• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

  • AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon   |   13 Jun 2026

  • AMAFOTO – Ikipe y’igihugu ya Mexique yakiriye igikombe cy’Isi 2026 na Koreya y’Epfo zatangiye zitsinda imikino yayo   |   12 Jun 2026

 
You are at :Home»SHOWBIZ»Diamond Wagaragaye Agiye Gusomana na Wema Sepetu yavuze ku mubano bafitanye

Diamond Wagaragaye Agiye Gusomana na Wema Sepetu yavuze ku mubano bafitanye

Ubwanditsi 30 Jan 2018 SHOWBIZ

Umuhanzi Diamond Platnumz yihanije bamwe mu bakunzi be batashimishijwe no kuba yongeye kugirana ubushuti na Wema Sepetu wahoze ari umukunzi we.

Wema Sepetu wabaye Nyampinga wa Tanzaniya muri 2006, akaba n’umwe mu bakinnyi ba filime bakomeye, yigeze kukanyuzaho mu rukundo n’umuhanzi Diamond Platnumz  gusa baje gutandukana muri 2014.

Kuva ubwo ntibongeye gucana uwaka dore ko Diamond yahise yishakira Zari Hassan bari baratangiye guteretana, Wema Sepetu atarabenga Diamond.

Ubwo inzu Wasafi iyoborwa na Diamond yamurikaga umuhanzi wayo mushya witwa Mbosso, abantu baje gutungurwa no kubona Wema Sepetu yitabiriye ibyo birori, ndetse akaba ari na we wahamagaye Diamond ku rubyiniro, barahoberana bigaragara ko bishimiranye.

Abinyujije ku rubuga rwe rwa Instagram Diamond yanditse, amagambo akomeye, aho yasaga nk’uwiyama abantu batashimishijwe  n’uko yongeye kugirana ubushuti na Wema Sepetu.

Yagize ati “ abantu benshi bakunda kubona abandi bari mu ntambara n’amatiku adafite umutwe n’amaguru. Uzumva umuntu akubwira ati  ‘ndi umufana wawe ndakwemera cyane, ariko kuba watumiye Wema Sepetu wansuzuguye.  Ubwo se urashaka ko nkomeza kurebana nabi na Wema ngo bigende gute? Wunguke iki? Hari icyo byamfasa cyangwa se ubuhanzi bwacu.”

N’ubwo Diamond yubuye ubushuti na Wema Sepetu, yavuze ko  atagambiriye kongera gukundana nawe kuko afite umuryango kandi adashobora kuwusiga.

Yagize ati “ mfite umuryango wanjye, ndawukunda, ndawubaha kandi sinteze kuwusiga… ariko iyo siyo mpamvu yatuma ngirana ibibazo n’abantu… uru ni urugero rwa mbere, urundi ruzakurikiraho. Uyu siwo mwanya wo kubaka inzangano zidafite aho zishingiye, ni umwanya wo gufatanya nk’abahanzi, tugateza imbere ubuhanzi bwacu ku bwo gutegura ejo hazaza h’abana bacu.”

Kuri ubu Wema Sepetu yatandukanye n’umusore wo muri Tanzaniya Idriss Sultan wigeze gutwara irushanwa rya Big Brother Africa, gusa ntacyo aratangaza kuri uyu mubano we Diamond.

2018-01-30
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Knowless Fan Club (Intwarane) bunamiye abazize Jenoside i Ntarama

Knowless Fan Club (Intwarane) bunamiye abazize Jenoside i Ntarama

Ubwanditsi 14 May 2018
Impamvu 10 zituma abakobwa beza batinda kubona abagabo cyangwa bakanahera iwabo

Impamvu 10 zituma abakobwa beza batinda kubona abagabo cyangwa bakanahera iwabo

Ubwanditsi 20 Jan 2018
Umusore wabeshye umukunzi we ko yakoze impanuka ikomeye akamwambika impeta aje kumureba

Umusore wabeshye umukunzi we ko yakoze impanuka ikomeye akamwambika impeta aje kumureba

Ubwanditsi 04 Oct 2018
Apotre Gitwaza Ntabyumva Kimwe n’Abavuga ko Iradukunda Liliane ataba Miss w’isi

Apotre Gitwaza Ntabyumva Kimwe n’Abavuga ko Iradukunda Liliane ataba Miss w’isi

Ubwanditsi 08 Mar 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA
KWAMAMAZA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

Ubwanditsi 04 May 2023
Ikinamico kwa bene Rwigara:  ‘ Amagambo  ashize ivuga ‘
Mu Rwanda

Ikinamico kwa bene Rwigara: ‘ Amagambo ashize ivuga ‘

Ubwanditsi 11 Sep 2017
Ikipe ya Rayon Sports yitegura gukina na AS Banda yo muri RDC, yaraye igiranye amasezerano y’ubufatanye na Kompanyi ya Tom Transfers yemeye kubaha imodoka ebyiri
Amakuru

Ikipe ya Rayon Sports yitegura gukina na AS Banda yo muri RDC, yaraye igiranye amasezerano y’ubufatanye na Kompanyi ya Tom Transfers yemeye kubaha imodoka ebyiri

Ubwanditsi 16 Nov 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru