• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»U Budage bwatsinzwe, Brazil iranganya mu gikombe cy’Isi kirimo gutungurana gukomeye (Amafoto)

U Budage bwatsinzwe, Brazil iranganya mu gikombe cy’Isi kirimo gutungurana gukomeye (Amafoto)

Ubwanditsi 18 Jun 2018 IMIKINO

Igikombe cy’Isi cya 2018 kiracyari mu mikino ya mbere y’amatsinda ariko gikomeje kugaragaza isura itandukanye cyane n’iyo abantu bari biteze, ibihugu bimwe bikomeye binahabwa amahirwe yo kucyegukana bikaba bikomeje gutungurwa.

Kuri iki Cyumweru hari hategerejwe imikino itatu, gusa ibiri yari ihanzwe amaso irimo uw’u Budage bufite igikombe giheruka yahuye na Mexique n’uwa Brazil ifatwa nk’ikipe ikomeye kurusha izindi uyu mwaka yagombaga gutangira irushanwa yisobanura n’u Busuwisi.

Umukino w’u Budage watangiye saa 17:00, nk’ikipe ikomeye itangira ishaka ibitego, Mexique irwana ku izamu ryayo ikanyuzamo igasatira ikoresheje imipira yihuta biza no kuyiha umusaruro, itsinda igitego ku munota wa 35 cya Hirving Lozano irangije yongera irwana ku izamu ryayo iminota 90 irashira.

Umutoza w’iyi kipe yegukanye igikombe cy’Isi mu 2014 itsinze Argentine ku mukino wa nyuma, Joachim Low, yagerageje gukora impinduka zitandukanye Marco Reus asimbura Sami Khedira, Mario Gomez afata umwanya wa Marvin Plattenhardt naho Julian Brandt asimbura Timo Werner gusa byose nta cyo byahinduye ku ikipe ya Mexique yakinanaga ishyaka ryo ku rwego rwo hejuru cyane.

Nyuma y’uyu mukino wari umaze gutungura abatari bake, kuri Rostov Arena hatangiye umukino wa nyuma w’umunsi saa 20:00, Brazil itangira ikina umupira uryoheye ijisho izwiho, Neymar ashimisha abafana n’amacenga ye, ku munota wa 20 biza no kuyihira maze Philippe Coutinho atsinda igitego cya mbere ku ishoti riremereye yatereye inyuma y’urubuga rw’amahina umunyezamu w’u Busuwisi, Yann Sommer, ntiyabasha gukurikira.

Brazil yakomeje kwiharira umupira cyane, inarema uburyo bwinshi imbere y’izamu ry’u Busuwisi gusa rutahizamu Gabriel Jesus ntabashe kubukoresha neza, mu gice cya kabiri ku munota wa 50 Steven Zuber aza kwishyura igitego n’umutwe ku mupira wari uvuye muri corner, umukino uba uhinduye isura.

Tite utoza Brazil yagiye akora impinduka akuramo Casemiro yinjiza Fernandinho, Paulinho asimburwa na Renato Augusto, Gabriel Jesus aha umwanya Roberto Firmino mu rwego rwo kongerera imbaraga ubusatirizi gusa byose biranga, imibare y’umutoza Vladimir Petkovic w’u Busuwisi washakaga inota, iba ariyo igera ku ntego, umukino urangira ari igitego 1-1.

Si Brazil n’u Budage gusa bitunguwe mu bihugu bikomeye kuko na Argentine ya Lionel Messi yahagamwe na Iceland yitabiriye irushanwa bwa mbere ku wa Gatandatu naho u Bufaransa butsinda Australia bigoranye 2-1.

Kuri uyu wa Mbere hategerejwe undi mukino ukomeye uhuza u Bubiligi na Panama, kimwe mu bihugu nabyo bigorana cyane, u Bwongereza bukaza guhura na Tunisia ihagarariye Afurika inahanzwe amaso mu gukiza ikimwaro uyu mugabane dore ko ibihugu byose byawuserukiye bimaze gukina, yaba Misiri, Maroc na Nigeria byatsinzwe bitaninjije igitego.

Imikino yabaye ku Cyumweru tariki 17 Kamena 2018

-  Saa 14 :00 : Costa Rica 0-1 Serbia
-  Saa 17 :00 : U Budage 0-1 Mexique
-  Saa 20 :00 : Brazil 1-1 Switzerland

Imikino iteganyijwe kuri uyu wa Mbere tariki 18 Kamena 2018

-  Saa 14 :00 : Suède – Korea y’Epfo
-  Saa 17 :00 : U Bubiligi- Panama
-  Saa 19 :00 : Tunisia- U Bwongereza

Umusore w’imyaka 26,Zuber, niwe watsinze igitego cyo kwishyura ku ruhande rw’u Busuwisi

Philippe Coutinho yishimira igitego cya mbere ku ruhande rwa Brazil muri iri rushanwa

Coutinho yateye ishoti rikomeye umuzamu w’u Busuwisi ayoberwa aho umupira unyuze

Muri uyu mukino, Neymar yakunze gukorerwaho amakosa menshi

Abakinnyi ba Brazil ntibemeranyije n’umusifuzi ku gitego cy’u Busuwisi cyo kwishyura

Umusore w’u Budage, Toni Kroos, agerageza uburyo yakwishyura igitego ariko biranga

Lozano yatsinze igitego nyuma yo gusiga abakinnyi benshi b’u Budage

Ibyishimo byari byose kuri Lozano wahesheje intsinzi igihugu cye

Umunyezamu w’u Budage, Manuel Neur, ntiyabashije gukiza izamu rye

2018-06-18
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umuhanzi J Cole yemejwe nk’umwe mu bakinnyi bazakinira ikipe ya Patriots BBC mu mikino ya BAL igiye kubera mu Rwanda.

Umuhanzi J Cole yemejwe nk’umwe mu bakinnyi bazakinira ikipe ya Patriots BBC mu mikino ya BAL igiye kubera mu Rwanda.

Ubwanditsi 11 May 2021
Amafoto – Perezida Paul Kagame yitabiriye siporo rusange , aboneraho gusura ibice bitandukanye birimo Biryogo

Amafoto – Perezida Paul Kagame yitabiriye siporo rusange , aboneraho gusura ibice bitandukanye birimo Biryogo

Ubwanditsi 01 May 2022
Rayon Sports iri ku mwanya wa 36, APR FC ku wa 49 mu makipe akomeye muri Afurika

Rayon Sports iri ku mwanya wa 36, APR FC ku wa 49 mu makipe akomeye muri Afurika

Ubwanditsi 10 Oct 2018
Tour du Rwanda 2016: Eyob Metkel yegukanye agace ka Muhanga-Musanze, Valens agumana ‘Maillot Jaune’

Tour du Rwanda 2016: Eyob Metkel yegukanye agace ka Muhanga-Musanze, Valens agumana ‘Maillot Jaune’

Ubwanditsi 18 Nov 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Amerika ishobora gukoresha Museveni  mu mugambi wo gucamo Congo-Kinshasa ibice
POLITIKI

Amerika ishobora gukoresha Museveni  mu mugambi wo gucamo Congo-Kinshasa ibice

Ubwanditsi 17 Nov 2017
Abahakanyi ba Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda bakomeje kugororerwa I Burundi
INKURU NYAMUKURU

Abahakanyi ba Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda bakomeje kugororerwa I Burundi

Ubwanditsi 07 Aug 2020
Abasirikare b’u Rwanda 140 barwanisha imodoka z’intambara  bari kwitegura kwerekeza muri Centrafrika
Mu Rwanda

Abasirikare b’u Rwanda 140 barwanisha imodoka z’intambara bari kwitegura kwerekeza muri Centrafrika

Ubwanditsi 22 Sep 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru