• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Bugesera FC yatsinze Rayon Sports 2-1, APR FC ifata umwanya wa mbere w’agateganyo wa Rwanda Premier League   |   21 May 2025

  • Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete   |   21 May 2025

  • I Bugesera hatashywe ikibuga cya Basketball cyubatswe ku bufatanye bwa NBA Africa na Opportunity International   |   20 May 2025

  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yavuze ku mvururu zatumye umukino wa Bugesera na Rayon Sports uhagararira ku munota wa 52   |   17 May 2025

  • Rwanda Premier league igiye guhemba abahize abandi Muri shampiyona y’u Rwanda 2024-2025   |   16 May 2025

  • Gutwara igikombe cy’Amahoro atsinze Rayon Sports ku mukino wa nyuma, bimwe mubyo Darko Novic watandukanye na APR FC azibukirwaho   |   14 May 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Impamvu impunzi  z’Abanyecongo mu nkambi ya Kiziba ziri gutera ubwoba Leta y’u Rwanda

Impamvu impunzi  z’Abanyecongo mu nkambi ya Kiziba ziri gutera ubwoba Leta y’u Rwanda

Editorial 21 Feb 2018 INKURU NYAMUKURU

Kuva  kumunsi w’ejo kuwa kabiri tariki 20 Gashyantare 2018, Impunzi z’abanyekongo zibarirwa ku 1 500  zavuye igihiriri mu nkambi ya Kiziba (muri Rwankuba) iherereye mu Karere ka Karongi  mu ntara y’Iburengerazuba ,  zivuga ko zitashye iwabo ariko zibanje guca kuri UNHCR i Karongi kuvuga ikibazo cyazo.

Amakuru ava I Karongi aravuga ko muri iki gitondo zaraye ku biro by’ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku mpunzi i Karongi, zikaba  zaramutse zicanye umuriro zota, izindi zijya kuba zitembera mu mugi wa Karongi.

Biteganyijwe ko baganirizwa n’umuyobozi w’uyu muryango wita ku mpunzi  UNHCR aha i Karongi.

Abantu rero baribaza impamvu izi mpunzi zikora ibi byose kandi bitemewe mu mategeko agenga impunzi ku isi yose.

Icyambere izi mpunzi zivugako zakuriweho inkunga y’ibiryo zishyirirwaho amafaranga  7600 yo kwitunga kuri buri mpunzi mu kwezi, aya mafaranga yaje kugabanuka agera kuri 6300, bitewe n’amikoro ya Loni kuko ngo  inkunga yagabanutse ku mpunzi hafi zose ku isi kubera kugabanuka kw’amafaranga atangwa n’abaterankunga ba UNHCR hose ku isi.

Nyuma yaho Leta y’u Rwanda iboneye ko ibi bidahagije yashyizeho ingamba  zo “Kwigira “ nkuko biri muri politiki ya leta y’u Rwanda gutoza buri muturage kwigira. Mugihe iyi gahunda iri kunononsorwa yo gushaka za ONG biciye muri Fundraising yakorwa na Loni [ UNHCR] , amafaranga abonetse agashyirwa mu mishinga ibyara inyungu harimo imyuga , nko kwiga ubudozi, guteka n’ibindi…., impunzi zigategurwa uku kwigira, aho gutungwa n’imfashanyo. Birababaje rero kubona izi mpunzi zishukwa na bagenzi babo bafite inyungu zabo bwite  ko kwigaragambya ariwo muti.

Icyakabiri  ni uko ibi byose ari ibigamije  gutera ubwoba leta y’u Rwanda nyamara  bidafasha izi mpunzi  ndetse abantu bakaba babibonamo ubujiji, nonese  iyo  Congo bashaka kujyamo yo irimo umutekano ki ? nibyo kurya bigaragambiriza ntabibayo.

Icyagatatu ni gute impunzi zisohoka mu nkambi zikigira ibyo zishatse mu gihugu kirimo umutekano, bigaragara ko bari gukoreshwa n’abanyapolitiki barwanyiriza leta y’u Rwanda mu buhungiro.

Ejo bavuye mu nkambi igihiriri bajya gukambika ku biro bya UNHCR i Karongi bavuga  ko bari no mu nzira bataha iwabo aho bataha se ho hari umutekano ko interahamwe na FDLR, babirukanye mu byabo.

Inkambi ya Kiziba isanzwe ibamo impunzi zibarirwa ku bihumbi cumi n’umunani (18 000), abenshi ni abasigaye mu nkambi.

Mu gitondo cya none izindi mpunzi zigera kuri 200 zavuye mu Nkambi ya Kiziba zisanga ziriya mu Bwishyura mu mugi i Karongi. Abazirimo  bavuga ko bari bagemuriye amafunguro bagenzi babo baraye hanze kuri UNHCR.

Abazi imikorere ya UNHCR bavuga  ko kongera inkunga bidashoboka kuko iki kibazo cyazo gishobora gukemurirwa mu biganiro nazo cyangwa se nazo zigahitamo gutaha iwazo zikava mu nkambi kuko ari uburenganzira bwazo.

 

2018-02-21
Editorial

IZINDI NKURU

Umutwe wa FPB uravuga ko witeguye gutangiza urugamba rwo kubohora u Burundi

Umutwe wa FPB uravuga ko witeguye gutangiza urugamba rwo kubohora u Burundi

Editorial 12 Nov 2018
Nsabimana Callixte Alias Sankara ati “Urubanza Rwanjye Muruhuze n’urwa Boss Wanjye Rusesabagina Paul”

Nsabimana Callixte Alias Sankara ati “Urubanza Rwanjye Muruhuze n’urwa Boss Wanjye Rusesabagina Paul”

Editorial 10 Sep 2020
I Kinshasa abantu 130 biciwe mu ikinamico ryiswe “kuburizamo itoroka ry’abanyururu”

I Kinshasa abantu 130 biciwe mu ikinamico ryiswe “kuburizamo itoroka ry’abanyururu”

Editorial 03 Sep 2024
Abagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi baridegembya muri Uganda

Abagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi baridegembya muri Uganda

Editorial 19 Nov 2018
Umutwe wa FPB uravuga ko witeguye gutangiza urugamba rwo kubohora u Burundi

Umutwe wa FPB uravuga ko witeguye gutangiza urugamba rwo kubohora u Burundi

Editorial 12 Nov 2018
Nsabimana Callixte Alias Sankara ati “Urubanza Rwanjye Muruhuze n’urwa Boss Wanjye Rusesabagina Paul”

Nsabimana Callixte Alias Sankara ati “Urubanza Rwanjye Muruhuze n’urwa Boss Wanjye Rusesabagina Paul”

Editorial 10 Sep 2020
I Kinshasa abantu 130 biciwe mu ikinamico ryiswe “kuburizamo itoroka ry’abanyururu”

I Kinshasa abantu 130 biciwe mu ikinamico ryiswe “kuburizamo itoroka ry’abanyururu”

Editorial 03 Sep 2024
Abagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi baridegembya muri Uganda

Abagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi baridegembya muri Uganda

Editorial 19 Nov 2018
Umutwe wa FPB uravuga ko witeguye gutangiza urugamba rwo kubohora u Burundi

Umutwe wa FPB uravuga ko witeguye gutangiza urugamba rwo kubohora u Burundi

Editorial 12 Nov 2018
Nsabimana Callixte Alias Sankara ati “Urubanza Rwanjye Muruhuze n’urwa Boss Wanjye Rusesabagina Paul”

Nsabimana Callixte Alias Sankara ati “Urubanza Rwanjye Muruhuze n’urwa Boss Wanjye Rusesabagina Paul”

Editorial 10 Sep 2020
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru