• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»RDC: Col Bovick Angole Wari Ukuriye Ubutasi Bwa Gisirikare Muri Djugu Yishwe

RDC: Col Bovick Angole Wari Ukuriye Ubutasi Bwa Gisirikare Muri Djugu Yishwe

Ubwanditsi 20 Jul 2018 ITOHOZA

Komanda w’ingabo za FARDc wari ushinzwe ibikorwa n’ubutasi muri Teritwari ya Djugu, Col Bovick Angole, yishwe n’amasasu y’abantu bitwaje ibirwanisho mu ijoro ryo kuwa Kabiri rishyira kuwa Gatatu, itariki 18 Nyakanga ku ruzi rwa Kpengbele mu birometero nka 60 mu majyaruguru ya Bunia.

Amakuru dukesha Radio Okapi aravuga ko Col Bovick yaguye mu mutego w’inyeshyamba ubwo yasubiraga ku biro bye muri Djugu ari kumwe n’abarinzi be nk’uko byemejwe n’umuvugizi wa FARDC muri Ituri.

Biravugwa ko Col Bovick yari aturutse Bunia nyuma y’ubutumwa bw’akazi ubwo imodoka y’igisirikare yari imutwaye yagwaga mu gico cyatezwe n’abantu bitwaje ibirwanisho ku kiraro cya Kpengbele hagati y’ibiturage bya Pimbo na Pisto ku isaha ya saa 21h30.

Lt Col Jules Ngongo, umuvugizi wa FARDC muri Ituri, yasobanuye ko inyeshyamba zatangiye kurasa ubwo abarinzi ba Col Bovick bari batangiye kuva mu modoka bashaka gukura mu nzira igiti cyari ku kiraro, Col Bovick isasu rikaba ryaramufashe mu gatuza agahita apfa.

Ibi rero ngo bikaba byaratejeje ubwoba muri iki gice abaturage bagatangira kwihisha mu mazu yabo nyuma yo kumva urusaku rw’amasasu bakaza kubona ibyabaye mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu ushize nk’uko byemejwe na Claude Mateso, umuyobozi w’umurenge wa Walendu Djasti ahabereye ubwo bwicanyi.

2018-07-20
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Canada : David Himbara yakomanyirijwe

Canada : David Himbara yakomanyirijwe

Ubwanditsi 31 Oct 2017
Kivu, isibaniro ry’intambara ikomeye ya Afurika itaribagirana

Kivu, isibaniro ry’intambara ikomeye ya Afurika itaribagirana

Ubwanditsi 06 Oct 2018
Itangazamakuru ritagatifuza abicanyi ntaho ritaniye nabo.

Itangazamakuru ritagatifuza abicanyi ntaho ritaniye nabo.

Ubwanditsi 06 Jun 2024
Malawi: Undi munyarwanda ukekwaho Jenoside yatawe muri yombi

Malawi: Undi munyarwanda ukekwaho Jenoside yatawe muri yombi

Ubwanditsi 01 Mar 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ibihugu bizakina 1/2 cya CHAN 2016 byose byamenyekanye
IMIKINO

Ibihugu bizakina 1/2 cya CHAN 2016 byose byamenyekanye

Ubwanditsi 02 Feb 2016
Perezida Kagame yagaragaye ari hagati ya Perezida w’Ubumwe bw’u Burayi na Chancelier Kurz
POLITIKI

Perezida Kagame yagaragaye ari hagati ya Perezida w’Ubumwe bw’u Burayi na Chancelier Kurz

Ubwanditsi 19 Dec 2018
Akumiro: Rudasingwa yongeye kwiyerurutsa ku bafaransa asebya u Rwanda nk’ibisanzwe
ITOHOZA

Akumiro: Rudasingwa yongeye kwiyerurutsa ku bafaransa asebya u Rwanda nk’ibisanzwe

Ubwanditsi 28 Dec 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru