• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Trump yahaye intego ya miliyoni y’amadolari Warren bashobora guhangana mu matora

Trump yahaye intego ya miliyoni y’amadolari Warren bashobora guhangana mu matora

Ubwanditsi 06 Jul 2018 POLITIKI

Perezida Donald Trump yemereye miliyoni y’amadolari Senateri Elizabeth Warren mu gihe ikizamini muzi cy’amaraso (DNA) kizaramuka cyerekanye ko ari kavukire muri Amerika.

Senateri Warren ni umu- démocrate uhagarariye Leta ya Massachusetts. Ni umwe mu bahabwa amahirwe yo kuzahagararira iryo shyaka mu matora ya Perezida azaba mu 2020.

Uyu mugore akunda kuvuga ko akomoka ku bakurambere b’Abahinde batuye muri Amerika bwa mbere.

Mu kumunnyega, Trump akunze kumwita Pocahontas, umukuramberekazi wo muri Amerika wakijije bagenzi be ubwo bari bafashwe n’abakoloni b’Abongereza.

Gufata umunyabigwi w’amateka Pacahontas akamugereranya na Warren byarakaje benshi, bituma bamwe basaba ko Trump asaba imbabazi.

Ubwo yari muri Leta ya Montana kuri uyu wa Kane yamamaza Matt Rosendale ku mwanya w’Ubusenateri, yavuze ko asabye imbabazi Pocahontas wa nyawe.

Yagize ati “Ndashaka gusaba imbabazi. Pocahontas ngusabye imbabazi ariko uwiyitirira Pocahontas we nta mbabazi musabye.”

Trump yakomeje avuga ko Warren naramuka atsindiye guhagararira ishyaka ry’aba- démocrate mu matora ya Perezida, akagaragaza ko ari umunyamerika kavukire azamuha miliyoni y’amadolari.

Ati “Nzashyira miliyoni y’amadolari mu muryango wawe udaharanira inyungu, azishyurwa na Trump, nukoresha ikizamini kikerekana ko uri ukomoka mu Buhinde. Ndiyumvamo ko atazabyemera.”

Uyu muryango Trump avuga azashyiramo ayo mafaranga ni uzwi nka Me too Movement wagiye ushyira hanze ibyamamare bikekwaho gukorera abagore ihohoterwa rishingiye ku gitsina. Warren ni umwe mu bawushyigikiye cyane.

Warren abinyujije kuri Twitter, yabwiye Trump ko akwiye kwibanda ku bibazo byugarije igihugu nk’icyo gutandukanya abana b’abimukira n’ababyeyi babo aho guta umwanya ku nkomoko ye.

Ati “Mu gihe uta umutwe ku nkomoka yanjye, ubutegetsi bwabwe buri gukorera ibizamini muzi by’amaraso abana bato kuko wabatandukanyije n’ababyeyi babo, none nta bushobozi ufite bwo kongera kubahuza. Ukwiye kwibanda ku gusubiranya ubuzima uri kwangiza.”

Warren ni umwe mu ba- démocrate bahabwa amahirwe yo guhagararira ishyaka ku mwanya w’Umukuru w’Igihugu mu 2020. Hillary Clinton wahanganye na Trump mu matora aherutse kugaragaza ko ashyigikiye Warren.

2018-07-06
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Bobi Wine mu rukiko yavuze ko aticuza

Bobi Wine mu rukiko yavuze ko aticuza

Ubwanditsi 02 May 2019
Ruharwa Claude Muhayimana yasabiwe igifungo cy’imyaka 15

Ruharwa Claude Muhayimana yasabiwe igifungo cy’imyaka 15

RUSHYASHYA 27 Feb 2026
Zambia: Leta iraha icyizere impunzi z’Abanyarwanda cyo kuziha ubwenegihugu

Zambia: Leta iraha icyizere impunzi z’Abanyarwanda cyo kuziha ubwenegihugu

Ubwanditsi 07 Jun 2018
Perezida Kagame arasaba ubufatanye na bagenzi be kugira ngo intego za SDG Center for a Africa zigerweho

Perezida Kagame arasaba ubufatanye na bagenzi be kugira ngo intego za SDG Center for a Africa zigerweho

Ubwanditsi 20 Sep 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Judi Rever yajyanye mu nkiko inzu y’ubwanditsi yanze gusohora igitabo cye gipfobya Jenoside
HIRYA NO HINO

Judi Rever yajyanye mu nkiko inzu y’ubwanditsi yanze gusohora igitabo cye gipfobya Jenoside

Ubwanditsi 25 May 2019
Ukuri kutigeze kuvugwa muri Kongo: Umukuru w’Inteko Nshingamategeko ashinje Perezida Tshisekedi gusahura umutungo kamere w’igihugu
Amakuru

Ukuri kutigeze kuvugwa muri Kongo: Umukuru w’Inteko Nshingamategeko ashinje Perezida Tshisekedi gusahura umutungo kamere w’igihugu

Ubwanditsi 05 Dec 2024
Leta ya Kongo yongeye gusinya amasezerano yo gucyura impunzi zayo ziri mu Rwanda, ibizi neza itazayashyira mu bikorwa.
Amakuru

Leta ya Kongo yongeye gusinya amasezerano yo gucyura impunzi zayo ziri mu Rwanda, ibizi neza itazayashyira mu bikorwa.

Ubwanditsi 16 May 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru