• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe 14 yo mu bihugu 4 birimo U Rwanda, Uganda, Kenya na Benin agiye guhatanira irushanwa ryo Kwibuka muri Volleybal   |   18 Jun 2026

  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

 
You are at :Home»INKURU ZAKUNZWE CYANE»Uganda: Lt Gen. Tumukunde uherutse kwirukanwa muri guverinoma yizeye kuyigarukamo bidatinze

Uganda: Lt Gen. Tumukunde uherutse kwirukanwa muri guverinoma yizeye kuyigarukamo bidatinze

Ubwanditsi 22 May 2018 INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ku nshuro ya mbere kuva yakwirukajwa muri guverinoma , uwahoze ari minisitiri w’umutekano wa Uganda, Lt Gen. Henry Tumukunde, yavuze ku iyirukanwa rye muri Werurwe uyu mwaka, asobanura ko atirukanwe kubera ubushobozi bukeya ndeste ahubwo ashobora kuyigarukamo bidatinze. Uyu mwanya akaba yarawirukanweho awumazeho amezi 21.

“Ntabwo byaba byarabaye kuko ntashoboye, nshobora kugaruka muri guverinoma igihe icyo ari cyo cyose”, uwo ni Lt Gen Tumkunde.

Yakomeje agira ati: “Icya ngombwa n’uko ubuyobozi (bugena imyanya) buhabwa umwanya wo gukora kandi nababwira ko hari inzira nyinshi muri politiki.”

Iyi nkuru dukesha Daily Monitor, iributsa ko perezida Museveni yirukaniye rimwe minisitiri Henry Tumukunde n’uwari umukuru w’Igipolisi cya Uganda, Gen Kale Kayihura, mu gihe aba bombi nk’abayobozi bakagombye kuba bakorana umunsi ku wundi, batacanaga uwaka bamaze iminsi bingingirwa gushyira ibibazo byabo ku ruhande bakumvikana bakananirana.

Ubwumvikane bukeya bw’aba bagabo nk’uko bamwe bavuga, bukaba bwarabangamiye ubufatanye hagati ya polisi n’inzego z’iperereza ndetse bikaba byari kubangamira gahunda y’igihugu y’ubwirinzi.

Gen Tumukunde

Minisitiri Tumukunde yasimbujwe Gen Elly Tumwine, wivugira ko ari we warashe isasu rya mbere ryatangije intambara y’imyaka 5 y’inyeshyamba z’umutwe wa NRA yagejeje ku butegetsi perezida Museveni mu 1986.

Gen Tumukunde nawe yabaye umuyobozi wa division ya 4 y’Igisirikare cya Uganda, UPDF, aba Umuyobozi w’ubutasi bwa gisirikare ndetse nyuma aba umuyobozi mukuru urwego rw’umutekano w’imbere mu gihugu (ISO).

Uyu yigeze kugirana ibibazo na perezida Museveni mu 2005 ubwo yagaragazaga kutishimira umushinga wo guhindura itegeko nshinga ngo hakurwemo imyaka y’amavuko umukuru w’igihugu atagomba kuba arengeje, nyuma atabwa muri yombi ashinjwa gukwiza poropaganda , (icyaha yaje guhanagurwaho), n’icyaha cy’imyitwarire mibi mu gisirikare yaje cyaje kumuhama agafungwa mu 2013.

Amaze gusubira mu buzima busanzwe, ngo Lt Gen Henry Tumukunde yagize uruhare mu bukangurambaga bwo kongera gutora perezida Museveni, aca intege Amama Mbabazi, nyuma y’amatora agirwa minisitiri.

Amakuru avuga ko Gen Henry Tumukunde,  ubwo yari Minisitiri w’Umutekano, yari afitanye umubano na Kayumba Nyamwasa wahamijwe ibyaha ndetse akamburwa impeta za gisirikare ariko ubu akaba aba muri Afurika y’Epfo mu buhungiro.

Ikindi kandi ngo Nyamwasa rimwe na rimwe  yagaragaye muri Uganda aho afitanye imikoranire n’abarwanyi ba FDLR, kubufatanye na Gen. Tumukunde.

Bivugwa ko Brig Gen Abel Kanduho ukuriye iperereza mu Ngabo za Uganda na Tumukunde ari abantu bitambika imikorere ya Guverinoma y’u Rwanda.

Gen.Tumukunde yirukanwe  mu gihe umubano w’u Rwanda na Uganda wari  ukomeje kuzamo agatotsi nyuma yaho iki gihugu cy’igituranyi gishyizwe mu majwi ku gufata Abanyarwanda bakajya gufungwa mu buryo budasobanutse.

Kugeza ubu, hari umubare w’Abanyarwanda bagifungiye muri gereza zitandukanye zo muri Uganda aho abenshi ari abari basanzwe bakora ibikorwa by’ubucuruzi byambukiranya imipaka umunsi ku wundi.

 

2018-05-22
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Nyuma ya Bomboli-Bomboli muri RNC : Museveni yashyizeho ushinzwe guhuza impande zitavuga rumwe, Kayumba n’agatsiko kamwigometseho

Nyuma ya Bomboli-Bomboli muri RNC : Museveni yashyizeho ushinzwe guhuza impande zitavuga rumwe, Kayumba n’agatsiko kamwigometseho

Ubwanditsi 17 Oct 2019
“Inzego Z’ubutasi Za Uganda Zikomeje Gahunda Yo Guharabika U Rwanda, Zifashishije Chimpreports”

“Inzego Z’ubutasi Za Uganda Zikomeje Gahunda Yo Guharabika U Rwanda, Zifashishije Chimpreports”

Ubwanditsi 10 Aug 2018
Uganda: Gen. Salim Saleh  udacana uwaka na  Gen. Kale Kayihura yamusuye aho afungiye

Uganda: Gen. Salim Saleh udacana uwaka na Gen. Kale Kayihura yamusuye aho afungiye

Ubwanditsi 28 Jun 2018
Uganda yirukanye Umunyarwanda ku butaka bwayo imushinja kubangamira umutekano w’igihugu

Uganda yirukanye Umunyarwanda ku butaka bwayo imushinja kubangamira umutekano w’igihugu

Ubwanditsi 22 Jan 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kirundo: Imbonerakure zikomeje guhabwa imbunda zo gukanga abatavuga rumwe na CNDD-FDD
HIRYA NO HINO

Kirundo: Imbonerakure zikomeje guhabwa imbunda zo gukanga abatavuga rumwe na CNDD-FDD

Ubwanditsi 30 Sep 2019
Polisi y’u Rwanda yaburijemo ubujura bwa Banki, bane babifatiwemo
Mu Mahanga

Polisi y’u Rwanda yaburijemo ubujura bwa Banki, bane babifatiwemo

Ubwanditsi 08 Feb 2016
Banki Nkuru y’u Rwanda, BNR, yatangaje ko mu cyumweru gitaha inoti nshya ya 500 Frw n’iya 1000 Frw zizatangira gukoreshwa
UBUKUNGU

Banki Nkuru y’u Rwanda, BNR, yatangaje ko mu cyumweru gitaha inoti nshya ya 500 Frw n’iya 1000 Frw zizatangira gukoreshwa

Ubwanditsi 07 Feb 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru