• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Kirehe: Abakora umwunga w’uburaya bavuga ko bahohoterwa n’abayobozi

Kirehe: Abakora umwunga w’uburaya bavuga ko bahohoterwa n’abayobozi

Ubwanditsi 17 Jun 2018 Mu Rwanda

Kubera gutotweza n’inzego za Leta, abakora uburaya ku mu paka wa Rusumo ho mu Karere ka Kirehe, bavuga ko, bakubitwa bakanafungwa, abeshi bahungira mu bihugu by’abaturanyi nka Tanzaniya, Uganda, abandi bakajya mu mugi wa Kigali.

Niyomubyeyi Annah, avuga ko bishyize hamwe bashinga ishyirahamwe Twiyubake, bose ari 60,  kugirago biteze imbere, bityo bigatuma bashobora kwiyishyurira ubwisungane mu kwivuza, ndetse no kugirango bajye bashake nuko babona inkunga kugirago babone ibyo bakora, bakanashobora  kuva mu buraya, kuko ari umwuga usuzuguritse.

Ati, ‘‘Nkubu bagenzi bacu bafite ubwandu bwa sida bisigaye biborohera kubona imiti, kuko tujya ku Kigo Nderabuzima bakaduha imiti byihuse, bitewe nuko bazi ishyirahamwe ryacu. Naho abadafite ubwandu buri kwezi tukajya kwipimisha, kugirago turebe uko duhagaze,kandi buri wese abikora ku bushake ntagahato ,kuko bamaze kumenya ibyiza bya byo, uretse kudupima ubwandu, banaduha amakarito ane yudukigirizo ku buryo ntawe ushobora gusambana atagafite kuko mu rwego rwo kwirinda, twiyemeje kutazogera gukorera aho, cyane birinda kwandura ubwandu bwa agakoko gatera sida ndetse ninda zitateganyijwe.

Abafite ubwandu mwishyirahamwe ryaco ni 11, ababyaye ni 9, abafite inda bateganya kubyara ni  4.

Uwiduhaye Francine, umwe mu bakora uburaya mu Karere ka Kirehe, akaba anakavukamo, avuga ko bahangayikishijwe n’inzego za Leta, zibakorera itotezwa, harimo kubakubita, gufugwa, ndetse no kubirukana aho batuye mu Midugudu, bababwira ko nta ndaya bashaka aho ngo ziteza umuteka muke, dore nkubu Nyamugari kuri polisi, baherutse gukora umukwabu umukobwa wese wibana bakeka ko ari indaya baramufashe bajya kumufunga.

Ati “Usanga abashinzwe umutekano mu Midugudu tuba dutuyemo, bafatanyije na polisi badufata bakadufunga batubwira go duteza umuteka muke, kandi twubahiriza gahunda zose za leta nka bandi  Banyarwanda bose, kuko twishyura umutekano hamwe n’ubwisungane mu kwivuza mituweri.

Uwiduhaye Francine akomeza avuga ko amaze imyaka ine mu buraya ariko abukora atabukunze arukugirago abone ibimutunga, kuko  atishoboye ntan’ababyeyi agira, ariko abonye ibyo akora yava mu buraya, kuko ari umwunga usuzuguritse kandi harimo ibyago byinshi byo kwandura indwara ya Sida, no kuba wanakwica kuko usanga hari gihe haza umugabo umeze nk’igikoko aho agusambanya yarangiza akanagukubita kuko yabuze ubwishyu cyane nk’abantu batwara amakamyo usanga baba banyoye ibiyobya bwenge.

Ati “abakiriya tubona benshi ni abantu baba baturetse hanze ya Akarere ka Kirehe nk’abatwara amakamyo, ndetse n’abaza gukora mu nkambi ya Mahama, icumbikiye Impunzi z’ABarundi.

Mugabo Frank ushizwe ubuzima mu Akarere ka Kirehe, yatangaje ko abakora uburaya ku mupaka wa Rusumo no mu Karere kose muri rusange, bateje impugenge kuko usanga hari abana bafite imyaka mike nko hagati ya 15-16 bityo ugasanga bihangayikishije kuko umwana ungana atyo, aba akiri muto cyane aba akwiye kuba ari mu ishuri, akaba ari muri urwo rwego Akarere karimo gushakisha abatera nkunga kugirago babashyire mu mashuri y’imyunga, abandi bakuru badashaka kujya muri iyo myuga, bagashakirwa ibyo bakora, nko gucuruza mu masoko, ndetse n’ibindi ibyo ari byo byose Akarere kakaba karabishyize mu Ngengo y’imari y’umwaka utaha wa 2019.

Akarere ka Kirehe ni kamwe mu tugize Intara y’Iburasirazuba, kakaba gakora ku mipaka y’ibihugu by’abaturanyi nka Tanzaniya ndetse n’u Burundi.

Safi Emmanuel

2018-06-17
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Inama ya Komisiyo y’imisifurire ya FERWAFA yahannye abasifuzi bagaragaje imyitwarire itari myiza, harimo n’uwahagaritswe amezi 4

Inama ya Komisiyo y’imisifurire ya FERWAFA yahannye abasifuzi bagaragaje imyitwarire itari myiza, harimo n’uwahagaritswe amezi 4

Ubwanditsi 15 Dec 2021
Burundi : Imyitozo y’Imbonerakure  za CNDD-FDD isa nk’iy’Interahamwe za MRND  ikomeje gutera benshi ubwoba

Burundi : Imyitozo y’Imbonerakure za CNDD-FDD isa nk’iy’Interahamwe za MRND ikomeje gutera benshi ubwoba

Ubwanditsi 21 Nov 2016
Urukiko rw’ikirenga rwemeje yuko ibyo Mbabazi arega Museveni bifite ishingiro

Urukiko rw’ikirenga rwemeje yuko ibyo Mbabazi arega Museveni bifite ishingiro

Ubwanditsi 09 Mar 2016
UGANDA : Perezida Museveni yafunze Kaminuza ya Makerere nyuma y’imyigaragambyo imaze igihe

UGANDA : Perezida Museveni yafunze Kaminuza ya Makerere nyuma y’imyigaragambyo imaze igihe

Ubwanditsi 02 Nov 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

U Rwanda  kwisonga  mu bihugu bifite abaturage banywa ibisindisha byinshi
Mu Rwanda

U Rwanda kwisonga mu bihugu bifite abaturage banywa ibisindisha byinshi

Ubwanditsi 06 May 2018
Impamvu 10 zituma abagore bananirwa kubana n’ abagabo babo
HIRYA NO HINO

Impamvu 10 zituma abagore bananirwa kubana n’ abagabo babo

Ubwanditsi 01 Mar 2016
Amafoto: Nyuma yo gusezerana imbere y’amategeko ndetse no gusaba no gukwa, Umuhanzi Platini yasezeranye imbere y’Imana n’umukunzi we Ingabire Olivia
Amakuru

Amafoto: Nyuma yo gusezerana imbere y’amategeko ndetse no gusaba no gukwa, Umuhanzi Platini yasezeranye imbere y’Imana n’umukunzi we Ingabire Olivia

Ubwanditsi 29 Mar 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru