• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yavuze ku mvururu zatumye umukino wa Bugesera na Rayon Sports uhagararira ku munota wa 52   |   17 May 2025

  • Rwanda Premier league igiye guhemba abahize abandi Muri shampiyona y’u Rwanda 2024-2025   |   16 May 2025

  • Gutwara igikombe cy’Amahoro atsinze Rayon Sports ku mukino wa nyuma, bimwe mubyo Darko Novic watandukanye na APR FC azibukirwaho   |   14 May 2025

  • Mu gihe gisaga icyumweru kimwe, I Kigali harabera BAL ya 5 izitabirwa n’amakipe arimo APR BBC yo mu Rwanda   |   13 May 2025

  • Ingabo za Afurika y’Epfo Zavanye Ipfunwe muri Congo mu Gikorwa cya SAMIDRC   |   12 May 2025

  • Amakipe ya Police WVC na APR VC yegukanye igikombe cya shampiyona y’u Rwanda muri Volleyball 2024-2025   |   12 May 2025

 
You are at :Home»IMIKINO»U Burusiya bwafunguye Igikombe cy’Isi bwandagaza Arabia Saoudite

U Burusiya bwafunguye Igikombe cy’Isi bwandagaza Arabia Saoudite

Editorial 15 Jun 2018 IMIKINO

Ikipe y’igihugu y’u Burusiya ibifashijwemo na Yuri Gazinskiy, Denis Cheryshev na Artem Dzyuba, yatangiye irushanwa ry’igikombe cy’Isi inyagira Arabia Saoudite ibitego bitanu ku busa imbere y’abafana 78,011.

Uyu mukino ufungura wabaye ku mugoroba wo kuri uyu wa Kane kuri Stade ya Luzhniki, wakurikiwe n’abanyacyubahiro batandukanye nka Perezida w’u Burusiya Vladimir Putin, uwa FIFA Gianni Infantino, uw’u Rwanda Paul Kagame, Igikomangoma cya Arabia Saoudite Mohammed bin Salman n’abandi.

Nyuma y’imyaka ine u Budage bwegukanye igikombe cy’Isi muri Brazil, abakunzi b’umupira w’amaguru bongeye kuryoherwa n’iri rushanwa rikundwa kurusha ayandi yose.

U Burusiya bwanyagira Arabia Saoudite ibitego bitanu ku busa harimo icya Yuri Gazinskiy ku munota wa 12 ku mupira mwiza yahawe na Aleksandr Golovin ahita awohereza mu rushundura n’umutwe.

Mu bijyanye no kwiharira umukino, Arabia Saouditeniyo yakunze kuba iri imbere ariko u Burusiya bwakiniraga mu rugo bwagiye bukoresha neza amahirwe bubonye mbere yo kujya kuruhuka; Denis Cheryshev wari winjiye asimbuye Alan Dzagoev wavunitse, atsinda igitego cya kabiri ku mupira yari ahawe na Roman Zobnin.

Mu gice cya kabiri, Arabia Saouditeyashatse kugaruka mu mukino ibifashijwemo n’impinduka umutoza Juan Antonio Pizzi yari akoze akuramo Abdullah Otayf akinjiza Fahad Al-Muwallad ariko ku munota wa 70 umutoza Stanislav Cherchesov nawe yakoze impinduka akuramo Fedor Smolov yinjiza Artem Dzyuba wahise anatsinda igitego cya gatatu nyuma y’iminota ibiri gusa mu kibuga.

Arabia Saoudite yagiye ikora impinduka zitandukanye Yahya Al Shehri aha umwanya Hattan Sultan Babhir, Mohammed Al-Sahlawi aha umwanya Mohanad Asiri, gusa zose nta cyo zahinduye kuko yaje gutsindwa ibindi bitego bibiri harimo icya Denis Cheryshev ku munota wa 90 n’icya Aleksandr Golovin mu y’inyongera, umukino urangira ari 5-0.

Muri iri tsinda A, umukino wa kabiri uzahuza Misiri na Uruguay ku wa Gatanu tariki 15 Kamena saa 14h00; u Burusiya bukazasubira mu kibuga tariki 19 Kamena bukina na Misiri mu gihe tariki 20 Kamena, Arabia Saoudite izahura na Uruguay.

Uretse umukino wa Misiri na Uruguay uzaba kuri uyu wa Gatanu, hazaba n’uwa Maroc na Iran uzatangira saa 17h00 mu gihe umukino w’ishiraniro uzaba saa 20h00 hagati ya Espagne iri mu bihugu bihabwa amahirwe na Portugal ya Cristiano Ronaldo ifite igikombe cyo ku mugabane w’u Burayi cya 2016.

 

Alan Dzagoev w’u Burusiya ahanganiye umupira na Omar Hawsawi wa Arabia Saoudite

 

Denis Cheryshev yinjiye asimbuye atsinda ibitego bibiri

 

Abakinnyi b’u Burusiya bishimanye n’abafana batsinze igitego

 

Yuri Gazinsky wanditse amateka yo gutsinda igitego cya mbere mu gikombe cy’Isi cya 2018

 

Yuri yatsinze igitego n’umutwe ku mupira yari ahawe neza na Aleksandr Golovin

 

2018-06-15
Editorial

IZINDI NKURU

Nyuma y’imyaka 8, APR FC yegukanye igikombe cy’Amahoro 2025 itsinze Rayon Sports 2-0

Nyuma y’imyaka 8, APR FC yegukanye igikombe cy’Amahoro 2025 itsinze Rayon Sports 2-0

Editorial 04 May 2025
Minisiteri ya Siporo yahaye uruhushya REG VC na APR VC rwo gutangira imyitozo yitegura irushanwa ry’igikombe cy’ Afurika cy’amakipe yabaye aya mbere iwayo

Minisiteri ya Siporo yahaye uruhushya REG VC na APR VC rwo gutangira imyitozo yitegura irushanwa ry’igikombe cy’ Afurika cy’amakipe yabaye aya mbere iwayo

Editorial 09 Mar 2021
Nyuma ya gusinyira Zanaco FC mu mezi abiri ashize ariko ntahite akine kubera kubura icyangombwa kimwemerera gukorera muri Zambia, Nizeyimana Mirafa yaraye akibonye.

Nyuma ya gusinyira Zanaco FC mu mezi abiri ashize ariko ntahite akine kubera kubura icyangombwa kimwemerera gukorera muri Zambia, Nizeyimana Mirafa yaraye akibonye.

Editorial 24 Apr 2021
Olivier Mulindahabi na Eng Muhirwa bashyikirijwe ubushinjacyaha

Olivier Mulindahabi na Eng Muhirwa bashyikirijwe ubushinjacyaha

Editorial 17 Feb 2016
Nyuma y’imyaka 8, APR FC yegukanye igikombe cy’Amahoro 2025 itsinze Rayon Sports 2-0

Nyuma y’imyaka 8, APR FC yegukanye igikombe cy’Amahoro 2025 itsinze Rayon Sports 2-0

Editorial 04 May 2025
Minisiteri ya Siporo yahaye uruhushya REG VC na APR VC rwo gutangira imyitozo yitegura irushanwa ry’igikombe cy’ Afurika cy’amakipe yabaye aya mbere iwayo

Minisiteri ya Siporo yahaye uruhushya REG VC na APR VC rwo gutangira imyitozo yitegura irushanwa ry’igikombe cy’ Afurika cy’amakipe yabaye aya mbere iwayo

Editorial 09 Mar 2021
Nyuma ya gusinyira Zanaco FC mu mezi abiri ashize ariko ntahite akine kubera kubura icyangombwa kimwemerera gukorera muri Zambia, Nizeyimana Mirafa yaraye akibonye.

Nyuma ya gusinyira Zanaco FC mu mezi abiri ashize ariko ntahite akine kubera kubura icyangombwa kimwemerera gukorera muri Zambia, Nizeyimana Mirafa yaraye akibonye.

Editorial 24 Apr 2021
Olivier Mulindahabi na Eng Muhirwa bashyikirijwe ubushinjacyaha

Olivier Mulindahabi na Eng Muhirwa bashyikirijwe ubushinjacyaha

Editorial 17 Feb 2016
Nyuma y’imyaka 8, APR FC yegukanye igikombe cy’Amahoro 2025 itsinze Rayon Sports 2-0

Nyuma y’imyaka 8, APR FC yegukanye igikombe cy’Amahoro 2025 itsinze Rayon Sports 2-0

Editorial 04 May 2025
Minisiteri ya Siporo yahaye uruhushya REG VC na APR VC rwo gutangira imyitozo yitegura irushanwa ry’igikombe cy’ Afurika cy’amakipe yabaye aya mbere iwayo

Minisiteri ya Siporo yahaye uruhushya REG VC na APR VC rwo gutangira imyitozo yitegura irushanwa ry’igikombe cy’ Afurika cy’amakipe yabaye aya mbere iwayo

Editorial 09 Mar 2021
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024
Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

18 Jun 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru