• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ingabo za Afurika y’Epfo Zavanye Ipfunwe muri Congo mu Gikorwa cya SAMIDRC   |   12 May 2025

  • Amakipe ya Police WVC na APR VC yegukanye igikombe cya shampiyona y’u Rwanda muri Volleyball 2024-2025   |   12 May 2025

  • Bayaherewe mu Rwambariro, Rayon Sports yakiriye amafaranga nyuma yo gushimangira umwanya wa mbere   |   09 May 2025

  • Gukura no Kubaho kwanjye byose bishingiye ku cyerekezo cya Nyakubahwa Perezida Paul Kagame – Knowless   |   08 May 2025

  • Ntacyasaza Turahirwa Moses cyatuma Urumogi Rumushora mu Kiguri cy’Urwango   |   06 May 2025

  • Eric Bagiruwusa yashinze YouTube Channel ishinzwe ubuvugizi mu gushishikariza gusubirishamo imanza z’abajenosideri n’abarwanya ubutegetsi   |   05 May 2025

 
You are at :Home»SHOWBIZ»Sinach yanyuze abitabiriye igitaramo yakoreye i Kigali mu mvura ijojoba (Amafoto na Video)

Sinach yanyuze abitabiriye igitaramo yakoreye i Kigali mu mvura ijojoba (Amafoto na Video)

Editorial 02 Apr 2018 SHOWBIZ

Mu mvura ijojoba n’imbeho y’ubutita, umuhanzi Osinachi Joseph [Sinach] yataramiye ibihumbi by’abihebeye umuziki w’indirimbo zihimbaza Imana mu gitaramo cya Easter Celebration cyateguwe na Patient Bizimana cyabaye ku Cyumweru, tariki ya 1 Mata 2018.

Easter Celebration Pan African Chapter yahuriranye n’imvura yatangiye kugwa ubwo abahanzi bayitumiwemo bisuganyaga mbere yo kujya ku rubyiniro.

Abantu batangiye kugera aho igitaramo cyabereye mu Marembo ya Stade Amahoro ahagana saa munani ndetse mu mihanda y’i Remera hari urujya n’uruza rw’abacyerekezamo ndetse bamwe bafashe ibyicaro.

Ibicu bikimara kumanura imvura ahagana saa kumi na 29, abari bicaye banyarutse bashaka aho bikinga, bongera kuhagaruka nyuma y’isaha n’iminota 28 itangiye guhita. Nubwo ibicu byari bibuditse imvura, ntibyabujije abiganjemo abakinnyi, abahanzi, abavugabutumwa n’abandi kwitabira igitaramo cyanditse amateka yo kuba aricyo cya mbere mu biremereye mu muziki uhimbaza Imana cyabereye muri Parking ya Stade Amahoro.

Iki gitaramo cyari cyakoranyirije hamwe abakomeye mu muziki uhimbaza Imana mu Rwanda bayobowe na Patient Bizimana wagiteguye; Israel Mbonyi uri mu bakunzwe cyane na Uwimana Aimé ufatwa nk’inararibonye mu ndirimbo ziramya Imana. Aba bahanzi bari baherekejwe n’icyamamare, Sinach uri mu bakomeye muri Afurika ari nawe wasoje igitaramo.

Ahagana saa 18:08 nibwo Uwimana Aimé yageze ku rubyiniro, mu gihe abakunzi b’umuziki we bari bakiri kwisuganya bagaruka mu byicaro byabo.

Uyu muhanzi wishimiwe mu ndirimbo “Here I am to Worship”, “Nyibutsa” na ‘‘Akira amashimwe’’, yakurikiwe na Mbonyi Israel wongeye kwerekwa urukundo kubera ibihangano bye byururutsa imitima bikayiremamo ibyiringiro. Yahise akorerwa mu ngata na Patient Bizimana ari nawe wakiriye Sinach, wari witabwe n’imbaga.

Abahanzi bagaragaje ko bahagaze bwuma baherekezwaga n’amashyi y’urufaya nyuma yo kuririmba nk’ikimenyetso cy’uko abari mu gitaramo banyuzwe n’ubutumwa busasiwe n’amajwi agororotse n’umuziki uzira amakaraza.

Sinach yakuriwe ingofero i Kigali

Ibyishimo by’indunduro abitabiriye Easter Celebration babihawe n’Umunya-Nigeria Sinach ari nawe wasoje igitaramo.

Uyu muhanzi yageze ku rubyiniro ategerejwe n’amatsiko menshi, ahagana saa 20:39 nyuma y’iminota 19, itsinda rye rigenzura neza ibyuma byifashishijwe hacurangwa umuziki w’umwimerere unyura amatwi ya benshi.

 

Sinach yanyuze abitabiriye igitaramo yakoreye i Kigali mu mvura ijojoba

Sinach yahamagawe imvura iri kugwa ariko ntiyigeze ikangaranya abari mu mwuka wo kuramya kuko abenshi buriye intebe aho bamwitegera neza, bamuhanga ijisho.

Akigera imbere y’imbaga yahise asaba Abanyakigali guha Imana icyubahiro. Yagize ati “Ni bande Imana yakoreye ibikomeye muri mwe? Muyishime.”

Mu minota 89 yamaze aririmba adahagaze, buri ndirimbo yose yumvikanaga nk’imenyerewe mu matwi y’Abanyarwanda ndetse yateraga bakamwikiriza.

Yaririmbye indirimbo nyinshi yamenyekanyeho cyane zirimo “I stand amazed”, “Jesus is Alive”, ‘‘Rejoice’’, ‘‘Nothing is impossible’’, “Way maker” na ‘‘He did it again’’, ariko biba akarusho ageze kuri I Know who I am yari yabitse nk’urwibutso yasigiye abitabiriye igitaramo.

Uyu muhanzi yanyuzagamo akaganira n’abantu akomoza ku butumwa bubumbatiye agaciro k’umusaraba Yesu yabambweho. Ati ‘‘Ni bande muri mwe bazi ko yazutse (Yesu) ari mu bazima. Uburwayi, ubukene, ubwoba, ntibukwiye kugutera ubwoba kuko Yesu ari muri wowe. Ndabizi ko mufite inzozi. Mumenye ko abika isezerano kugeza arisohoje.’’

Sinach yakomoje ku bwiza bw’Abanyarwanda avuga ko bibitsemo impano yo kuramya Imana ndetse abahanurira ko imbere habo huje ituze.

Ati ‘‘Ndabahanurira ku hazaza hanyu. Ndategeka ahazaza. Vuga uti ibiganza byanjye, umuryango, ibyanjye byose bifite umugisha. Abavutse ubwa kabiri dufite umugisha.’’

Sinach yaririmbaga azenguruka urubyiniro rwose ndetse abyinana n’abakunzi b’izihimbaza Imana.

Yageze ku yitwa “I know who I am”, abantu bose barizihirwa ndetse abasaba gucana amatoroshi ya telefone zabo, bafatana urunana baririmba.

Iyi ndirimbo niyo yasorejeho saa 22:08, ahita anafata ifoto y’urwibutso rw’igitaramo yakoreye mu Mujyi wa Kigali.

Patient yaririmbye iziganjemo ubutumwa bwo gucungurwa

Patient Bizimana wageze imbere y’abitabye ubutumire bwe saa moya n’iminota 14 yakirizwa amashyi y’urufaya. Yanzitse na ‘‘Ubwo buntu’’, yateye yikirizwa n’urwunge rw’amajwi menshi.

Patient yaririmbye indirimbo ziganjemo ubutumwa bugaruka ku gucungurwa kw’abari mu Isi bihurirana n’Umunsi wa Pasika.

Yifashishije izirimo ‘‘Ni Muzima’’ ya Singiza Music n’iyitwa ‘‘Ibitambo’’ ya Dusabe Alexis. Byabaye akarusho ageze ku yitwa ‘‘Menye neza’’ iri mu zo yamenyekanyeho cyane yaririmbwe na buri wese mu bitabiriye igitaramo, ayiherekesha iyitwa ‘‘Andyohera cyane’’ nayo yashyize abantu mu mwuka.

 

Patient yaririmbye indirimbo ye nshya yise “Ikimenyetso” aho avuga uko i Gologota yahaboneye umudendezo w’agakiza k’ineza ya Yesu

Patient yasoreje ku ndirimbo zirimo ‘‘Ndaje’’ mu gihe imvura yarushagaho gukaza umuriri ari nako abafite imitaka bayiyegereza nubwo bitababuzaga gutera intambwe nto bakabyina birengagije imvura yari ibari ku bitugu.

Mu ijambo rito Patient Bizimana yashimiye abantu bose bitabiriye ubutumire mu gitaramo cye by’umwihariko ko batakanzwe n’imvura.

Yagize ati “Ndashima abantu mwese mwaje kwifatanya nanjye mu gitaramo. Mwakoze kwihanganira imvura. Ndabashimira mwese n’umubyeyi wanjye wihanganiye imvura y’amahindu.”

Israel Mbonyi yeretswe urukundo

Abakunzi b’umuziki uhimbaza Imana mu byiciro byose kuva mu bato, urubyiruko n’abakuze bagaragaje kunyurwa n’indirimbo za Israel Mbonyi, umunyempano wigaruriye imitima ya benshi.

Uyu muhanzi ukunzwe by’umwihariko amagambo ye yatumye ibihumbi by’abari mu marembo ya Stade Amahoro bagaragaza imbamutima zabo batangira kuramya ndetse baririmbana na we ijambo ku rindi.

Uyu musore yaririmbye “Nzibyo nibwira”, abantu batangira kunyeganyega bagaragaza gukorwaho n’ubutumwa buyirimo. Yakurikijeho “Ku marembo y’ijuru” yishimiwe bidasanzwe.

Mbonyi yasezeye abakunzi b’ibihangano bye mu yitwa “Sinzibagirwa”, yaje ari nk’umwambaro ufureba abari batangiye kwigunga kubera imbeho, ibinjiza mu munyenga wo gufashwa.

 

Israel Mbonyi aririmba ati “Hari ubuzima”, indirimbo yishimiwe na benshi

Iki gitaramo cyanditse amateka kuko usibye ubwinshi bw’imitaka yari mu kirere cy’aho cyabereye, abacyitabiriye bamaze hafi amasaha arenga atandatu bahagaze nta wicara.

Nubwo hari abatakanzwe n’imvura yaguye i Kigali, bakayihata ibitugu hari abavugiraga mu matamatama ko yadobeje igitaramo, mu gihe abandi bari banyuzwe ndetse banyotewe gukomeza kugaburirwa ijambo ry’Imana rinyuze mu ndirimbo.

Patient Bizimana utegura iki gitaramo cya ‘Easter Celebration’ mu mwaka wa 2019, yihaye intego yo kuzazana umuhanzi uzaturuka hanze ya Afurika mu 2019.

 

Itsinda ry’abaririmbyi babarizwa muri Worship Team yo muri Restoration Church Masoro nibo bari bagaragiye abahanzi

 

Yahanitse ijwi cyane aririmba ati “Victory belongs to Jesus”

 

Uwimana Aimé yafatanyije n’abitabiriye Easter Celebration kwizihiza Pasika

 

Uwimana yanyuzagamo akavuga ati “Turi hano kuvuga ko Imana yacu ikomeye”

 

Uyu muhanzi yishimiwe cyane mu ndirimbo ‘‘Akira amashimwe’’

 

Abenshi bari bitwaje imitaka irimo n’uw’Uruganda rwa Bralirwa yo kwikinga imvura

 

Iki gitaramo cyagaragayemo abacuranzi bafite ubumenyi bw’umuziki

 

Umuziki wacurangiwe muri iki gitaramo wari inyuramatwi

 

 

Yakirigise imirya ya gitari, benshi barizihirwa

 

Abakunzi b’indirimbo zihimbaza Imana ntibakanzwe n’imvura bitabiriye igitaramo ari benshi

 

Mbonyi yageze ku rubyiniro aririmba iyitwa “Nzi ibyo nibwira”

 

Israel Mbonyi yongeye kwerekwa urukundo ruhebuje

 

Mbonyi ni umunyempano wigaruriye imitima ya benshi

 

Yakoresheje indirimbo ze zizwe yasohoye kuri album ye ya mbere ‘‘Number One’’ n’iya kabiri yise ‘‘Intashyo’’

 

Mbonyi yaririmbye, abantu benshi batangira guhembuka

 

Mbonyi yasezeye abakunzi b’ibihangano bye mu yitwa “Sinzibagirwa”

 

Mbonyi yasezeye abakunzi b’ibihangano bye mu yitwa “Sinzibagirwa”

 

 

Patient Bizimana yataramiye abakunzi b’ibihangano bye

 

Yaririmbye indirimbo zirimo ubutumwa buvuga ku musaraba

 

 

 

 

Bizimana Patient yashimiye abitabiriye igitaramo cye mu mvura y’amahindu

 

Patient ati “Ibitambo by’intama sibyo byaducunguye”

 

Patient Bizimana akoresha imbaraga nyinshi mu bitaramo bye

 

Bizimana yizihiwe asimbuka ajya mu bicu

 

 

Pasiteri Lydia Masasu yasengeye abemeye kwihana, bakava mu byaha

 

Munyaribanje Leonard ubyara Patient Bizimana yasusurukije abitabiriye igitaramo abaririmbira

 

 

Sinach yashimangiye ko Abanyarwanda bafite impano yo kuramya Imana

 

Umuhanzi w’icyamamare mu muziki w’indirimbo zihimbaza Imana muri Afurika, Osinachi Joseph yamamaye mu ndirimbo zirimo “I know who I am”

 

Sinach ari mu bahanzi bafite ubuhanga bwihariye mu muziki wo guhimbaza Imana

 

Sinach yizihije Pasika ataramana n’Abanyarwanda

 

Sinach yatuye amagambo meza ku bitabiriye igitaramo ndetse n’imiryango yabo

 

 

Benshi bari banyotewe kubona Sinach aririmba indirimbo ze bakunze cyane

 

Yabasabye gucana amatoroshi ya telefone

 

Sinach n’itsinda ry’abaje bamuherekeje bacuranze umuziki wuje ubuhanga

 

Yanyuzagamo akababaza ati “Kigali muzi abo muri bo?”, bose ibyishimo bikabasaga

 

 

Sinach ni umuririmbyi, umwanditsi w’indirimbo ndetse akaba n’umuramyi uyobora abandi [worship leader] muri Christ Embassy i Lagos muri Nigeria

 

Mu 2016, Sinach yahawe igihembo cyitwa African Achievers’ Award for Global Excellence, icy’umuhanzi wahize abandi muri Afurika y’Uburengerazuba yahawe na Groove Awards yo muri Kenya

 

Bizimana Patient yashimiye Sinach wemeye ubutumire bwe, akaza kwizihizanya Pasika n’Abanyarwanda

Source : IGIHE

2018-04-02
Editorial

IZINDI NKURU

Ku myaka 81 y’amavuko, umunyarwenya Yaphet Kotto wamenyekanye nka Dr Kananga muri filime yiswe James Bond 007 yitabye Imana

Ku myaka 81 y’amavuko, umunyarwenya Yaphet Kotto wamenyekanye nka Dr Kananga muri filime yiswe James Bond 007 yitabye Imana

Editorial 16 Mar 2021
Indirimbo My Vow ya Meddy yaririmbiye umugore we Mimi, mu minsi ibiri gusa yujuje miliyoni imwe y’abamaze kuyireba ku rubuga rwa YouTube

Indirimbo My Vow ya Meddy yaririmbiye umugore we Mimi, mu minsi ibiri gusa yujuje miliyoni imwe y’abamaze kuyireba ku rubuga rwa YouTube

Editorial 25 Jul 2021
Ishimwe ry’Abahanzi kuri Kandida-Perezida Paul Kagame w’Umuryango FPR Inkotanyi

Ishimwe ry’Abahanzi kuri Kandida-Perezida Paul Kagame w’Umuryango FPR Inkotanyi

Editorial 12 Jul 2024
Clarisse Karasira yamuritse indirimbo yahimbye akomoye ku gutandukana kwa hato na hato kw’abakundana

Clarisse Karasira yamuritse indirimbo yahimbye akomoye ku gutandukana kwa hato na hato kw’abakundana

Editorial 01 Oct 2021
Ku myaka 81 y’amavuko, umunyarwenya Yaphet Kotto wamenyekanye nka Dr Kananga muri filime yiswe James Bond 007 yitabye Imana

Ku myaka 81 y’amavuko, umunyarwenya Yaphet Kotto wamenyekanye nka Dr Kananga muri filime yiswe James Bond 007 yitabye Imana

Editorial 16 Mar 2021
Indirimbo My Vow ya Meddy yaririmbiye umugore we Mimi, mu minsi ibiri gusa yujuje miliyoni imwe y’abamaze kuyireba ku rubuga rwa YouTube

Indirimbo My Vow ya Meddy yaririmbiye umugore we Mimi, mu minsi ibiri gusa yujuje miliyoni imwe y’abamaze kuyireba ku rubuga rwa YouTube

Editorial 25 Jul 2021
Ishimwe ry’Abahanzi kuri Kandida-Perezida Paul Kagame w’Umuryango FPR Inkotanyi

Ishimwe ry’Abahanzi kuri Kandida-Perezida Paul Kagame w’Umuryango FPR Inkotanyi

Editorial 12 Jul 2024
Clarisse Karasira yamuritse indirimbo yahimbye akomoye ku gutandukana kwa hato na hato kw’abakundana

Clarisse Karasira yamuritse indirimbo yahimbye akomoye ku gutandukana kwa hato na hato kw’abakundana

Editorial 01 Oct 2021
Ku myaka 81 y’amavuko, umunyarwenya Yaphet Kotto wamenyekanye nka Dr Kananga muri filime yiswe James Bond 007 yitabye Imana

Ku myaka 81 y’amavuko, umunyarwenya Yaphet Kotto wamenyekanye nka Dr Kananga muri filime yiswe James Bond 007 yitabye Imana

Editorial 16 Mar 2021
Indirimbo My Vow ya Meddy yaririmbiye umugore we Mimi, mu minsi ibiri gusa yujuje miliyoni imwe y’abamaze kuyireba ku rubuga rwa YouTube

Indirimbo My Vow ya Meddy yaririmbiye umugore we Mimi, mu minsi ibiri gusa yujuje miliyoni imwe y’abamaze kuyireba ku rubuga rwa YouTube

Editorial 25 Jul 2021
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024
Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

18 Jun 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru