• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

 
You are at :Home»UBUKERARUGENDO»Ibirori by’itangizwa ry’ingendo za RwandAir i Abuja

Ibirori by’itangizwa ry’ingendo za RwandAir i Abuja

Ubwanditsi 29 May 2018 UBUKERARUGENDO

Sosiyete Nyarwanda ikora ingendo zo mu Kirere, RwandAir, yatangije ku mugaragaro, izigana i Abuja mu Murwa mukuru wa Nigeria, icyerekezo cya kabiri igize muri icyo gihugu nyuma ya Lagos ifatwa nk’umujyi w’ubucuruzi.

Urugendo rwa mbere ruva i Kigali rwerecyeza i Abuja rwakozwe nyuma y’uburenganzira RwandAir yahawe bwo gukorera ku bibuga byose by’indege muri Nigeria no kuhafata abagenzi ikabajyana ahandi muri Afurika.

Aya masezerano yashyiriweho umukono i Kigali ku wa 26 Werurwe 2018 hagati y’Umunyamabanga wa Leta ushinzwe gutwara Abantu n’Ibintu muri Minisiteri y’Ibikorwa remezo, Jean de Dieu Uwihanganye n’Ushinzwe Ubwikorezi bw’Indege muri Nigeria, Sen. Hadi Abubakar Sirika.

Ibirori byo gutangiza ingendo za RwandAir i Abuja byabereye muri “Hilton Hotel Abuja” muri Nigeria, ku wa 25 Gicurasi 2018, witabiriwe n’abanyacyubahiro batandukanye biganjemo abahagarariye inzego zigenzura ibijyanye n’ingendo zo mu kirere muri iki gihugu.

Umuyobozi Mukuru wungirije ushinzwe Ibikorwa muri RwandAir, Lt.Col. Silver Munyaneza, yashimiye Nigeria yemereye u Rwanda gutangizayo ingendo, avuga ko bizarufasha nk’igihugu kidakora ku nyanja.

Yagize ati “Mu nzira yo kwaguka no kugaba amashami, RwandAir yafunguye izindi ngendo i Cotonou, mu rwego rwo gufasha abajya muri Afurika yo Hagati n’Uburengerazuba nka Abidjan, Dakar, Libreville, Brazzaville na Douala. Nishimiye kubamenyesha ko turi mu nzira zo kongeraho i Bamako na Conakry, ku rutonde rw’aho abavuye i Cotonou bashobora kwerekeza, mu mpera za 2018.”

Yakomeje ati “Gufungura icyerecyezo cya Abuja bizazamura ubucuruzi n’ishoramari hagati y’ibihugu byombi, kandi binahuze Abuja n’ahandi hasigaye ku Mugabane wa Afurika, Aziya, Uburengerazuba bwo Hagati n’u Burayi.”

Yakomeje avuga ko mu rwego rwo gufasha abagenzi bajya mu byerekezo bitandukanye, RwandAir iri gutegura gutangiza ingendo zigana mu byerekezo bitandukanye muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Ambasaderi w’u Rwanda muri Nigeria, Stanislas Kamanzi, yavuze ko gutangiza izo ngendo bizongera urujya n’uruza rw’abagenzi mu bihugu byombi ndetse no ku Isi muri rusange kandi ko byuzuza intego z’abakuru b’ibihugu bashyizeho mu rwego rwo guteza imbere ubuhahirane no gukorana bya hafi.

Ati “Mwese murabyibuka ko imwe mu mpinduka zigamijwe muri uku guhuza ibyerekezo, kwari ugushyiraho isoko rimwe ry’ubwikorezi rikorwa n’ibigo by’ubwikorezi mu kirere cya Afurika, hagamijwe gushyiraho uburyo bwo gukuraho icyuho mu bwikorezi bwo mu kirere ku mugabane, nk’imwe mu mbogamizi ku buhahirane n’ubucuruzi.”

Kuri ubu, RwandAir izajya yerekeza i Abuja inshuro enye mu cyumweru (ku wa Mbere, ku wa Gatatu, ku wa Gatanu no ku Cyumweru) ariko hari intego yo kuzongera bitarenze uyu mwaka.

Mu 2010 ibihugu byombi byari byasinyanye amasezerano y’ubufatanye yo kwemerera RwandAir gukorera ingendo i Lagos ihagurutse i Kigali, izitangira mu 2012.

Abuja ni icyerecyezo cya 25 RwandAir ikoreramo ingendo, mu kwezi gutaha hakazafungurwa ingendo zigana Cape Town muri Afurika y’Epfo. RwandAir inagera mu Burayi aho ikorera ingendo i Bruxelles mu Bubiligi na London mu Bwongereza, ikerekeza mu mujyi wa Mumbai mu Buhinde ndetse irateganya ingendo zigana New York muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika na Guangzhou mu Bushinwa.

Aya masezerano ari muri gahunda y’icyerekezo cya Afurika 2063, mu bijyanye no koroshya urujya n’uruza rw’abantu n’ibintu ndetse no gushyiraho isoko rihuriweho mu bwikorezi bw’indege.

RwandAir yatangije ku mugaragaro ingendo zerecyeza i Abuja

Ibirori byo gutangiza ingendo za RwandAir i Abuja byitabiriwe n’abantu b’ingeri zitandukanye

Ambasaderi w’u Rwanda muri Nigeria, Stanislas Kamanzi (uwa kane uturutse iburyo) mu bitabiriye ibirori byo gutangiza ingendo za RwandAir mu Mujyi wa Abuja

2018-05-29
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Uganda Airlines igiye gutangirira ingendo mu bihugu bitatu mu Karere mugihe ivugwamo politiki ishaje ya Museveni

Uganda Airlines igiye gutangirira ingendo mu bihugu bitatu mu Karere mugihe ivugwamo politiki ishaje ya Museveni

Ubwanditsi 25 Jul 2019
AMAFOTO – Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame bitabiriye igitaramo cya John Legend cyabereye muri BK Arena

AMAFOTO – Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame bitabiriye igitaramo cya John Legend cyabereye muri BK Arena

Ubwanditsi 22 Feb 2025
Impano z’abakiri bato bavuye mu bihugu 14 bya Afurika, barahurira mu Rwanda mu mikino ya FIBA U16 AfroBasket 2025

Impano z’abakiri bato bavuye mu bihugu 14 bya Afurika, barahurira mu Rwanda mu mikino ya FIBA U16 AfroBasket 2025

Ubwanditsi 29 Aug 2025
Umuyobozi mukuru wungirije muri RDB, Nelly Mukazayire yahuye n’umuyobozi wa PSG Nasser Al-Khelaifi mu kwishimira umubano w’impande zombi

Umuyobozi mukuru wungirije muri RDB, Nelly Mukazayire yahuye n’umuyobozi wa PSG Nasser Al-Khelaifi mu kwishimira umubano w’impande zombi

Ubwanditsi 01 Jun 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

CNLG yongeye gutunga agatoki  ku bakoze Jenoside bugamye mu mahanga
POLITIKI

CNLG yongeye gutunga agatoki ku bakoze Jenoside bugamye mu mahanga

Ubwanditsi 14 Jun 2017
Umutoza wa Rayon Sports yizeye gusezerera ikipe ya Costa Do Sol
IMIKINO

Umutoza wa Rayon Sports yizeye gusezerera ikipe ya Costa Do Sol

Ubwanditsi 15 Apr 2018
Inzego z’Ubutabazi zo muri Indoneziya zakuye ibice by’imibiri, imyenda ndetse n’ibisigazwa by’ibyuma mu nyanja ya Java, nyuma y’umunsi umwe Boeing 737 ikoze impanuka muri iki gihugu
Amakuru

Inzego z’Ubutabazi zo muri Indoneziya zakuye ibice by’imibiri, imyenda ndetse n’ibisigazwa by’ibyuma mu nyanja ya Java, nyuma y’umunsi umwe Boeing 737 ikoze impanuka muri iki gihugu

Ubwanditsi 10 Jan 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru