• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon   |   13 Jun 2026

  • AMAFOTO – Ikipe y’igihugu ya Mexique yakiriye igikombe cy’Isi 2026 na Koreya y’Epfo zatangiye zitsinda imikino yayo   |   12 Jun 2026

  • Nyuma y’imyaka 12 y’ubufatanye, Amasezerano ya Rayon Sports na SKOL yageze ku musozo   |   09 Jun 2026

  • Bombori bombori muri RNC: Serge Ndayizeye nawe yeretswe umuryango   |   08 Jun 2026

  • Ku bw’impamvu z’umutekano, umwiherero w’ikipe y’igihugu, Amavubi wari kubera muri Morocco wimuriwe mu Misiri   |   03 Jun 2026

  • APR FC yatangaje ko itazakomezanya n’abakinnyi batatu barimo Aliou Souané, Mamadou Sy na Mahamadou Lamine Bah   |   03 Jun 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Impinduka zagaragaye mu irushanwa rya PRIMUS GUMA GUMA SUPER STAR uyu mwaka

Impinduka zagaragaye mu irushanwa rya PRIMUS GUMA GUMA SUPER STAR uyu mwaka

Ubwanditsi 17 Mar 2018 Mu Rwanda

Muri iyi minsi nibwo urutonde rw’abahanzi 10 bazitabira irushanwa rikomeye cyane mu Rwanda rya Primus Guma Guma Super Star ku nshuro yaryo ya 8( PGGSSs8) bamenyekanye, abatoranyijwe batangira gukora imyiteguro y’uko bazagaragara n’uko bazitwara mu irushanwa.

Kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 16 Werurwe 2018, Abahanzi bose batoranyijwe nibwo bashyize umukono ku masezerano ko bagiye gutangira akazi hagati aho n’abanyamakuru baboneraho guhabwa amabwiriza yerekeranye n’irushanwa.

Mu irushanwa rya PGGSSs8, hagaragayemo impinduka zimwe na zimwe zisanzwe zitamenyerewe ku bakunzi biri rushanwa, zimwe mu mpinduka zagaragaye ni uko mu gihe byari bimenyerewe ko hahembwa umuhanzi umwe ku bushorishori bwaryo( Final), ubu hagiye kuzajya hahembwa babiri muri ibi byiciro bikurikira.

Hazajya hahembwa umuhanzi watowe n’abagize akanama nkemurampaka( Judges) ari nawe uzahabwa igihembo nyamukuru mu biteganyijwe gutangwa muri iri rushanwa ubwo akaba ari we witwa uwambere agahabwa miliyoni makumyabili (20,000,000Frw). Undi wa kabiri uzahabwa ibihembo ni uwatowe cyane n’Abantu akagira n’abafana benshi kurusha abandi we azahembwa miliyoni Cumi n’Eshanu (15,000,000Frw).

Uduce ibitaramo bizaberamo bigasorezwa i Kigali

Ku bijyanye na gahunda zirushanwa ry’uyu mwaka, biteganyijwe ko rizarangwa n’ibitaramo bitanu bizabera mu Turere dutandukanye tw’igihugu ryari risanzwe rikunze kugaragaramo no mu y’indi myaka yatambutse harimo: Gicumbi, Huye, Musanze, Rubavu nyuma yaho rigasorezwa mu Mujyi wa Kigali aho abahanzi babiri bazaba bahabwa ibihembo byabo.

Ibitaramo byose bizagenda bikorwa biteganyijwe ko bizaririmbwa Live ntamuhanzi n’umwe uzakoresha Play Back, Biteganyijwe ko,ibi bitaramo bizatangira  tariki 26 Gicurasi 2018 birangire tariki 14 Nyakanga 2018 ari nabwo hazamenyekana ababashije gutsinda bagahabwa ibihembo byabo imbere y’Abafana babo.

Abafana bazajya batora umuhanzi bashigikiye ari uko babanje kugura Primus,nta n’umwe uzatora atabanje kwerekana Code(Kode) yakuye  mu mufuniko wa Primus yaguze kuko hagiye gutangira gusohoka Primus zifite imifuniko irimo Code yemerera abafana gutora umuhanzi baha amahirwe muri PGGSSs8

Uzatora azabanza kuura Primus yerekane code irimo

Gahunda y’uko ibitaramo bazakora ihagaze, hagati ya load Show yambere n’iyakabiri bizakorwa haciyemo icyumweru kimwe gusa, mu gihe igitaramo cya gatatu kugeza ku cya Gatanu bizajya bikorwa hatambutsemo ibyumweru Bitatu. Mu gihe abahanzi bazaba bari mu byumweru byo kuruhuka bitegura gutaramira ahandi, icyo gihe bazaba bakora ibindi bikorwa bitandukanye nko gusura Abarwayi no kujya ahantu hatandukanye guhura n’abafana babo n’ibindi…..

Mu gihe kingana n’amezi ane aba bahanzi bazamara bitabira ibitaramo bitanu bigize irushanwa, buri muhanzi azajya ahabwa amafaranga angana na Miliyoni imwe( 1,000,000) yo kumufasha mu myiteguro no muri gahunda zitandukanye azajya agira, naho Group (gurupe) yo izajya ihabwa Miliyoni imwe n’ibihumbi Magana tanu (1,500,000) kubera igizwe n’abantu barenze umwe.

Uburyo ushaka gutora umuhanzi yifuza ko ariwe wa kwegukana ibihembo n’ugukanda *733# hagakurikizwa amategeko n’amabwiriza.

Abahanzi 10 bazitabira irushanwa n’injyana bakoresha, Hip-Hop harimo Khalifan na Jay C, RnB harimo Bruce Melody na Christopher, Afrobeat Harimo Auncle Austin na Mico The Best, Amatsinda harimo Active na Just Family,Abakobwacyangwa Igitsinda gore hari Queen Cha na Young Grace.

 

2018-03-17
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Musanze FC irakira Rayon Sports naho Marines FC ikine na Kiyovu Sports mu mikino ibanza ya 1/8 cy’igikombe cy’Amahoro 2022

Musanze FC irakira Rayon Sports naho Marines FC ikine na Kiyovu Sports mu mikino ibanza ya 1/8 cy’igikombe cy’Amahoro 2022

Ubwanditsi 04 Apr 2022
Nyanza: Polisi ifunze umugabo ukekwaho kwiyita umukozi wa WASAC

Nyanza: Polisi ifunze umugabo ukekwaho kwiyita umukozi wa WASAC

Ubwanditsi 30 Sep 2017
Video: Netanyahu yashimiye Kagame ko yahagaritse Jenoside

Video: Netanyahu yashimiye Kagame ko yahagaritse Jenoside

Ubwanditsi 11 Jul 2017
AMAFOTO – APR FC yatangiye neza CECAFA Kagame Cup itsinda Singida Big Stars yo muri Tanzania

AMAFOTO – APR FC yatangiye neza CECAFA Kagame Cup itsinda Singida Big Stars yo muri Tanzania

Ubwanditsi 09 Jul 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

RWANDA DAY : Perezida Kagame yabwiye abanyarwanda ko muri raporo zitandukanye u Rwanda rukomeje kuza ku isonga
UBUKUNGU

RWANDA DAY : Perezida Kagame yabwiye abanyarwanda ko muri raporo zitandukanye u Rwanda rukomeje kuza ku isonga

Ubwanditsi 12 Jun 2017
Imyiteguro yo kwakira CHAN irarimbanije kuri stade Amahoro
IMIKINO

Imyiteguro yo kwakira CHAN irarimbanije kuri stade Amahoro

Ubwanditsi 13 Jan 2016
Uganda: Col Ndahura Wafatiwe Mu Nkubiri Imwe Na Gen Kayihura Arahakana Ko Yemeye Ibyaha Ashinjwa
POLITIKI

Uganda: Col Ndahura Wafatiwe Mu Nkubiri Imwe Na Gen Kayihura Arahakana Ko Yemeye Ibyaha Ashinjwa

Ubwanditsi 06 Jul 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru