirinda ibiyobyabwenge

Ubwanditsi 10 Jul 2017
Nyuma y’ibyumweru bitatu byari bishize agize imvune, Ruboneka Bosco ukinira APR FC yatangiye imyitozo

Nyuma y’ibyumweru bitatu byari bishize agize imvune, Ruboneka Bosco ukinira APR FC yatangiye imyitozo

Ubwanditsi 27 Sep 2021
Police FC ku mwanya wa 3 nyuma yo gutsindira Mukura VS iwayo

Police FC ku mwanya wa 3 nyuma yo gutsindira Mukura VS iwayo

Ubwanditsi 13 Mar 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

U Rwanda rugiye kuyobora impinduka ku rujya n’uruza rw’abantu muri Afurika
POLITIKI

U Rwanda rugiye kuyobora impinduka ku rujya n’uruza rw’abantu muri Afurika

Ubwanditsi 20 Oct 2017
James Munyandinda wiyise Jackson Munyeragwe ashinja ingabo zahoze ari iza APR, uruhare mu ihanurwa ry’indege ya Habyarimana  ni muntu ki ?
ITOHOZA

James Munyandinda wiyise Jackson Munyeragwe ashinja ingabo zahoze ari iza APR, uruhare mu ihanurwa ry’indege ya Habyarimana ni muntu ki ?

Ubwanditsi 20 Oct 2017
Gisagara Volleyball Club yegukanye igikombe cya GMT mu bagabo naho RRA Women Volleyball Club icyegukana mu bagore.
Amakuru

Gisagara Volleyball Club yegukanye igikombe cya GMT mu bagabo naho RRA Women Volleyball Club icyegukana mu bagore.

Ubwanditsi 28 Jun 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru