• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»“Ndabasaba  gufata neza ibikoresho muhawe no kubikoresha neza kugira ngo mwiteze imbere” Busingye.

“Ndabasaba  gufata neza ibikoresho muhawe no kubikoresha neza kugira ngo mwiteze imbere” Busingye.

Editorial 23 May 2018 Mu Rwanda

Umunyamabanga uhoraho wa AJPRODHO–JIJUKIRWA Busingye Antony yashimira abanyeshuri bahuguwe bakaba bagiye guhabwa ibikoresho  ati”ubwitange no kwishakamo ibisubizo mwagaragaje mugatangira gukora mbere yo kubona ibikoresho, ndabasaba gufata neza ibikoresho muhawe no kubikoresha neza kugira ngo mwiteze imbere.

Ni kuri uyu wa kabiri tariki 22 Gicurasi, 2018 umuryango w’urubyiruko ruharanira uburenganzira bwa muntu n’iterambere (Association de la Jeunesse pour la Promotion des Droits de l’Homme et développement (AJPRODHO–JIJUKIRWA) washyikirije ibikoresho bitandukanye abanyeshuri bize imyuga.

Urubyiruko rwibumbiye mu makoperative agera kuri 13 rukaba rwari rumaze imyaka itatu rwigishwa imyuga itandukanye irimo ubudozi, guteka, gusudira, ubukandishi, kogosha ndetse no gusuka, binyuze mu mushinga wa YES project watangiye mu mwaka wa 2015.

Bayingana Emmanuel  umuyobozi w’akarere wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage wari ahagarariye akarere ka Kicukiro yashimiye AJPRODHO–JIJUKIRWA  n’umuryango w’ubumwe bw’uburayi (European Union) ku gikorwa cy’indashyikirwa bakoze cyo gutanga ibikoresho .

Akomeza agira ati” abahuguwe cyane cyane abo muri Kicukiro bigiye gutuma bakora bakiteza imbere kandi bizanagabanya ubushomeri muri Kicukiro, kandi ko abahawe ibikoresho babibyaza umusaruro bakiteza imbere”.

Umwe mu bahawe ibi bikoresho Umutesi Francine yagize ati “ twishimiye iki gikorwa cya AJPRODHO–JIJUKIRWA kuko ibi bikoresho duhawe bishadufasha mu kwiteza imbere  .

Akomeza avuga ko imashini bahawe zidoda  zizabafasha kubera ko imashini bakoreshaga babaga bazikodesheje  kandi zari nke. Ati”tubonye imashini zacu bwite tugiye gukora turusheho kwiteza imbere kandi turashimira AJPRODHO–JIJUKIRWA  n;umuryango w’ubumwe bw’uburayi”.

Ibikoresho byatanzwe n’uyu  mushinga wa YES Project ni ibikoresho by’ibanze birimo iby’ubudozi, guteka, ubukanishi, gusudira, amashanyarazi . kogosha  no gusuka bikaba bifite agaciro k’amafaranga y’u Rwanda arenga Milliyoni 50.

Nkundiye Eric Bertrand

 

2018-05-23
Editorial

IZINDI NKURU

Mushimiyimana, umugore wiyubakiye imiturirwa irimo n’ufite amagorofa arindwi, aravuga imyato ubuyobozi bwiza

Mushimiyimana, umugore wiyubakiye imiturirwa irimo n’ufite amagorofa arindwi, aravuga imyato ubuyobozi bwiza

Editorial 08 Mar 2018
Ibyo u Bwongereza busaba u Rwanda kugirango bwohereze abakekwaho uruhare muri Jenoside

Ibyo u Bwongereza busaba u Rwanda kugirango bwohereze abakekwaho uruhare muri Jenoside

Editorial 09 Aug 2017
Perezida Kagame, Salva Kiir, Nkurunziza … bategerejwe muri Tanzania

Perezida Kagame, Salva Kiir, Nkurunziza … bategerejwe muri Tanzania

Editorial 06 Sep 2016
Perezida  JOSEPH KABILA n’umuryango we bigwijeho umutungo utubutse aho gukorera igihugu

Perezida JOSEPH KABILA n’umuryango we bigwijeho umutungo utubutse aho gukorera igihugu

Editorial 19 Dec 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Amavubi yahagurukanye abakinnyi 18 yerekeje muri Madagascar  gukina imikino ibiri ya gicuti
Amakuru

Amavubi yahagurukanye abakinnyi 18 yerekeje muri Madagascar gukina imikino ibiri ya gicuti

Editorial 18 Mar 2024
Usengimana yafashije APR FC gutsinda Bugesera FC ishyiramo amanota atandatu
IMIKINO

Usengimana yafashije APR FC gutsinda Bugesera FC ishyiramo amanota atandatu

Editorial 13 Jan 2020
Perezida Kagame yagaragaje ko guha imbaraga urwego rw’abikorera byakwihutisha igerwaho rya SDGs
UBUKUNGU

Perezida Kagame yagaragaje ko guha imbaraga urwego rw’abikorera byakwihutisha igerwaho rya SDGs

Editorial 12 Dec 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru