• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»SHOWBIZ»FESPAD : Zao Zoba yerekanye ubuhanga mu gitaramo gifungura, Sauti Sol irinubirwa

FESPAD : Zao Zoba yerekanye ubuhanga mu gitaramo gifungura, Sauti Sol irinubirwa

Ubwanditsi 30 Jul 2018 SHOWBIZ

Zao Zoba, umuhanzi waciye ibintu mu ndirimbo ye yitwa ‘Ancien Combattant’ yishimiwe n’abitabiriye igitaramo cya mbere cya FESPAD naho itsinda rya Sauti Sol ryagombaga kuririmbira i Kigali rihagera benshi batashye birangira ritaririmbye.

Iki gitaramo cyabaye mu ijoro ryo kuri iki Cyumweru, tariki ya 29 Nyakanga 2018, muri Parking ya Stade Amahoro, ahari hateraniye imbaga yitabiriye ibirori bifungura FESPAD igakomeza kwizihirwa itaramirwa n’abahanzi barimo Knowless Butera, Bruce Melodie ndetse na Zao Zoba wo muri Congo Brazzaville.

Ahagana saa mbiri abize umuziki mu ishuri rya WDA ryahoze ku Nyundo rikimurirwa i Muhanga babanje kukanyuzaho baririmba indirimbo zirimo “Humura Rwanda” ya Kamaliza ndetse na “Hora Ihorere Mama” ya Canjo Hamisi. Bakurikiwe na Igor Mabano wahize kuri ubu akaba abigisha yizihira benshi mu ndirimbo ze zitandukanye.

Knowless Butera yaririmbye “Ko Nashize,” “Sweet Mutima,” “Uzagaruke,” “Baramushaka,” “Ujya unkumbura,” ajya no ku z’abandi bahanzi zakanyujijeho nka “Ihorere Mwiza Wanjye” ya Orchestre Inono na “Naraye Ndose” ya Kamaliza. Uyu muhanzi yishimiwe n’abarimo urubyiruko rwari rwiganje muri iki gitaramo.

Yakurikiwe na Bruce Melodie wibanze ku ndirimbo ze zikunzwe muri iyi minsi n’izo yatangiriyeho kuririmba zamumenyekanishije. Yahereye ku ndirimbo “Ndumiwe,” “Ntundize,” “Embeera Zo,” “Ikinya,” “Twatoye Twatsinze,” asoreza ku iharawe yakoranye na Urban Boyz n’abandi bahanzi yitwa “Nta Kibazo” yanakoze mu buryo bw’igisirimba bigatangaza benshi.

Zao Zoba wari utegerejwe na benshi muri iki gitaramo yinjiye ku rubyiniro mu ngendo ya gisirikare ndetse yambaye nka bo. Yinjiye asuhuza abitabiriye mu Kinyarwanda ati “Amakuru ki? Amahoro.”

Yahise yanzika n’indirimbo “Ancient Combatant” yakanyujijeho hambere mu butumwa bwamagana intambara ayiririmba agendana n’abitabiriye iki gitaramo wabonaga ko bazi menshi mu magambo ayigize. Yakunze kwitsa ataka ibyiza yasanze mu Rwanda, mu nyikirizo yayo yongeramo amagambo yumvikanisha ko ari igihugu kitakiri ahabi.

Yagize ati “Urakabaho Rwanda, mwese nimumanike amaboko, igihugu gifite amahoro.”

Zao Zoba yishimiwe cyane mu ndirimbo ‘Ancient Combatant’

Yaririmbye izindi ndirimbo ze ebyiri zirimo “Soulard” na yo yamenyekanye cyane anerekana ubuhanga mu kwicurangira ‘guitar’ n’imbyino zihariye zashimishije abitabiriye iki gitaramo ku rwego rwo hejuru.

Nubwo uyu muhanzi yari amaze gususurutsa benshi ndetse bategereje gukomezanya uburyohe n’itsinda rya Sauti Sol, babwiwe ko riri kuva ku kibuga cy’indege rirahagera n’abari hafi y’ahabereye igitaramo bemererwa kwinjira ngo barebe aba bahanzi, ibyuma biranjije gutunganywa mu buryo butunguranye abitabiriye babwirwa ko Sauti Sol itakiririmbye.

Ibi byababaje benshi mu bari bayitegereje igihe kigera ku isaha yose bazi ko iri buririmbe ariko bikaza kurangira nubwo yari yahageze itiyeretse abafana. Amwe mu makuru avuga ko yari ifite ikindi gitaramo mu kabyiniro gihuje amasaha n’igihe yagereye i Kigali.

Abahanzi baririmbye mu gitaramo cya mbere cya FESPAD bari babanjirijwe n’ibirori byiganjemo imbyino byabaye ku manywa

Abahanzi bo mu Rwanda baririmbye muri iki gitaramo bacurangiwe na Sebeya Band igizwe n’abize umuziki mu ishuri rya WDA

Abahanzi bose baririmbye mu buryo bwa Live

Bruce Melodie ukunzwe mu ndirimbo ‘Nta Kibazo’

Ibirori byabanjirije igitaramo cya mbere cya FESPAD byakurikiwe n’abayobozi batandukanye

Knowless Butera yaririmbye indirimbo ze zitandukanye zishimiwe n’abiganjemo urubyiruko bari bari muri iki gitaramo

Yakanyujijeho no mu gucuranga ‘guitar’

Yari afite n’ababyinnyi bamuherekeza mu mbyino zo muri Congo Brazaville

2018-07-30
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Diamond Yasobanuye Ibikomeje Kumuvugwaho ko Yateye Inda Hamisa Umukobwa Wagaragaye Mu Mashusho ye ya Salome

Diamond Yasobanuye Ibikomeje Kumuvugwaho ko Yateye Inda Hamisa Umukobwa Wagaragaye Mu Mashusho ye ya Salome

Ubwanditsi 24 Jun 2017
Urukundo ruraca amarenga hagati ya Arthur na Fiona Muthoni wabaye igisonga cya Miss Africa 2017

Urukundo ruraca amarenga hagati ya Arthur na Fiona Muthoni wabaye igisonga cya Miss Africa 2017

Ubwanditsi 27 Feb 2018
Big Farious w’i Burundi yarushinze bwa kabiri (Amafoto)

Big Farious w’i Burundi yarushinze bwa kabiri (Amafoto)

Ubwanditsi 26 Aug 2018
Kenya: Abanyarwanda 6 bahataniye mu ijonjora rya nyuma muri GodFather EastAfrica

Kenya: Abanyarwanda 6 bahataniye mu ijonjora rya nyuma muri GodFather EastAfrica

Ubwanditsi 05 Feb 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

AS Kigali yasinyishije Otinda Frederick na Ochieng Lawrence bakomoka muri Kenya ndetse na Saturo Edward wakinaga muri Uganda
Amakuru

AS Kigali yasinyishije Otinda Frederick na Ochieng Lawrence bakomoka muri Kenya ndetse na Saturo Edward wakinaga muri Uganda

Ubwanditsi 30 Jul 2022
Byasabye iminota y’inyongera ngo Senegal itsinde Amavubi, Umunsi wa 29 na 30 wa shampiyona y’u Rwanda yegejwe inyuma ho umunsi umwe
Amakuru

Byasabye iminota y’inyongera ngo Senegal itsinde Amavubi, Umunsi wa 29 na 30 wa shampiyona y’u Rwanda yegejwe inyuma ho umunsi umwe

Ubwanditsi 08 Jun 2022
Rutahizamu Harry Kane yafashije ikipe y’u Bwongereza gusanga u Butaliyani ku Mukino wa Nyuma wa Euro 2020
Amakuru

Rutahizamu Harry Kane yafashije ikipe y’u Bwongereza gusanga u Butaliyani ku Mukino wa Nyuma wa Euro 2020

Ubwanditsi 08 Jul 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru