• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Prudence Nsengumukiza akomeje kuba umuyoboro w’interahamwe mu gushaka amaronko   |   20 Apr 2026

  • Perezida Kagame yashimiye amakipe afitanye ubufatanye na Visit Rwanda kubwo kugera muri 1/2 cya Champions League   |   16 Apr 2026

  • Diamond aritegura gutaramira i Kigali mu mpeshyi, mu gitaramo yise ‘Retro Tour’   |   15 Apr 2026

  • Amaherezo y’urubanza rwa Agathe Kanziga azaba ayahe? Azapfa adashyikirijwe ubutabera nk’umugabo we?   |   15 Apr 2026

  • Umutindi ku mutima aba arogoye ijambo rya Perezida Kagame mu Kwibuka, ati “Muribuka ibiki harya?”   |   11 Apr 2026

  • Valens Pappy na DC Clement babere Urugero abandi biyita abanyamakuru babaho ubuzima bw’ikinyoma   |   09 Apr 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Cristiano Ronaldo yabujije Portugal amahirwe akomeye, Espagne yigobotora Maroc bigoranye

Cristiano Ronaldo yabujije Portugal amahirwe akomeye, Espagne yigobotora Maroc bigoranye

Ubwanditsi 26 Jun 2018 IMIKINO

Espagne yigobotoye Maroc bigoranye naho Cristiano Ronaldo ahusha penaliti yari guha Portugal amahirwe yo kuyobora itsinda B kuri uyu wa Mbere mu mikino y’Igikombe cy’Isi kigeze ku munsi wa nyuma mu matsinda aho amakipe ari kurwana ku mahirwe yayo ya nyuma andi ahanganira kuzamuka muri 1/8 ari aya mbere.

Bitandukanye no mu mikino yabanje aho buri umwe wabaga ukwawo, mu rwego rwo kwirinda ko habaho amanyanga imikino yose y’umunsi wa nyuma muri buri tsinda yatangiye kubera isaha imwe.

Espagne itaragaragaza igitinyiro yari ifitiwe mbere y’irushanwa, yanganyije na Maroc bigoranye ibitego 2-2 kuri Kaliningrad Stadium imbere y’abafana 33,973 mu mukino watangiye saa 20 :00 kuri uyu wa Mbere tariki 24 Kamena.

Maroc yari itaratsinda umukino n’umwe, niyo yabanje gufungura amazamu ku munota wa 14 ku gitego cya Khalid Boutaib, cyishyurwa na Isco ku wa 19, Youssef En-Nesyri atsindira Maroc icya kabiri ku munota wa 81, umukino ugera ku munota wa 90 iyi kipe ya Afurika icyizeye intsinzi ariko mu nyongera icyishyurwa na Iago Aspas.

Ku rundi ruhande, Portugal yasabwaga gutsinda igahita iyobora itsinda B, yari ihanganye na Iran kuri Mordovia Arena maze Ricardo Quaresma ayitsindira igitego cya mbere ku munota wa 45 ibona na penaliti yari gutuma yizera intsinzi ku wa 53 gusa Cristiano arayihusha, ku munota wa nyuma Iran nayo ibona penaliti iterwa neza na Karim Ansarifard umukino urangira ari 1-1 bituma izamuka ari iya kabiri inyuma ya Espagne.

Mu itsinda A ari naryo ryabanje gukina saa 16 :00, umukino wari ukomeye wagombaga guhuza Uruguay n’u Burusiya, ibihugu byombi byari byaramaze kwizera itike ya 1/8 bikaba byishakagamo igomba kuriyobora.

Uruguay ikomeje kugaragaza imbaraga nyinshi muri iri rushanwa, yatsinze uyu mukino ku bitego bitatu ku busa harimo icya Luis Suarez ku munota wa 10, icyitsinzwe na Denis Cheryshev w’u Burusiya ku wa 23 n’icya Edinson Cavani ku wa 90 ariko u Burusiya bukaba bwakinnye ari abakinnyi 10 iminota hafi 54 kuko Igor Smolnikov yahawe ikarita itukura.

Mu gihe Uruguay yazamutse ifite amanota yose nta mukino n’umwe itsinzwe, u Burusiya bukaba ubwa kabiri, Misiri yananiwe no gutsinda Arabia Saudite ngo itahe ari iya gatatu.

Iyi kipe yari muri eshanu zaserukiye Afurika, niyo yabanje gufungura amazamu ku gitego cya Mohamed Salah ku munota wa 22 inagobokwa n’umunyezamu Essam El Hadary wakuyemo penaliti ya Arabia Saudite ku wa 41.

Amakosa y’abakinnyi ba Misiri yatumye Arabia Saudite ibona penaliti ya kabiri nyuma y’iminota itatu, iterwa neza na Salman Al-Faraj, umukino ugana ku musozo ku munota wa 90, Salem Al-Dawsari anatsinda igitego cya kabiri cyatumye Salah na bagenzi be bataha nabi.

Kuri uyu wa Kabiri saa 20 :00 hategerejwe cyane umukino uhuza Nigeria na Argentine zishakamo ikipe igomba kuzazamukana na Croatia, Messi na bagenzi be bageze ku mukino wa nyuma mu gikombe cy’Isi giheruka bakaba basabwa gutsinda uyu mukino kugira ngo bagire amanota ane mu gihe no kunganya byatuma Nigeria ikomeza.

Imikino itegerejwe kuri uyu wa Kabiri

-  Saa 16:00: Australia vs Peru
-  Saa 16:00: Denmark vs u Bufaransa
-  Saa 20:00: Iceland vs Croatia
-  Saa 20:00: Nigeria vs Argentina

Quaresma niwe wafunguye amazamu ku ruhande rwa Espagne

Ronaldo yahushije penaliti yari guhesha intsinzi ikipe ye ikazamuka mu itsinda ari iya mbere

Uyu musore yateye ishoti rikomeye ku buryo umuzamu wa Iran yayobewe uko bigenze

Cristiano yishimana na Quaresma nyuma yo gufungura amazamu

Mu minota ya nyuma, Iran yabonye penaliti ndetse irayinjiza birangira ari igitego kimwe kuri kimwe

2018-06-26
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Karekezi Olivier yikomye Seninga Innocent wa Police FC anamuha ubutumwa

Karekezi Olivier yikomye Seninga Innocent wa Police FC anamuha ubutumwa

Ubwanditsi 15 Dec 2017
Uzayobora FIFA  aramenyekana uyu munsi

Uzayobora FIFA aramenyekana uyu munsi

Ubwanditsi 26 Feb 2016
Ikipe y’igihugu ya Sénégal ntigikoreye umwiherero i Kigali yitegutura imikino y’igikombe cya Afurika

Ikipe y’igihugu ya Sénégal ntigikoreye umwiherero i Kigali yitegutura imikino y’igikombe cya Afurika

Ubwanditsi 29 Dec 2021
Abanya Maroc Rharb Youssef na Ayoub bakiniraga ikipe ya Rayon Sports baraye basubiye mu ikipe ya Raja Cassablanca

Abanya Maroc Rharb Youssef na Ayoub bakiniraga ikipe ya Rayon Sports baraye basubiye mu ikipe ya Raja Cassablanca

Ubwanditsi 18 Jan 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Polisi yakoze ubukangurambaga bwo kurwanya ibyaha mu mashuri
Mu Rwanda

Polisi yakoze ubukangurambaga bwo kurwanya ibyaha mu mashuri

Ubwanditsi 03 Mar 2017
Cristiano Ronaldo yesheje agahigo ko kuba ariwe rutahizamu umaze gutsinda ibitego byinshi mu mikino y’ikipe y’igihugu
Amakuru

Cristiano Ronaldo yesheje agahigo ko kuba ariwe rutahizamu umaze gutsinda ibitego byinshi mu mikino y’ikipe y’igihugu

Ubwanditsi 03 Sep 2021
Joyce Banda wahoze ayobora Malawi yagarutse mu gihugu ahakana ko yari yarahunze
Mu Mahanga

Joyce Banda wahoze ayobora Malawi yagarutse mu gihugu ahakana ko yari yarahunze

Ubwanditsi 28 Apr 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru