• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR bari muri Congo, barica abantu, bateza umutekano muke, Gusenya uwo mutwe bireba Congo n’ u Rwanda natwe bikatureba   |   29 Jan 2026

  • ICYO WAMENYA KUBIYAMAMARIZA KUYOBORA FDU-INKINGI: UMUTWE W’INTERAHAMWE ZIHEBEYE KUBUNZA INGENGABITEKEREZO YA JENOSIDE   |   29 Jan 2026

  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»Kutumvikana na Minisitiri w’Intebe byatumye uwari ushinzwe gahunda ya ‘Brexit’ asezera

Kutumvikana na Minisitiri w’Intebe byatumye uwari ushinzwe gahunda ya ‘Brexit’ asezera

Editorial 09 Jul 2018 HIRYA NO HINO

David Davis wari Minisitiri ushinzwe gukurikirana gahunda yo gukura u Bwongereza mu Muryango w’Ubumwe bw’u Burayi (Brexit), yasezeye ku mirimo avuga ko hari byinshi atari akibasha kumvikanaho na Minisitiri w’Intebe, Theresa May.

Mu ibaruwa isezera yoherereje May ku Cyumweru nimugoroba, Davis yavuze ko byari bitangiye kugaragara ko guverinoma iyobowe na May itazabasha gushyira mu bikorwa ibyo yiyemeje birimo kuva mu ihuriro rya za gasutamo ndetse n’Isoko rusange.

Gusezera kw’iyi nkingi ya mwamba bishobora gutuma kandi hari n’abandi bamukurikira, mu gihe nyamara bageze mu cyiciro gikomeye cy’ibiganiro n’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi, EU.

Ibi bibaye kandi mu gihe May akomeje kwitegura kwakira Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, uteganya kugirira uruzinduko muri iki gihugu; ndetse abaturage bakaba bakomeje kumwotsa igitutu nyuma y’uko Umwongereza yishwe n’uburozi bwa Nivichok, bwakoreshejwe mu guhumanya Sergei Skripal wahoze ari intasi y’u Burusiya n’umukobwa we.

Nk’uko CNN dukesha iyi nkuru yabyanditse, gusezera kwa Davis bifitanye isano no kuba u Bwongereza bwifuza gukomeza kugirana umubano na EU mu birebana n’ubucuruzi, by’umwihariko ku birebana na za gasutamo ndetse n’imisoro.

Yakira ugusezera kwa Davis, May yavuze ko ababajwe no kuba agiye mu gihe hari hamaze guterwa intambwe ikomeye mu birebana no kugerwaho kwa Brexit.

Abatavuga rumwe na leta barimo Jeremy Corbyn bagaragaje ko gusezera kwa Davis muri iki gihe gikomeye, bigaragaza ko May nta bushobozi afite bwo kuzashyira mu bikorwa Brexit.

Abinyujije kuri Twitter, Corbyn uyobora ishyaka ry’abakozi yavuze ko kugumaho kwa May bizaba ari ikimenyetso ko icyo ashyize imbere ari inyungu ze bwite, kurusha iz’abaturage b’u Bwongereza.

Mu gihe hari abategereje kureba uwo May asimbuza Davis, hari bamwe batangiye kuvuga ko Boris Johnson ushinzwe ububanyi n’amahanga, nawe washyigikiye cyane Brexit ashobora gukurikiraho.

Muri Kamena 2016 nibwo u Bwongereza bwatoye kamarampaka yo kuva muri EU, bushyira iherezo ku mubano w’imyaka 44. Ingingo ya 50 y’amasezerano ya Lisbon ateganya ko kwikura muri uyu muryango bizashyirwa mu bikorwa muri Werurwe 2019.

Igihe kiriya gihe ntarengwa cyaba kigeze impande zombi zitarumvikana ku birebana n’uko umubano uzaba wifashe, Brexit izashyirwa mu bikorwa ariko u Bwongereza busigare nta bubasha bwo gusubira muri EU, cyangwa kungukira muri za gasutamo zihuriweho ndetse n’isoko rusange, ibintu bifite uruhare rukomeye mu iterambere ry’ubucuruzi.

2018-07-09
Editorial

IZINDI NKURU

Israel: Abimukira bava muri Eritrea bateguye imyigaragambyo ikomeye imbere ya Ambasade y’u Rwanda

Israel: Abimukira bava muri Eritrea bateguye imyigaragambyo ikomeye imbere ya Ambasade y’u Rwanda

Editorial 22 Jan 2018
Trump yahishuye ko yabuze umwanya wo kugurira umugore we impano ku munsi w’amavuko

Trump yahishuye ko yabuze umwanya wo kugurira umugore we impano ku munsi w’amavuko

Editorial 27 Apr 2018
Ubanza Ingabire Victoire yariyibagiwe reka tumwibutse uwo ari we

Ubanza Ingabire Victoire yariyibagiwe reka tumwibutse uwo ari we

Editorial 26 Aug 2023
Hari abana b’impfubyi za jenoside yakorewe Abatutsi batarahabwa imitungo y’ababyeyi babo

Hari abana b’impfubyi za jenoside yakorewe Abatutsi batarahabwa imitungo y’ababyeyi babo

Editorial 25 Oct 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

AMAFOTO – Minisitiri wa Siporo, Richard Nyirishema n’umunyamabanga Nelly Mukazayire basuye FERWAFA
Amakuru

AMAFOTO – Minisitiri wa Siporo, Richard Nyirishema n’umunyamabanga Nelly Mukazayire basuye FERWAFA

Editorial 04 Oct 2024
Habayeho uguterana amagambo hagati ya Anne Rwigara n’umuhesha w’inkiko watezaga ibyabo cyamunara
INKURU NYAMUKURU

Habayeho uguterana amagambo hagati ya Anne Rwigara n’umuhesha w’inkiko watezaga ibyabo cyamunara

Editorial 29 Mar 2018
Abakora ibyaha by’icuruzwa ry’abantu n’abakomisiyoneri baranga abakobwa b’ indaya mu mujyi wa kigali akabo kashobotse
INKURU NYAMUKURU

Abakora ibyaha by’icuruzwa ry’abantu n’abakomisiyoneri baranga abakobwa b’ indaya mu mujyi wa kigali akabo kashobotse

Editorial 07 Feb 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru