• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rwanda Premier League yemeje ko hazatangwa ibikombe bibiri bya shampiyona, bitandukanye n’ibyo FERWAFA yari yatangaje   |   12 May 2026

  • Itangazamakuru si inzira yo gushakiramo amaronko binyuze mu gukora ibyaha, ubutabera bugomba gukora akazi kabwo   |   11 May 2026

  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Kayumba Nyamwasa: Ingaruka zo kugambana no Gucyeza abami babiri

Kayumba Nyamwasa: Ingaruka zo kugambana no Gucyeza abami babiri

Ubwanditsi 19 Feb 2018 ITOHOZA

Muri politiki y’igihugu icyo ari cyose hari imyitwaririre idahwitse umunyapolitiki cyangwa umuyobozi mukuru w’urwego runaka yagira byanze bikunze ikamukoraho. Iyo myitwarire mvuga ni nko kugambanira igihugu cyangwa kumva no gushyira mu bikorwa amabwiriza atangwa n’ubuyobozi bw’ikindi gihugu bigamije kubangamira igihugu cyawe.

Ingaruka z’imyatwarire nk’iyo nizo zagiye ziba nko kuri Kayumba Nyamwasa. Uyu mugabo, urugamba rwa FPR inkotanyi ruba, yagiye aba mu myanya yamwemereraga gutanga ibitekerezo bikanumvikana. Aho igihugu kibohorewe yokamwe n’imico yo kugambana, gucyeza abami babiri n’ubusambo mu buryo butagira igipimo.

Kugambana no gucyeza abami babiri

Ubundi gucyeza abami babiri ni imvugo igaragaza umuntu wumva amabwiriza avuye ku buyobozi bw’ikindi gihugu, uwayahawe akayubaha ndetse akayarutisha amabwiriza n’umurongo w’imiyoborere y’ubuyobozi bwe. Ibyo nibyo byaranze Kayumba Nyamwasa mu myanya yose yagiye ahabwa. Bikaba byaranageze aho nko mu mwaka wa 2000, ikiganiro gisanzwe abantu baganiraga muri imwe mu mirwa mikuru y’ibihugu bituranye n’u Rwanda cyane cyane I Kampala muri Uganda, bamwe bakanemeza ko Kayumba Nyamwasa ngo ari “an Alternative to Paul Kagame”, bivuze umuntu ugomba gusimbura Perezida Kagame.

Hari abantu muri uwo murwa w’icyo gihugu ngo bashakaga guhindura ubutegetsi mu Rwanda. Kayumba Nyamwasa rero yari umufatanyabikorwa w’iyo gahunda yinjiyemo ikaba yaranagombaga ngo kumufasha kuzaba ariwe muyobozi w’ u Rwanda.

Icyari amayobera ariko ni uko bamwitaga “an alternative to Kagame”, bivuze uwasimbura Kagame,  Kagame ubwe atari yaba Perezida kuko yari Visi Perezida, Perezida ari Pasiteri Bizimungu.

Mu yandi magambo bamwe mu bayobozi mu murwa w’igihugu cyavuzwe haruguru, ni abantu ngo bicara bakumva batishimiye ubutegetsi buriho mu Rwanda ndetse bakaba  batanahwema gupanga gahunda yo kugirira nabi u Rwanda.

Ni muri urwo rwego ngo hari n’uwigeze kuvuga ngo bagomba “kwicira umushwi mw’igi”, akaba ngo yaravugaga ko Ubutegetsi bwa FPR buriho mu Rwanda bwagombaga kunanizwa bukijyaho, bukaba bwaragombaga kuvanwaho burundu.

Icyambu cy’izo gahunda cyari Kayumba Nyamwasa, akaba yari yarabyemeye, cyane ko ngo bamubonagamo umuntu wakuraho ubutegetsi bwa FPR akayobora u Rwanda.

Ibyo ariko ngo byasabaga “formule”, ni ukuvuga uburyo byakorwamo: Kayumba rero  kugirango ngo akureho ubutegetsi ngo yagombaga kwifashisha uburyo butatu:

Ubwa mbere kwari ugukoresha “Formule” ngo yakoreshejwe na Blaise Compaore wo muri Bukinafaso agambanira, akanica Thomas Sankara. Kayumba ngo yari buteze imidugararo akaba yahitana abamukuriye kandi batifuzwaga n’abo bajyanama be.

“Formule” ya kabiri: Bwari uburyo yise “Habyalinama – Kayibanda Formula” aho yashakaga gucamo kabiri inzego n’abanyarwanda, akagira abamuri inyuma noneho igice cye ngo kikarusha imbaraga igisigaye maze agafata ubutegetsi akuyeho abasigaye ndetse akaba yanabakoresha icyo ashaka cyangwa icyo abo akorera bashaka.

Uburyo bwa gatatu ngo ari nabwo bwanyuma ni gushinga umutwe urwanya Leta abo banyamahanga bakumushyigikira akaba yakuraho ubutegetsi mu buryo bw’intambara.

Ubundi urebye aho isi igeze izo “formule”  sizo zafasha umuntu kuba Perezida ahubwo abakoreha Kayumba ngo hari ikintu bamuvumbyemo bashakaga kwifashisha ngo basenye u Rwanda.

Kayumba bamubonyemo kuba umuntu w’igisambo kandi w’igihubutsi. Kuburyo kumwizeza amafaranga byatumaga yemera kugambanira igihugu. Kayumba Nyamwasa ubundi nta muntu atagambanira. Muri iyi minsi bizwi ko yagambaniye umuryango we bwite akaba yarashatse undi mugore w’umuzulukazi, agata uwe bwite, bikaba byaratumye umogore we nawe yirwanaho akishikira imibereho yica itegeko rya gatandatu mu y’Imana Ntugasambane).

Kuba igisambo kwa Kayumba jye nabibonye umunsi umwe: u Rwanda rikimara kubohozwa umugore wa Kayumba yashinze akabari kuri aeroport I Kigali noneho biza kugaragara ko akabari kadakwiye kuko gashobora guteza umutekano mucye abagenzi n’ibikorwa by’ikibuga. Nyirakabari yasabwe kugafunga ariko umugabo araburana, ararakara ngo avuga ngo”ubuse twarwaniye iki ? n’ibindi. Ibi byanyeretse ko inyungu z’amafaranga nizo yashyiraga imbere mbere y’umutekano w’igihugu.

Ikindi abakoreshaga Kayumba bamuvumbuyemo ni uko Kayumba Nyamwasa ari umuntu wemera ibintu bidafatika, akaba muri izo nzira z’ubugambanyi yari yaranayobotse abapfumu ngo bamwizezaga ibitangaza.

Baca umugani mu Kinyarwanda ngo “nta murozi wabuze umukarabya”. Umuntu wemera kugambanira igihugu cye, umuntu w’igisambo, umunywanyi w’abapfumu (Kayumba), abo banyamahanga ntabundi butore bamubonamo ahubwo ni ugushaka kumukoresha. Ariko ngo iyo umukarabya akarabya umurozi, akoresha amazi akonje, ariko uwo umurozi atarogera abantu uko umukarabya abyifuza, ubutaha aramuhindurira “akamukarabya mu mazi abira”. Sinerekwa ndagena.

Emmanuel – Kigali

2018-02-19
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

RD-Congo : Urupfu rwa Semahurungure wakoreraga Kayumba Nyamwasa rutumye Colonel wa FARDC atoroka

RD-Congo : Urupfu rwa Semahurungure wakoreraga Kayumba Nyamwasa rutumye Colonel wa FARDC atoroka

Ubwanditsi 09 Jan 2020
 Angola yaburiye Uganda ko ibyo barimo bizababyarira amazi nk’ibisusa babaha urugero rwa Savimbi naho CMI ikomeje gukora inama na RNC

 Angola yaburiye Uganda ko ibyo barimo bizababyarira amazi nk’ibisusa babaha urugero rwa Savimbi naho CMI ikomeje gukora inama na RNC

Ubwanditsi 16 Dec 2019
Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique zirabe maso, Ramaphosa ari mu bugambanyi n’ibyihebe

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique zirabe maso, Ramaphosa ari mu bugambanyi n’ibyihebe

Ubwanditsi 12 Feb 2025
Ubwiru muri Sena y’u Bufaransa mu kiganiro cy’abapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi

Ubwiru muri Sena y’u Bufaransa mu kiganiro cy’abapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi

Ubwanditsi 10 Mar 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Tugomba gukora cyane mu gihe turi ku buyobozi, dukora ibizafasha ahazaza h’abaturage bacu- Perezida Kagame
INKURU NYAMUKURU

Tugomba gukora cyane mu gihe turi ku buyobozi, dukora ibizafasha ahazaza h’abaturage bacu- Perezida Kagame

Ubwanditsi 28 Apr 2018
Lt Col Richard Karasira yagizwe Chairman wa APR FC yungirizwa na Uwayezu Régis
Amakuru

Lt Col Richard Karasira yagizwe Chairman wa APR FC yungirizwa na Uwayezu Régis

Ubwanditsi 23 Jun 2023
Bobi Wine yashyizwe  ku rutonde rw’abayobozi basaga 15 bazicwa na Museveni
ITOHOZA

Bobi Wine yashyizwe ku rutonde rw’abayobozi basaga 15 bazicwa na Museveni

Ubwanditsi 24 Oct 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru