• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Amerika : Igisirikare cyo mu kirere gihangayikishijwe bikomeye na missiles z’ubwirinzi (S-400) z’u Burusiya n’u Bushinwa

Amerika : Igisirikare cyo mu kirere gihangayikishijwe bikomeye na missiles z’ubwirinzi (S-400) z’u Burusiya n’u Bushinwa

Ubwanditsi 23 May 2018 ITOHOZA

Urwego rw’ubwirinzi mu kirere u Burusiya n’u Bushinwa bifite ngo busobanuye ko indege zigezweho za Amerika zishinzwe kugenzura ikirere zishobora guhanurwa ku munsi wa mbere w’intambara igihe yaba yadutse hagati y’ibi bihugu by’ibihangange kw’isi, bikaba byatuma Abanyamerika barwana buhumyi ku rugamba rwo hasi nk’uko byatangajwe n’umunyamabanga ushinzwe igisirikare cyo mu kirere cya Leta Zunze Ubumwe za Amerika, USAF.

Umunyamabanga ushinzwe igisirikare cyo mu kirere, Heather Wilson, akaba yatangarije ibi komite ishinzwe ubwirinzi ya Senat ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika, avuga ko n’amavugurura bateganya ku ndege zabo, agaragaza ko ikoranabuhanga ry’Abarusiya n’Abashinwa risobanuye ko zizaba ari igipimo cyoroshye nk’uko byatangajwe na Air Force Times.

Madamu Heather Wilson akaba yavugaga ku ndege y’intambara ikoreshwa nka radar ishinzwe gukusanya amakuru ikayaha abasirikare bari ku butaka yiswe E-8C JSTARS.

Iyi nkuru iravuga ko igisirikare cyo mu kirere kitari kumvikana n’abagize Senat bashaka gusimbuza iyi ndege ya JSTARS izindi ndege nshya 17 nubwo cyo kitabishaka.

Igisirikare cyo mu kirere ahubwo cyon go kikaba cyifuza kwihutisha umugambi wacyo w’uburyo butembeye imbere bwo guhangana n’urugamba. Ubu buryo bukaba bugamije guhuriza hamwe ikoreshwa ry’indege zifite abapilote, izidatwarwa n’abapilote zizwi nka drones, ndetse n’ibyogajuru kugirango bagere ku rwego nk’urwo abakeba bariho.

Abagize Senat badakozwa uyu mugambi nabo bakaba bavuga ko batazawutera inkunga y’imari irenze 50% mu gihe JSTARS yaba ishyizwe ku ruhande.

Heather Wilson mu cyumweru gishize akaba yarakomeje gushimangira ko nubwo indege za JSTARS zavugururwa zikongererwa ikoranabuhanga zitahangana n’ubwirinzi bw’Abarusiya n’Abashinwa mu gihe cy’intambara. Avuga ko missile z’Abarusiya n’Abashinwa ziraswa mu kirere zivuye ku butaka (surface-to-air missiles) zifite ubushobozi bwo kugera kure cyane kubw’ibyo indege yabo ikaba yahanurwa ku munsi wa mbere w’urugamba.

Leta Zunze Ubumwe za Amerika zikaba ngo zizi ubwirinzi bwo mu kirere bw’u Burusiya ndetse na missiles zabwo z’ubwirinzi zizwi nka S-400 kugeza ubu zifatwa nk’iza mbere ku Isi zishobora kurasa ikintu kiri mu birometero 400 mu kirere.

Mu kwezi gushize, u Bushinwa nabwo bwabashije kugura ubu bwirinzi bwa S-400 bituma buba igihugu cya kabiri gihanganye na Leta Zunze Ubumwe za Amerika gitunze iri koranabuhanga rikataje. Bikavugwa ko S-400 ihangayikishije ubuyobozi bw’ingabo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika bukaba buri gushaka uko bwaziba iki cyuho.

Mu gihe rero ngo kuri ubu u Burusiya bushaka kuzamura ubushobozi bwa S-400 bagakora S-500, birasaba ko Leta Zunze Ubumwe za Amerika n’inshuti zazo muri NATO, bongera umuvuduko kuko Abarusiya bashaka gushyira S-500 ku rwego rwo kurasa mu birometero 600 mu kirere akaba ari intera ndende cyane ku buryo nta kintu cyabasha kuvogera ikirere cy’u Burusiya.

 

 

 

2018-05-23
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Gereza ya Kimironko imfungwa zikomeje gutoroka kubera uburangare

Gereza ya Kimironko imfungwa zikomeje gutoroka kubera uburangare

Ubwanditsi 27 Dec 2016
RNC : Abagore b’ibigarasha mu Bubiligi mu mihango yo gupfobya  Jenoside yakorewe Abatutsi

RNC : Abagore b’ibigarasha mu Bubiligi mu mihango yo gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi

Ubwanditsi 01 May 2017
Abatavuga rumwe na Leta ya Nkurunziza basabye abakuru b’ibihugu bya EAC gufatira ibihano Leta y’u Burundi

Abatavuga rumwe na Leta ya Nkurunziza basabye abakuru b’ibihugu bya EAC gufatira ibihano Leta y’u Burundi

Ubwanditsi 31 Jan 2019
Ruhango: Uwarokotse Jenoside yasanze grenade ku muryango iwe nyuma y’iminsi ahasanze umusaraba

Ruhango: Uwarokotse Jenoside yasanze grenade ku muryango iwe nyuma y’iminsi ahasanze umusaraba

Ubwanditsi 10 Apr 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Depite Björn Anseeuw yavuze ko kuba Laure Uwase akiri muri Komisiyo yiga kuri Kongo ari agahomamunwa kuri Komisiyo ubwayo inteko ishinga amategeko n’Ububiligi muri rusange
Amakuru

Depite Björn Anseeuw yavuze ko kuba Laure Uwase akiri muri Komisiyo yiga kuri Kongo ari agahomamunwa kuri Komisiyo ubwayo inteko ishinga amategeko n’Ububiligi muri rusange

Ubwanditsi 14 Oct 2020
Abanyekongo bavuga ikinyarwanda, cyane cyane abo mu bwoko bw’Abatutsi, barimo kwicirwa mu bigo bya gisirikari, bitwa intasi z’ u Rwanda
Amakuru

Abanyekongo bavuga ikinyarwanda, cyane cyane abo mu bwoko bw’Abatutsi, barimo kwicirwa mu bigo bya gisirikari, bitwa intasi z’ u Rwanda

Ubwanditsi 02 Jun 2022
Urunturuntu ku rupfu rw’Umupolisi Mukuru muri Uganda, AIGP Kaweesi
ITOHOZA

Urunturuntu ku rupfu rw’Umupolisi Mukuru muri Uganda, AIGP Kaweesi

Ubwanditsi 09 Nov 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru