• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Imyaka 20 y’ubutegetsi bwa CNDD FDD yoretse u Burundi mu manga ikomeye   |   06 Jun 2025

  • Ibyo Urubyiruko Rugomba Kumenya kuri Ingabire Victoire   |   04 Jun 2025

  • Ibihugu Umunani byo ku migabane itandukanye, bigiye guhurira mu Rwanda mu irushanwa ryo Kwibuka ku ncuro ya 31 Genocide yakorewe Abatutsi 1994   |   03 Jun 2025

  • Minisitiri Bizimana yakurugutuye Gustave Mbonyumutwa washakaga “kugira abatagatifu” abajenosideri barimo se Shingiro Mbonyumutwa na Ngirumpatse   |   03 Jun 2025

  • Amavubi yatangiye umwiherero muri Algeria, Manishimwe Djabel yangiwe kwinjira mu gihugu , Rafael York ntiyatanze impamvu yo kutitabira umwihero   |   02 Jun 2025

  • Niyigena Clément wa APR FC n’uwahoze ari umutoza we Darko Novic mu begukanye ibikombe by’abahize abandi muri Rwanda Premier League 2024-2025   |   31 May 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»U Rwanda rwavuze ku bimukira bigaragambirije kuri Ambasade yarwo muri Israel

U Rwanda rwavuze ku bimukira bigaragambirije kuri Ambasade yarwo muri Israel

Editorial 07 Feb 2018 INKURU NYAMUKURU

Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatatu, mu Mujyi wa Herzliya uherereye mu Majyaruguru ya Tel Aviv; ibihumbi by’abimukira bari muri Israel bigaragambirije kuri Ambasade y’u Rwanda binubira umwanzuro wo kubirukana.

Ibinyamakuru byo muri Israel byanditse ko aba bigaragambya bari biganjemo benshi mu bimukira bashaka ubuhungiro muri iki gihugu bari kumwe na ba kavukire basakuza ngo ‘ntabwo turi ibicuruzwa’. Mu byo binubiraga, ngo harimo ibijyanye no koherezwa mu Rwanda.

Abantu babarirwa hagati ya 700-1000 ni bo bigaragambije bacungiwe umutekano ariko igihe bari bemerewe kirangiye baragenda.

Ambasaderi w’u Rwanda muri Israel, Col.Joseph Rutabana, yatangarije IGIHE dukesha iyi nkuru  ko imyigaragambyo yabaye ariko ikorwa mu mutuzo.

Ibi bibaye mu gihe Guverinoma y’u Rwanda iherutse gutangaza ko nta masezerano y’ibanga yigeze ashyirwaho umukono hagati y’u Rwanda na Israel arebana no kwakira abimukira b’Abanyafurika nk’uko bimaze iminsi bivugwa mu itangazamakuru.

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga, Ubutwererane n’Umuryango w’Ibihugu bya Afurika y’Iburasirazuba, Nduhungirehe Olivier, yatangaje  ko abigaragambya ari abafite amakuru y’ikinyoma kuko u Rwanda rutigeze rusinya amasezerano yo kubakira.

Ati “Bigarabambya kubera amakuru bahawe atariyo. Bariya bantu bahawe amakuru atariyo. Twarabivuze ko nta muntu n’umwe tuzakira. Bimaze kurambirana, twarabivuze ko dufite politiki yo gufasha umuntu wese uri mu kaga bitewe n’amateka y’igihugu cyacu ariko ntabwo ari byiza ko iyo politiki abantu bayikoresha mu buryo butari bwo. Tuzakira abantu babyifuza. Kuba bari kwigaragambya ni uko bahawe amakuru atariyo.”

Nduhungirehe yakomeje avuga ko u Rwanda rwakoze ibishoboka mu gusobanurira aba bimukira ko nta n’umwe ruzakira ku gahato ariko ‘ntibabyumva’. Yabishimangiye agira ati “Guverinoma yakoze itangazo ko nta masezerano yo kubakira yigeze abaho. Bariya ni abantu ntabwo ari ba baringa, niba ari abajya mu Rwanda bizagaragara.” Kugeza ubu nta kintu ambasade yacu yakora kuri iki kibazo.”

Guverinoma y’u Rwanda iherutse gutangaza ko muri ibi bihe birimo abimukira benshi, yifuza kongera gushimangira ubushake bwayo mu gutanga umusanzu uwo ariwo wose mu gufasha aba bagabo, abagore n’abana bari kwisanga bagana iy’ubuhungiro.

Ariko ku birebana n’abimukira bo muri Israel mu itangazo ryo ku wa 22 Mutarama 2018, yagize iti “Igendeye ku bihuha bimaze iminsi mu itangazamakuru, Guverinoma y’u Rwanda irifuza kuvuga ko itigeze isinya amasezerano y’ibanga na Israel arebana no kwakira abimukira b’Abanyafurika.”

Yashimangiye ko ifite ubushake bwo kuba yafasha abimukira kubera urukundo igihugu gifite abavandimwe bacyo b’Abanyafurika bari kwisanga barohamye mu nyanja cyangwa bakagurishwa nk’abacakara, nk’ibiheruka kugaragara muri Libya.

Yakomeje igira iti “U Rwanda rwiteguye gufasha uko rushoboye kose, mu kwakira uwo ariwe wese ugeze ku mupaka warwo akeneye aho kuba, ku bushake kandi nta mananiza.”

Mu mpera za Mutarama ubwo yari i Davos mu Busuwisi mu nama mpuzamahanga yiga ku bukungu, Perezida Paul Kagame yabwiye Minisitiri w’Intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu, ko ku birebana n’abimukira bari muri Israel, u Rwanda rwakwemera igikorwa icyo ari cyo cyose igihe cyaba gikurikije amategeko mpuzamahanga.

Ubutumwa bwanyujijwe kuri konti ya Twitter ya Minisitiri w’Intebe wa Israel (@IsraeliPM), bugaragaza ko mu biganiro abayobozi bombi bagiranye “ku kibazo cy’abimukira, Minisitiri w’Intebe Netanyahu yemeranyije na Perezida Kagame, wagaragaje neza ko yakwemera igikorwa ari uko gusa cyubahirije amategeko mpuzamahanga.”

Ibinyamakuru byo muri Israel byavuze kenshi ko Guverinoma y’icyo gihugu yemeye guha u Rwanda cyangwa ikindi gihugu amadolari 5,000 kuri buri mwimukira ruzakira, nawe agahabwa impamba y’amadolari 3,500.

Ni umwanzuro utaravuzweho rumwe n’imiryango iharanira uburenganzira bwa muntu yumva ko Israel ikwiye kurengera abayihungiraho aho kubafunga, byanarimba bagashakirwa ikindi gihugu cyabakira kandi bakagenda ku bushake.

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku mpunzi (HCR), ryo ryasohoye itangazo ryamagana imyanzuro ya Israel, rivuga ko abimukira badakwiriye kwimurwa ku gahato n’ubwo wagaragaje ko ushingiye ku bivugwa, hari abashobora kuba barimuwe.

HCR ivuga ko muri Israel hari abimukira baturuka muri Eritrea bagera ku 27 500 n’abava muri Sudani bagera ku 7800. Nyamara kuva Israel yambuye HCR inshingano zo gutanga ubuhunzi muri icyo gihugu mu 2009, Abanya-Eritrea umunani n’Abanya-Sudani babiri nibo gusa babuhawe.

Abigaragambyaga basabaga kutoherezwa mu Rwanda mu gihe Guverinoma yavuze ko nta masezerano yigeze abaho yo kubakira (Ifoto: Miriam Alster/Flash90)

Imyigaragambyo yabereye imbere ya Ambasade y’u Rwanda i Herzliya (Ifoto: Miriam Alster/Flash90)

U Rwanda rwatangaje ko ruzakira abimukira mu gihe bizaba bikozwe mu buryo bwemewe n’amategeko (Ifoto: Miriam Alster/Flash90)

2018-02-07
Editorial

IZINDI NKURU

Umudepite wa NRM wanze gutorera ingingo yemerera Museveni kuzongera kwiyamamaza yakiriwe gitwari

Umudepite wa NRM wanze gutorera ingingo yemerera Museveni kuzongera kwiyamamaza yakiriwe gitwari

Editorial 29 Dec 2017
Namibia yatsembye, ngo nta musirikari wayo uzajya gusiga agatwe muri Kongo

Namibia yatsembye, ngo nta musirikari wayo uzajya gusiga agatwe muri Kongo

Editorial 30 Nov 2023
Perezida Kagame yavuze ko abanenga gahunda z’u Rwanda bahozeho kandi ko umuhate wabo ntacyo uzatanga

Perezida Kagame yavuze ko abanenga gahunda z’u Rwanda bahozeho kandi ko umuhate wabo ntacyo uzatanga

Editorial 31 Jul 2024
P. Kagame na Museveni  bahuriye muri Sheraton Hotel i Addis [ Bageze kuki ? ]

P. Kagame na Museveni bahuriye muri Sheraton Hotel i Addis [ Bageze kuki ? ]

Editorial 30 Jan 2018
Umudepite wa NRM wanze gutorera ingingo yemerera Museveni kuzongera kwiyamamaza yakiriwe gitwari

Umudepite wa NRM wanze gutorera ingingo yemerera Museveni kuzongera kwiyamamaza yakiriwe gitwari

Editorial 29 Dec 2017
Namibia yatsembye, ngo nta musirikari wayo uzajya gusiga agatwe muri Kongo

Namibia yatsembye, ngo nta musirikari wayo uzajya gusiga agatwe muri Kongo

Editorial 30 Nov 2023
Perezida Kagame yavuze ko abanenga gahunda z’u Rwanda bahozeho kandi ko umuhate wabo ntacyo uzatanga

Perezida Kagame yavuze ko abanenga gahunda z’u Rwanda bahozeho kandi ko umuhate wabo ntacyo uzatanga

Editorial 31 Jul 2024
P. Kagame na Museveni  bahuriye muri Sheraton Hotel i Addis [ Bageze kuki ? ]

P. Kagame na Museveni bahuriye muri Sheraton Hotel i Addis [ Bageze kuki ? ]

Editorial 30 Jan 2018
Umudepite wa NRM wanze gutorera ingingo yemerera Museveni kuzongera kwiyamamaza yakiriwe gitwari

Umudepite wa NRM wanze gutorera ingingo yemerera Museveni kuzongera kwiyamamaza yakiriwe gitwari

Editorial 29 Dec 2017
Namibia yatsembye, ngo nta musirikari wayo uzajya gusiga agatwe muri Kongo

Namibia yatsembye, ngo nta musirikari wayo uzajya gusiga agatwe muri Kongo

Editorial 30 Nov 2023
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru