• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

  • Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza   |   22 Apr 2026

  • APR VC irakina na Black Rhinos VC mu mukino wo gufungura ku mugaragaro Shampiyona Nyafurika, CAVB Men’s Club Championship 2026   |   22 Apr 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»RIB yatangiye iperereza ku bujura bwa miliyoni zisaga 400 Frw arimo ayibwe ibiro by’ivunjisha

RIB yatangiye iperereza ku bujura bwa miliyoni zisaga 400 Frw arimo ayibwe ibiro by’ivunjisha

Ubwanditsi 06 Aug 2018 ITOHOZA

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, ruri gushakisha Abarabu babiri bashinjwa kwiba $315 000 (nibura miliyoni 270Frw) ibigo bibiri by’ivunjisha mu bwambuzi bushukana, hakiyongeraho ibikoresho bahawe bamaze gufungura ikigo cy’ubucuruzi mu Rwanda ku buryo bakurikiranyweho umwenda ugera mu $500 000, angana na miliyoni zirenga 400Frw.

Kuri uyu wa Kane tariki 2 Kanama 2018 nibwo amakuru y’ubu bujura yagiye ahabona, aho abakozi b’ibiro bibiri by’ivunjisha bari bateye amatako ku biro by’umwarabu ufite pasiporo igaragaza ko yitwa Nasser El Haj wavukiye i Tripoli muri Libya mu 1982.

Mu byumweru bibiri bishize nibwo yafunguje ikigo cy’ubucuruzi acyita Delta Petroleum Services Rwanda, bivugwa ko cyagombaga kujya gitanga serivisi zo kuzana ibikomoka kuri peteroli mu Rwanda, gishinga ibiro mu muturirwa wuzuye vuba ku Kimihurura munsi ya Kigali Heights.

Ibiro by’abatekamutwe

Umuvunjayi umwe Itangazamakuru  ryasanze ku biro by’uwo mwarabu kuri uyu wa Kane, yavuze ko Nasser yagiye aho bavunjira mu Mujyi wa Kigali ahagana saa tanu, avuga ko ashaka amadolari menshi agatanga amafaranga y’u Rwanda, ariko ngo kubera ubwinshi bwayo yayasize mu biro.

Yabasabye ko bamuherekeza bitwaje amadolari mu biro bye ku Kimihurura, ngo abahe amafaranga y’u Rwanda yavugaga ko ahafite.

Kimwe n’undi mucuruzi wese ubonye icyashara, uyu muvunjayi avuga ko yafashe amadolari ibihumbi $135 bagaherekeza Nasser. Si uyu muvunjayi wenyine kuko hari na mugenzi we watanze ibihumbi $180, agataha amara masa.

Bitandukanye n’uburyo byavugwaga mbere, Itangazamakuru ryabonye andi makuru ko Nasser atariwe wariganyije abavunjayi kuko bageze ku biro, bahuye n’uwitwa Said Abdallah ari nawe Muyobozi Mukuru w’icyo kigo.

Abdallah ngo yabwiye aba bacuruzi ngo bamuhereze amadolari bamuzaniye, ayashyira mu kabati kari iruhande aho, asohoka avuga ko agiye mu kindi cyumba kuzana amafaranga y’u Rwanda ngo abahe.

Umwe mu bakurikiranye iby’iki kibazo yagize ati “Ni twa tubati two mu biro ariko inyuma dutoboye, noneho kandi aho dutoboreye n’urukuta ruhari naho haratoboye. Urareba ibyumba bitatu bishoreranye, icyo hagati gitoboye cyinjira mu cyo ku ruhande rumwe, kinatobora cyinjira mu cyo ku rundi ruhande.”

Abo yibye ngo umwe yari mu cyumba kimwe undi ari mu kindi mu byo ku mpande, bose akabaka ayo madolari agashyira mu kabati gatoboye inyuma, aza gusohoka avuga ko agiye kuzana amafaranga y’u Rwanda ngo abahe, arangije anyura inyuma “arayakusanya ya yandi yose ayo mu cyumba cyo hirya n’ayo mu cyo hino, arasohoka aca hasi aragenda.”

Umuvugizi wa RIB, Mbabazi Modeste, yatangaje ko bamenye aya makuru ndetse batangiye iperereza no gushakisha abakekwaho ubu bujura.

Yagize ati “Ubu turimo turabashakisha, iperereza rirakomeje, RIB ikimenya amakuru yahise itangira gukurikirana, inamenya ko uwakoze ubu bujura bw’amadolari ari uwitwa Said Abdallah wakoranaga n’uwitwa Nasser. Ubu tukaba tugishakisha ngo tumenye ukuri kwabyo.”

Ubwo umunyamakuru wa IGIHE dukesha iyi nkuru  yageraga kuri ibyo biro ahagana saa tanu kuri uyu wa Gatanu, uretse abibwe amadolari yabo, n’Abahinde batanze ibikoresho byo mu biro, bavuze ko bari bemeranyije ko nibamara kubikora azabishyura ibihumbi $190. Mu bari bahari harimo na nyir’inzu, abamukoreye ibyapa n’abandi bari benshi ubona bumiwe nta cyo gukora bafite kuko nabo batishyuwe.

Uwamukodesheje inzu yavuze ko nta mazina ye yigeze amusaba kuko amasezerano y’ubukode bayakoze mu izina rya Sosiyete Delta Petroleum Services Rwanda.

Abahuye n’uwo mwarabu amanuka mu nyubako ahetse ibikapu bibiri bisa nk’aho agiye ataragaruka. Ikindi giteye inkeke ni uko ajya kugenda yabanje gusiba amashusho yafashwe na camera zo muri iyo nyubako ndetse akanatwara ibyuma ayo mashusho abikwaho (disks).

Ushyizemo n’amadeni yishyuzwa, Naser arakekwaho gutwara amadolari asaga ibihumbi 500 (arenga miliyoni 430 Frw).

 

2018-08-06
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Icyo Rudasingwa yapfuye na Nyamwasa cyamenyekanye

Icyo Rudasingwa yapfuye na Nyamwasa cyamenyekanye

Ubwanditsi 11 Aug 2016
Itangazamakuru ritagatifuza abicanyi ntaho ritaniye nabo.

Itangazamakuru ritagatifuza abicanyi ntaho ritaniye nabo.

Ubwanditsi 06 Jun 2024
Nitutamagana abantu nka Charles Kambanda na Thomas Nahimana, ababacumbikiye ntibazakeka ko twese dutekereza macuri?

Nitutamagana abantu nka Charles Kambanda na Thomas Nahimana, ababacumbikiye ntibazakeka ko twese dutekereza macuri?

Ubwanditsi 13 Jun 2023
RNC: Murumuna wa Jonathan Musonera  aramwihakana

RNC: Murumuna wa Jonathan Musonera aramwihakana

Ubwanditsi 01 Aug 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Patriots BBC yatsinze umukino wayo wa kabiri w’irushanwa rya Basketball Africa League BAL yakinaga na GNBC yo muri Madagascal amanota 78 kuri 72.
Amakuru

Patriots BBC yatsinze umukino wayo wa kabiri w’irushanwa rya Basketball Africa League BAL yakinaga na GNBC yo muri Madagascal amanota 78 kuri 72.

Ubwanditsi 19 May 2021
Save: ishyaka Green Party  ryakubise igihwereye aho ryagombaga Kwiyamamariza
POLITIKI

Save: ishyaka Green Party ryakubise igihwereye aho ryagombaga Kwiyamamariza

Ubwanditsi 23 Aug 2018
Ifoto ya Diamond na ShaddyBoo yavugishije benshi ku mbuga nkoranyambaga
HIRYA NO HINO

Ifoto ya Diamond na ShaddyBoo yavugishije benshi ku mbuga nkoranyambaga

Ubwanditsi 19 Sep 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru