• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • RSSB Tigers BBC yasezereye FUS Rabat BBC yo muri Morocco, izahura na AL Ahly muri ½ cy’imikino ya nyuma ya BAL 2026 iri kubera I Kigali   |   24 May 2026

  • Nyuma y’imyaka itatu Stade y’Akarere ka Gicumbi itangiye kuvugururwa, kuri ubu yemerewe kwakira imikino ya Shampiyona y’u Rwanda, BK Pro League   |   21 May 2026

  • Umutoza w’Amavubi Stephen Constantine asanga kwitwara neza k’u Rwanda bisaba gutsinda imikino yo mu rugo ngo yerekeze mu gikombe cya Afurika 2027   |   20 May 2026

  • Olivier Kwizera ari mu bakinnyi basubukuye imyitozo ya Rayon Sports yitegura guhura na APR FC ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro   |   19 May 2026

  • Rusesabagina nawe ubwe ni ikinyoma cyigendera   |   18 May 2026

  • AMAFOTO – Patriots BBC na APR WBBC begukanye igikombe cy’irushanwa ryo kwibuka mu bakina ari batatu kuri batatu   |   18 May 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Minisitiri Kaboneka yakomoje ku mpinduramatwara mu kurwanya ubukene mu itangazamakuru

Minisitiri Kaboneka yakomoje ku mpinduramatwara mu kurwanya ubukene mu itangazamakuru

Ubwanditsi 21 May 2018 POLITIKI

Minisitiri w‘Ubutegetsi bw’Igihugu, Kaboneka Francis, yatangaje ko hari kuvugururwa politiki y’itangazamakuru kugira ngo ribashe guhangana n’ibibazo birimo ubukene buryugarije.

Yakomoje ku kibazo kiri mu itangazamakuru ubwo ku wa Gatanu w’icyumweru gishize yari mu birori byo kwizihiza isabukuru y’imyaka 55 Radio Rwanda imaze ibayeho.

Ikibazo cy’amikoro make ni kimwe mu byakunze kuvugwaho gusubiza inyuma itangazamakuru ryo mu Rwanda ndetse bikanatuma benshi mu barigezemo barivamo batamazemo kabiri.

Ba nyir’ibitangazamakuru cyane cyane ibyigenga bagiye bagaragaza ko batabona amasoko ya Leta kubera kuyahanganira n’ibinyamakuru bya Leta mu gihe abikorera batarakangukira kwamamaza.

Minisitiri Kaboneka yavuze ko hari amavugurura ari gukorwa azasubiza bimwe mu bibazo bibangamiye itangazamakuru ryo mu Rwanda.

Yagize ati “Nubwo hari intambwe yatewe, haracyari imbogamizi. Ikibazo cy’ikoranabuhanga, hari abo byabereye imbogamizi ku binyamakuru bitandukanye, aho babonaga umutungo mu kwamamaza n’ibindi uyu munsi bitagishoboka kubera ikoranabuhanga […] Turiho turavugurura politiki y’itangazamakuru kugira ngo turore ko yaza isubiza bimwe muri ibyo bibazo twese dushyize hamwe […] cyane igamije impinduramatwara mu itangazamakuru.”

Icyakora Kaboneka yasabye ba nyir’ibitangazamakuru kwishakamo ibisubizo bihuriza hamwe kugira ngo bubake ibinyamakuru bikomeye.

Yagize ati “ Turiho tuvugana n’inzego z’itangazamakuru, cyane abafite ibitangazamakuru kubasaba kwihutira kujyana n’iryo koranabuhanga ariko cyane cyane tubasaba kwishyira hamwe aho kugira ngo bakomeze kwaguka umwe umwe.”

Ibinyamakuru bitandukanye byagiye bifunga imiryango kubera amikoro make. Radiyo KFM na Royal Tv ni bimwe mu byari bikomeye byafunze.

Umwaka ushize ubwo hizihizwaga umunsi nyafurika w’itangazamakuru, hatanzwe igitekerezo cy’uburyo abagenerwa amakuru bajya bagira umusanzu batanga kugira ngo ibinyamakuru bibeho.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Urwego rw’abanyamakuru bigenzura (RMC) Mugisha Emmanuel yagize ati “Tugomba gushyiraho uburyo butuma dukomeza kubaho, ayo mafaranga avamo akaba yakwifashishwa mu kwishyura iminara ituma ayo makuru abageraho n’ibindi […] niba ibishingwe byishyurwa, guparika imodoka bikaba byishyurwa no kugeza amakuru ku baturage bikwiye kwishyurwa.”

Mugisha yavuze ko nk’ubu hari sosiyete abaturage bishyuraho ifatabuguzi ngo babashe kureba televiziyo ariko amafaranga izo sosiyete zishyurwa nta na rimwe rihabwa ibinyamakuru bitanga ayo makuru.

Mu Rwanda habarurwa radiyo 35, muri zo 27 ni izigenga mu gihe iza leta ari umunani; Televiziyo zisaga icumi, zirimo imwe ifashwa na leta, ibinyamakuru byandika ku mpapuro bikabakaba 45 n’imbuga za internet zirenga 100.

2018-05-21
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

U Rwanda ntiruzashyira igitutu kuri Zambia ngo icyure Abanyarwanda bahahungiye – Perezida Kagame

U Rwanda ntiruzashyira igitutu kuri Zambia ngo icyure Abanyarwanda bahahungiye – Perezida Kagame

Ubwanditsi 23 Feb 2018
Minisitiri Biruta yatanze icyizere ko inama y’abakuru b’ibihugu bya EAC itazongera gusubikwa

Minisitiri Biruta yatanze icyizere ko inama y’abakuru b’ibihugu bya EAC itazongera gusubikwa

Ubwanditsi 10 Jan 2020
Rwanda Day Yasize Amasomo menshi mu Rwanda no Mu Mahanga

Rwanda Day Yasize Amasomo menshi mu Rwanda no Mu Mahanga

Ubwanditsi 05 Feb 2024
Mpayimana Philippe yashyikirije NEC kandidatire ku mwanya w’Ubudepite

Mpayimana Philippe yashyikirije NEC kandidatire ku mwanya w’Ubudepite

Ubwanditsi 25 Jul 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uganda Airlines igiye gutangirira ingendo mu bihugu bitatu mu Karere mugihe ivugwamo politiki ishaje ya Museveni
UBUKERARUGENDO

Uganda Airlines igiye gutangirira ingendo mu bihugu bitatu mu Karere mugihe ivugwamo politiki ishaje ya Museveni

Ubwanditsi 25 Jul 2019
Gisozi : Perezida Kagame yacanye urumuri rw’icyizere, ashyira Indabo kumva z’Abazize Jenoside
Mu Rwanda

Gisozi : Perezida Kagame yacanye urumuri rw’icyizere, ashyira Indabo kumva z’Abazize Jenoside

Ubwanditsi 07 Apr 2017
Umufaransa Alan Boileau yegukanye agace ka kabiri ka Tour du Rwanda 2021, Byiza Renus aba umunyarwanda waje hafi, Areruya Joseph ava mu isiganwa.
Amakuru

Umufaransa Alan Boileau yegukanye agace ka kabiri ka Tour du Rwanda 2021, Byiza Renus aba umunyarwanda waje hafi, Areruya Joseph ava mu isiganwa.

Ubwanditsi 03 May 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru