• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

  • Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza   |   22 Apr 2026

  • APR VC irakina na Black Rhinos VC mu mukino wo gufungura ku mugaragaro Shampiyona Nyafurika, CAVB Men’s Club Championship 2026   |   22 Apr 2026

  • U Rwanda rwatsinze Reta Zunze Ubumwe za Amerika ku kinyuranyo k’inota rimwe muri ICC Women’s Challenge   |   21 Apr 2026

  • Prudence Nsengumukiza akomeje kuba umuyoboro w’interahamwe mu gushaka amaronko   |   20 Apr 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Trump yashyize yemera ko Abarusiya bari bemeye gutanga amakuru kuri Clinton

Trump yashyize yemera ko Abarusiya bari bemeye gutanga amakuru kuri Clinton

Ubwanditsi 07 Aug 2018 POLITIKI

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yemeye ko umuhungu we yahuye n’intumwa y’u Burusiya kandi yari yamwemereye kumuha amakuru kuri Hillary Clinton bari bahanganye mu matora y’umukuru

Ibi yabitangaje ku Cyumweru, nyuma y’uko ibitangazamakuru bitandukanye birimo CNN byari byanditse inkuru zivuga ko afite impungenge ko Donald Trump Jr ashobora kuzisanga mu mazi abira kubera inama yamuhuje n’umunyamategeko w’Umurusiyakazi, Natalia Veselnitskaya, ku itariki ya 9 Kamena 2016.

Abinyujije kuri Twitter, Trump yavuze ko ibiri gutangazwa ko afite ubwoba ari ibinyoma, kandi umuhungu we nta kosa yakoze ubwo yajyaga guhura na Veselnitskaya mu nama yabereye muri Trump Tower.

Ati “Amakuru y’ibinyoma akomeje gutangazwa, inkuru z’impimbano ko mpangayikishijwe n’inama umuhungu wanjye Donald yagiriye muri Trump Tower. Iyi yari inama igamije kumuha amakuru ku muntu twari duhanganye, ibintu byemewe n’amategeko kandi bikorwa muri politiki zose, kandi ntacyo byatanze. Nta n’icyo nari mbiziho.”

Trump atangaje ibi mu gihe ubwo ibijyanye n’iyi nama byatangazwaga bwa mbere na New York Times, umuhungu we yashyize hanze itangazo avuga ko we na Veselnitskaya baganiriye kuri gahunda ya Amerika yo kurera abana baturutse mu Burusiya yari imaze iminsi ihagaritswe.

Nyuma y’aho ariko yaje kongera kuvuga ko yemeye guhura n’uyu Murusiyakazi amaze kumwemerera kuzamuha amakuru ashobora guhindanya isura ya Hillary Clinton wari uhanganiye na se umwanya w’umukuru w’igihugu.

Icyo gihe itangazamakuru ryavuze ko Trump utarahwemye guhakana ko yari azi iby’iyi nama ari we wabwiye umuhungu we ibyo yandika mu itangazo, nubwo yabanje kubihakana abanyamategeko be aje kwemeza ko ari ko koko byagenze.

Abasesenguzi ba politiki ya Amerika bavuga ko kuba Trump yemeye ko iriya nama yari igamije kubaha amakuru kuri Clinton ari ikimenyetso ko ibyatangajwe mbere byose ari ibinyoma.

Nubwo ari ibisanzwe ko abanyapolitiki bo muri iki gihugu bakora iperereza ku bo bahanganye by’umwihariko mu gihe cyo kwiyamamaza, abahanga mu by’amategeko bavuga ko Trump Jr ashobora kugongwa n’itegeko ribuza kwakira amafaranga cyangwa ikindi kintu cy’agaciro mu bihe by’amatora cyangwa ubugambanyi.

U Burusiya buvugwaho kuba bwarivanze mu matora ya Amerika yabaye mu Ugushyingo 2016 bugamije gufasha Trump, impande zombi zihakana ko bitigeze bibaho. Intumwa idasanzwe, Robert Mueller yahawe inshingano zo gukora iperereza no kurushaho gucukumbura niba ibivugwa koko ari ukuri.

2018-08-07
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ishyari rya Tshisekedi rifashe ubusa: Inkunga ya miliyari hafi 30 imaze kugenerwa ibikorwa by’ingabo z’u Rwanda muri Mozambique

Ishyari rya Tshisekedi rifashe ubusa: Inkunga ya miliyari hafi 30 imaze kugenerwa ibikorwa by’ingabo z’u Rwanda muri Mozambique

Ubwanditsi 18 Nov 2024
Ukuri ku ruhare rwa Perezida Mitterand n’akazu ke muri Jenoside byashyizwe hanze na Komisiyo Duclert

Ukuri ku ruhare rwa Perezida Mitterand n’akazu ke muri Jenoside byashyizwe hanze na Komisiyo Duclert

Ubwanditsi 27 Mar 2021
Gen Bunyoni yafunguwe kubera Uburwayi bwo mu mutwe na Diyabete ikabije

Gen Bunyoni yafunguwe kubera Uburwayi bwo mu mutwe na Diyabete ikabije

RUSHYASHYA 11 Mar 2026
#GumaMuRugo irakomeza kugeza tariki 30 Mata 2020

#GumaMuRugo irakomeza kugeza tariki 30 Mata 2020

Ubwanditsi 18 Apr 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Paul Kagame yakurikiye isozwa rya Tour du Rwanda 2023, ryegukanywe na Henok Mulubrhan

Ubwanditsi 26 Feb 2023
Rwanda Investigation Bureau ngo ije ‘kurushaho’ mu kugenza ibyaha
INKURU NYAMUKURU

Rwanda Investigation Bureau ngo ije ‘kurushaho’ mu kugenza ibyaha

Ubwanditsi 18 Apr 2018
Ubushinwa bwagerageje Igisasu cya Kirimbuzi gifite imitwe 10 mu kwitegura kurwana n’Amerika
ITOHOZA

Ubushinwa bwagerageje Igisasu cya Kirimbuzi gifite imitwe 10 mu kwitegura kurwana n’Amerika

Ubwanditsi 04 Feb 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru