• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Abakinnyi ba Rayon Sports bacitsemo ibice, hari abadashaka umutoza

Abakinnyi ba Rayon Sports bacitsemo ibice, hari abadashaka umutoza

Ubwanditsi 06 Jun 2018 IMIKINO

Rayon Sports idahagaze neza muri shampiyona, iravugwamo umwuka mubi aho igice kimwe cy’abakinnyi cyamaze kumenyesha abayobozi ko kitagishaka umutoza Ivan Minnaert.

Yaba iri mu bihe byiza cyangwa ibibi, biragoye ko Rayon Sports yamara amezi atatu umwuka ari mwiza, abakinnyi, abatoza, abayobozi, abafana n’abaterankunga batahiriza umugozi umwe.

Nyuma y’agahenge kari kamaze iminsi, umwuka mubi wongeye kuzamuka muri iyi kipe idahagaze neza muri shampiyona aho itsinda ry’abakinnyi batishimye, bamaze kumenyesha ubuyobozi ko badashaka umutoza Ivan Minnaert.

Mu bakinnyi batanu baganiriye na IGIHE, dukesha iyi nkuru babiri bahurije ku kuba umutoza ‘abavangira ndetse agira abakinnyi be, akunda anahoza mu kibuga kabone n’iyo baba batameze neza’ ikaba ari imwe mu mpamvu ziri gutuma umusaruro ukomeje kubura.

Umwe yagize ati “Nitwe twisabiye ko umutoza agenda. Hari ibyemezo afata ukabona ko ashaka guteranya abakinnyi.”

Undi wo mu bashyigikiye umutoza, yagize ati “Njye ndi muri Rayon Sports nk’umukinnyi, nta kidasanzwe umutoza adusaba uretse kwitanga, tugakina. Gusa iyo urebye ibyo abakinnyi bamwe bari gukora, ubona ko hari ikibazo, nta bushake bashyiramo.”

Nyuma yo gutsindwa n’Amagaju FC ibitego 2-1 kuri uyu wa Kabiri kuri Stade Amahoro, nk’uko bisanzwe abayobozi barimo Umunyamabanga Itangishaka King Bernard n’abahagarariye amatsinda y’abafana, bagiye kwakira ikipe ku Kimihurura.

Nk’uko umwe mu bari bahari yabivuze mu gihe bari bamaze kwicara, batangiye kwiyakira, haje uwitwa Rutagambwa Martin wigeze kuba Visi Perezida wa Rayon Sports ikiyoborwa na Gacinya Dennis, wavuze ko bitarenze kuri uyu wa Gatatu, Ivan (nawe wari uhari) atazaba akiri umutoza w’iyi kipe.

Ayo magambo yateje ikibazo hagati y’abari bagiye kwakira ikipe, bamwe bemeranywa na Rutagambwa ariko ngo Itangishaka King ababwira ko nta n’umwe ufite uburenganzira bwo kwirukana umutoza kuko Atari bo bayobozi ahubwo bagomba gutegereza Perezida Muvunyi, umaze iminsi hanze y’igihugu akaba agomba kuza kuri uyu wa Kane tariki 7 Kamena akaba ariwe uzanzura icyakorwa.

Umwuka mubi nturi mu bakinnyi n’abayobozi gusa kuko n’abafana ku mukino w’Amagaju FC bavugirije induru umutoza bamwereka ko batamwishimiye ndetse ku nshuro ya mbere uyu mwaka, ntibigeze bakomera ikipe amashyi nk’uko basanzwe babigenza.

Rayon Sports igifite urugamba rukomeye mu gushaka igikombe cya shampiyona gisa n’igikomeje kuyijya kure, igomba gusura Musanze FC tariki 8 Kamena mu mukino wa nyuma mu y’ibirarane, bikaba biteganyijwe ko ikora imyitozo mu Nzove saa 15:00 kuri uyu wa Gatatu.

Rayon Sports yongeye kuvugwamo umwuka mubi

2018-06-06
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ikipe y’igihugu ya Misiri igeze ku mukino wa Nyuma w’igikombe cya Afurika nyuma yo gusezerera Cameroon kuri penaliti 3-1

Ikipe y’igihugu ya Misiri igeze ku mukino wa Nyuma w’igikombe cya Afurika nyuma yo gusezerera Cameroon kuri penaliti 3-1

Ubwanditsi 04 Feb 2022
AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah

AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah

Ubwanditsi 02 Dec 2025
Liverpool yatsinze Tottenham, yegukana UEFA Champions League ku nshuro ya gatandatu (Amafoto)

Liverpool yatsinze Tottenham, yegukana UEFA Champions League ku nshuro ya gatandatu (Amafoto)

Ubwanditsi 02 Jun 2019
U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20

U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20

RUSHYASHYA 09 May 2026

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Urukiko rw’i Kampala muri Uganda rwategetse abasirikari b’icyo gihugu  guha amahoro umunyapolitiki Bobi Wine, bakava mu rugo rwe bari bamaze igihe bagose.
Amakuru

Urukiko rw’i Kampala muri Uganda rwategetse abasirikari b’icyo gihugu  guha amahoro umunyapolitiki Bobi Wine, bakava mu rugo rwe bari bamaze igihe bagose.

Ubwanditsi 25 Jan 2021
Abanyapolitiki bifuza kuyobora bakazitirwa n’intege nke bafite
HIRYA NO HINO

Abanyapolitiki bifuza kuyobora bakazitirwa n’intege nke bafite

Ubwanditsi 10 Jan 2018
Uganda: Abadepite bacyuye igihe bagiye guhabwa akayabo
Mu Mahanga

Uganda: Abadepite bacyuye igihe bagiye guhabwa akayabo

Ubwanditsi 19 May 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru