• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Mahama: Imirambo y’impunzi z’Abarundi zatwawe n’Akagera zagiye gutashya ikomeje kubura

Mahama: Imirambo y’impunzi z’Abarundi zatwawe n’Akagera zagiye gutashya ikomeje kubura

Ubwanditsi 24 May 2018 INKURU NYAMUKURU

Umusore w’umurundi na mugenzi we w’umukobwa, bose b’impunzi mu Nkambi ya mahama kuri uyu wa Kabiri ushize batwawe n’Akagera ubwo bari bagiye gutashya inkwi, kugeza kuri uyu wa Gatatu imirambo yabo ikaba yari itaraboneka.

Izi mpunzi z’Abarundi zatwawe n’amazi y’Akagera ni Simeon Ahishakiye w’imyaka 24 na Emmanuela Nsengiyaremye w’imyaka 18. Aba ngo bakaba bari bagiye gutashya inkwi ku nkengero z’Uruzi rw’Akagera bitewe n’uko inwki bahabwa na HCR ngo zidahagije.

Iki kibazo cy’inkwi mu Nkambi ya Mahama kikaba kiri mu bihangayikishije izi mpunzi z’Abarundi zivuga ko n’amakara agura amafaranga 14,000frw. Ziragira ziti: “Arahenze cyane kuri twe impunzi. Polisi yatubujije kugura imifuka y’aakara iturutse muri Tanzania mu gihe aramba kandi akaba ahendutse. Nta yandi mahitamo dufite usibye kujya gutashya.”

Nk’uko umwe muri izi mpunzi avuga, ngo n’izindi mpunzi zishobora kuzatwarwa n’amazi y’uru ruzi kubera ko iki kibazo cy’ibura ry’inkwi kitarakemuka. Ziragira ziti: “Ikibazo cy’inkwi zo gutekesha kiriho kuva twagera mu nkambi. Usibye ko mbere twajyaga kuzishaka mu ishyamba mu nkengero cyangwa mu baturanyi bamwe b’Abanyarwanda. Ushobora kubona icyo kurya ukabura inkwi! HCR iduha inkwi zitarenza icyumweru. Uyu mugezi uraza gutwara izindi mpunzi kubera ko nta yandi mahitamo dufite.”

Amakuru agera kuri Rushyashya, aravuga ko, mu nama yabaye kuri uyu wa Gatatu, itariki 23 Gicurasi 2018,  iyobowe na Paul Kenya, uhagarariye HCR mu nkambi ya Mahama, intumwa ya minisiteri ishinzwe impunzi mu nshingano zayo ndetse n’abahagarariye imiryango itandukanye ikorera muri iyi nkambi, impunzi zabujijwe kwegera Akagera, zigasabwa kujya ziyoboka amakoperative acuruza amakara nk’uko umwe mu bashinzwe umutekano mu nkambi abitangaza.

Izi mpunzi zikaba zitanyuzwe zigasaba ko ahubwo bazireka zikajya zigura amakara ava muri Tanzania kubera ko akomeye kandi ahendutse. Amakuru atangwa na bamwe mu bashinzwe umutekano akaba avuga ko gutumiza amakara muri Tanzania byakozwe ku mpamvu z’umutekano w’impunzi. Hagati aho abahagarariye imiryango itandukanye ikorera muri iyi nkambi bakomeje gushakisha izi mpunzi zarohamye ngo ishyingurwe.

 

2018-05-24
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Bimwe mu bikorwa by’ubushotoranyi Perezida Museveni yakoreye u Rwanda mu myaka 10 ishize, ariko bitamuhiriye

Bimwe mu bikorwa by’ubushotoranyi Perezida Museveni yakoreye u Rwanda mu myaka 10 ishize, ariko bitamuhiriye

Ubwanditsi 11 Dec 2021
Colonel Tom Byabagamba arashinjwa ruswa no kugerageza gutoroka Gereza

Colonel Tom Byabagamba arashinjwa ruswa no kugerageza gutoroka Gereza

Ubwanditsi 10 Apr 2020
Imodoka zitwaye imirambo y’abasirikari b’Afrika y’Epfo n’abakomerekeye ku rugamba muri Kongo iragezwa iwabo inyuze mu Rwanda igana Entebbe muri Uganda

Imodoka zitwaye imirambo y’abasirikari b’Afrika y’Epfo n’abakomerekeye ku rugamba muri Kongo iragezwa iwabo inyuze mu Rwanda igana Entebbe muri Uganda

Ubwanditsi 07 Feb 2025
Gen. Kayihura yasubijemo umwambaro wa gisirikare, harakurikiraho iki ?

Gen. Kayihura yasubijemo umwambaro wa gisirikare, harakurikiraho iki ?

Ubwanditsi 15 Mar 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uwububa abonwa n’uhagaze : Isano iri hagati ya Kayumba Nyamwasa na Kampala
INKURU NYAMUKURU

Uwububa abonwa n’uhagaze : Isano iri hagati ya Kayumba Nyamwasa na Kampala

Ubwanditsi 01 Oct 2019
REG VC na APR WVC begukanye igikombe cy’irushanwa ry’ubutwari 2023 mu mukino wa Volleyball
Amakuru

REG VC na APR WVC begukanye igikombe cy’irushanwa ry’ubutwari 2023 mu mukino wa Volleyball

Ubwanditsi 30 Jan 2023
Amakipe y’u Rwanda ari gukina Afro Basketball muri Afurika y’Epfo ntiyabashije kurenga 1/4
Amakuru

Amakipe y’u Rwanda ari gukina Afro Basketball muri Afurika y’Epfo ntiyabashije kurenga 1/4

Ubwanditsi 12 Sep 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru