• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Bugesera FC yatsinze Rayon Sports 2-1, APR FC ifata umwanya wa mbere w’agateganyo wa Rwanda Premier League   |   21 May 2025

  • Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete   |   21 May 2025

  • I Bugesera hatashywe ikibuga cya Basketball cyubatswe ku bufatanye bwa NBA Africa na Opportunity International   |   20 May 2025

  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yavuze ku mvururu zatumye umukino wa Bugesera na Rayon Sports uhagararira ku munota wa 52   |   17 May 2025

  • Rwanda Premier league igiye guhemba abahize abandi Muri shampiyona y’u Rwanda 2024-2025   |   16 May 2025

  • Gutwara igikombe cy’Amahoro atsinze Rayon Sports ku mukino wa nyuma, bimwe mubyo Darko Novic watandukanye na APR FC azibukirwaho   |   14 May 2025

 
You are at :Home»IMIKINO»Liverpool vs Man City, Real vs Juve muri ¼ cya UEFA Champions League

Liverpool vs Man City, Real vs Juve muri ¼ cya UEFA Champions League

Editorial 16 Mar 2018 IMIKINO

Tombora y’uburyo amakipe azahura muri ¼ cya UEFA Champions League yaberaga i Nyon mu Busuwisi, isize amakipe yombi ahagarariye u Bwongereza azahura mu gihe Real Madrid izahura na Juventus bahuriye ku mukino wa nyuma mu mwaka ushize.

Imikino ibanza izaba hagati tariki ya 3 n’iya 4 Mata mu gihe imikino yo kwishyura izaba hagati ya tariki ya 10 n’iya 11 Mata 2018.

Uko batomboranye muri ¼ cya UEFA Champions League

  • Barcelona vs AS Roma
  • Sevilla vs Bayern Munich
  • Juventus vs Real Madrid
  • Liverpool vs Manchester City

Liverpool na Manchester City ni undi mukino uzaba ukomeye muri 1/4Liverpool na Manchester City ni undi mukino uzaba ukomeye muri 1/4

1. Barcelone vs AS Roma

Gutombora kwiza ku ruhande rw’iyi kipe yo muri Espagne ugereranyije n’andi makipe asigaye. Barcelone yakomeje isezereye Chelsea yari yabaye iya kabiri mu itsinda ryayobowe na AS Roma. Iyi kipe yo mu Butaliyani yo yasezereye Shakhtar Donetsk iyitsinze 1-0 mu mukino wo kwishura, mu mukino ubanza yari yatsinzwe 2-1.

2. Sevilla vs Bayern Munich

Seville ni ikipe yatunguranye ikuramo Manchester United, ariko na none twibukiranye ko ari ikipe ifite igikombe cya Europa League inshuro eshanu, n’ubwo mu mwaka ushize nabwo itageze kure muri UEFA Champions League, ariko byibuze hamwe n’umutoza Vincenzo Montella bakoze amateka yo kugera kure.

Bayern Munich ni imwe mu makipe ari guhabwa amahirwe yo kwegukana irushanwa ry’uyu mwaka. Iyi yasezereye Besiktas ku bitego 8-1 mu cyiciro giheruka, mu mwaka ushize w’imikino yakuwemo na Real Madrid muri 1/2.

3. Juventus vs Real Madrid

Umukino wa nyuma wa 2017! Juventus yatsinzwe na Real Madrid ibitego byinshi ku mukino wa nyuma w’umwaka ushize, gusa na yo yari yarayisezereye mu 2015 ubwo yageraga ku mukino wa nyuma ariko igatakaza imbere ya FC Barcelone.

Ni umwe mu mikino ntashidikanyaho kuvuga ko uzaba ukomeye muri 1/4 dore ko Real Madrid yifuza kuba yakwegukana iki gikombe ku nshuro ya gatatu yikurikiranya, igakomeza gukora amateka.

Real yatsinze Juventus 4-1 ubwo yegukanaga igikombe umwaka ushizeReal yatsinze Juventus 4-1 ubwo yegukanaga igikombe umwaka ushize

Ni byo Real Madrid ihagaze nabi muri Espagne, Juventus ihagaze neza mu Butaliyani, ariko gusezerera Paris Saint-Germain byerekanye ko iyi kipe ifite ubunararibonye muri aya marushanwa y’i Burayi.

4. Liverpool vs Manchester City

Abongereza bagomba kubanza kwishimira ko ikipe imwe yabo igeze muri 1/2, ubundi bagategereza kuryoherwa n’amakipe navuga ko ari yo ahagaze neza kurusha ayandi muri kiriya gihugu.

Mu mukino ubanza wahuje amakipe yombi muri shampiyona, Manchester City yatsinze Liverpool 5-0 mbere y’uko iyi iyihimuraho mu mukino wo kwishyura ikabatsinda 4-3.

Manchester City iracyishakisha ku rwego rw’amarushanwa nk’aya i Burayi mu gihe Liverpool na yo iri kurwana no kureba uko yagarukana ibigwi yahoranye muri iri rushanwa.

2018-03-16
Editorial

IZINDI NKURU

Rayon Sports yitegura gukina na Azam FC kuri Rayon Day, yanganyije na Gorilla FC 1-1

Rayon Sports yitegura gukina na Azam FC kuri Rayon Day, yanganyije na Gorilla FC 1-1

Editorial 20 Jul 2024
Uwizeyimana Bonaventure abaye umukinnyi wa mbere ukina mu Rwanda wegukanye agace muri Tour du Rwanda, ubwo yashoboraga kugera i Rwamagana ari ku isonga

Uwizeyimana Bonaventure abaye umukinnyi wa mbere ukina mu Rwanda wegukanye agace muri Tour du Rwanda, ubwo yashoboraga kugera i Rwamagana ari ku isonga

Editorial 17 Nov 2017
Rayon Sports iri ku mwanya wa 36, APR FC ku wa 49 mu makipe akomeye muri Afurika

Rayon Sports iri ku mwanya wa 36, APR FC ku wa 49 mu makipe akomeye muri Afurika

Editorial 10 Oct 2018
Amavubi yatsinze RDC ayisanze iwayo, ibitego 3-2 mu mukino wa gicuti

Amavubi yatsinze RDC ayisanze iwayo, ibitego 3-2 mu mukino wa gicuti

Editorial 19 Sep 2019
Rayon Sports yitegura gukina na Azam FC kuri Rayon Day, yanganyije na Gorilla FC 1-1

Rayon Sports yitegura gukina na Azam FC kuri Rayon Day, yanganyije na Gorilla FC 1-1

Editorial 20 Jul 2024
Uwizeyimana Bonaventure abaye umukinnyi wa mbere ukina mu Rwanda wegukanye agace muri Tour du Rwanda, ubwo yashoboraga kugera i Rwamagana ari ku isonga

Uwizeyimana Bonaventure abaye umukinnyi wa mbere ukina mu Rwanda wegukanye agace muri Tour du Rwanda, ubwo yashoboraga kugera i Rwamagana ari ku isonga

Editorial 17 Nov 2017
Rayon Sports iri ku mwanya wa 36, APR FC ku wa 49 mu makipe akomeye muri Afurika

Rayon Sports iri ku mwanya wa 36, APR FC ku wa 49 mu makipe akomeye muri Afurika

Editorial 10 Oct 2018
Amavubi yatsinze RDC ayisanze iwayo, ibitego 3-2 mu mukino wa gicuti

Amavubi yatsinze RDC ayisanze iwayo, ibitego 3-2 mu mukino wa gicuti

Editorial 19 Sep 2019
Rayon Sports yitegura gukina na Azam FC kuri Rayon Day, yanganyije na Gorilla FC 1-1

Rayon Sports yitegura gukina na Azam FC kuri Rayon Day, yanganyije na Gorilla FC 1-1

Editorial 20 Jul 2024
Uwizeyimana Bonaventure abaye umukinnyi wa mbere ukina mu Rwanda wegukanye agace muri Tour du Rwanda, ubwo yashoboraga kugera i Rwamagana ari ku isonga

Uwizeyimana Bonaventure abaye umukinnyi wa mbere ukina mu Rwanda wegukanye agace muri Tour du Rwanda, ubwo yashoboraga kugera i Rwamagana ari ku isonga

Editorial 17 Nov 2017
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru