• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Bizimana Djihad yasezeye Al Ahli yo muri Libya yari amazemo umwaka, Hakim Sahabo mu nzira zimujyana mu Bugereki   |   31 Jan 2026

  • FDLR bari muri Congo, barica abantu, bateza umutekano muke, Gusenya uwo mutwe bireba Congo n’ u Rwanda natwe bikatureba   |   29 Jan 2026

  • ICYO WAMENYA KUBIYAMAMARIZA KUYOBORA FDU-INKINGI: UMUTWE W’INTERAHAMWE ZIHEBEYE KUBUNZA INGENGABITEKEREZO YA JENOSIDE   |   29 Jan 2026

  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

 
You are at :Home»ITOHOZA»Perezida Kagame yasabye impinduka mu turere twa nyuma mu mihigo ‘twiganje mu gice kimwe cy’igihugu’

Perezida Kagame yasabye impinduka mu turere twa nyuma mu mihigo ‘twiganje mu gice kimwe cy’igihugu’

Editorial 09 Aug 2018 ITOHOZA

Perezida Kagame yasabye ko uturere twaje mu myanya ya nyuma mu mihigo y’uturere mu mwaka w’ingengo y’imari wa 2017/2018, abatuyobora bashyira mu bikorwa ibyo bashinzwe ari byo gukorera abaturage abo binaniye bakagaragaza ko batabishoboye.

Ibi Umukuru w’Igihugu yabigarutseho ubwo yagezaga ijambo ku bitabiriye umuhango wo gushimira uturere twahize utundi mu mihigo y’umwaka ushize no gusinya iy’umwaka utaha.

Ibi bikorwa kandi byahuriranye no gusesa Inteko Ishinga Amategeko umutwe w’Abadepite ku mpamvu z’amatora; usoje manda yawo ya gatatu hakaba hateganyijwe amatora y’abayigize muri Nzeri uyu mwaka.

Akarere ka Rwamagana kongeye kuza ku mwanya wa mbere mu mihigo y’umwaka wa 2017/2018 gakurikirwa na Gasabo na Rulindo; mu gihe Nyamagabe, Ruhango na Nyanza aritwo twaje mu myanya ya nyuma.

Mu turere 15 twaje mu myanya ya nyuma, munsi y’amanota fatizo 68.8; umunani ni utwo mu Ntara y’Amajyepfo, tune ni utwo mu Burengerazuba, kamwe ko mu Majyaruguru, kamwe ko mu Mujyi wa Kigali n’akandi ko mu Burasirazuba.

Perezida Kagame yavuze ko kuba duhuriye mu gice kimwe cy’igihugu bifite icyo bisobanuye; agaruka ku kuba abayobozi badakorana ndetse batanegera abaturage.

Ati “Abari hasi naje kureba nsanga biganje mu gice kimwe cy’igihugu. Ubwo bigomba kuba bifite icyo bivuze, ntabwo byabaye bityo gutyo gusa. Sinzi ibyo aribyo. Icya kabiri naje kubaza, baza kumbwira aho bitagenze neza, bafite ikibazo mu buyobozi. Abayobozi birirwa mu makimbirane, bakemura ibibazo hagati yabo kurusha gukemura iby’abo bayobora.”

Yakomeje agira ati “Amakimbirane, kutavugana, kutumvikana, kudakorana neza biragenda bikavamo iriya myanya n’amanota byagaragaje. Nta kuntu wabinyura iruhande. Ingaruka yabyo ni ibi twabonye hano, nta kuntu wabihisha, ushobora kubihisha igihe gito ariko iyo byageze mu kubiteranya no kubitumurikira biraboneka.”

Perezida Kagame yavuze ko abayobozi badakwiye gukemura ibibazo byabo bwite ngo bibagirwe ibyo abo bashinzwe; ahubwo ko buri kimwe gikwiye guharirwa umwanya wacyo. Yabibukije ko inshingano bahawe, bari bazemeye bagaragaza ko bazanazishyira mu bikorwa, akibaza impamvu bidakorwa.

Ati “Gukorera abo ushinzwe, uba waravuze ngo nibo ugiye gukorera mu gihe uri umuyobozi, nabyo tujye kubisabira inkunga abaduha inkunga bicaranye natwe? Mwebwe abayobozi abaterankunga babahe no gukorana? Nabyo barabishinzwe?”

Babatunga ku byo mushoboye no ku byo mudashoboye? Ni ko mubyumva? Abanyafurika ubwo ni uko mwapfuye? Mwumva ko hari undi ushinzwe ubuzima bwanyu? Nta buzima mushaka se? ntabwo mufite, ntabwo mushaka? Kuki wumva ko watungwa n’undi muntu?”

Hari abaturage batazi abayobozi

Perezida Kagame yavuze ko hari abaturage bo mu bice bimwe na bimwe bagaragaza ko batajya babona abayobozi, akibaza impamvu baguma mu biro aho kujya kureba abo bashinzwe.

Yatanze urugero rw’abaturage bo mu Karere ka Ngororero babwiye Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu ko batajya babona abayobozi.

Ati “Minisitiri Kaboneka wahoze aha, ejo bundi yagiye mu giturage bamubwira ko aribwo bwa mbere babonye umuyobozi. Ngo nibwo bwa mbere babonye abayobozi, bwa mbere. Bishoboka bite? Nyaruguru ntabwo ari igice cy’u Rwanda? Muvuga ko mumanuka mukajya mu baturage, Nyaruguru mukayisiga? Cyangwa muriruka mukinyabyayo kugira ngo bigaragare ko mwagezeyo. […] Bakagufotorera i Rusizi, ukavuga ko wagezeyo kubera ko wageze mu ifoto.”

Yakomeje agira ati “Abaturage ni abacu, ni abo dukomokamo ntabwo ari ab’ahandi tutazi. Ntabwo naza aha ngo mbabeshye, ngo mbashimishe ngo nyure iruhande ukuri kandi imyaka ibaye myinshi tubivuga, tubisubiramo buri munsi […] Igihe kirageze bigomba guhinduka. Aba turiya turere baje hanyuma; ibyo mukora bituma muza muri iriya myanya […] ni zo ngaruka ziza ku baturage muyobora. Ni yo ngaruka iri ku baturage.”

Umukuru w’Igihugu yakomeje avuga ko usanga abana baragwingiye cyangwa abandi barwaye bwaki mu gihe hari inzego zishinzwe ibyo bibazo byose.

Ati “Inzego munyumve, ejo mutazagira ibibazo, ndabararitse. Namwe bayobozi muri hano, muri munsi y’amanota y’impuzandengo; niba udashobora kugira intego yo gukorera abaturage ngo ubazamure, waza ukavuga uti ibi bintu simbishoboye cyangwa sinshaka kubikora. Kuza ukavuga ngo simbishoboye ni mushake undi ubikora, waba uri umugabo nagushimira; ariko niba wemeye inshingano zikore cyangwa se hakwiye kuboneka ingaruka.”

2018-08-09
Editorial

IZINDI NKURU

ITORERO ZION TEMPLE RYAFUNGUYE ISHAMI INDIANA MURI AMERIKA

ITORERO ZION TEMPLE RYAFUNGUYE ISHAMI INDIANA MURI AMERIKA

Editorial 03 Jun 2016
Uburiganya : Mpayimana Philippe  yashyizwe mu majwi mu bashaka imikono ya kandidatire binyuranyije n’amategeko

Uburiganya : Mpayimana Philippe yashyizwe mu majwi mu bashaka imikono ya kandidatire binyuranyije n’amategeko

Editorial 27 May 2017
Polisi y’ u Rwanda yataye muri yombi Egide Kayitasire wahoze ari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akarere ka Nyaruguru

Polisi y’ u Rwanda yataye muri yombi Egide Kayitasire wahoze ari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akarere ka Nyaruguru

Editorial 10 Jun 2017
B’ Ambasaderi bavuyeho nabi kurusha abandi

B’ Ambasaderi bavuyeho nabi kurusha abandi

Editorial 17 Aug 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Olivier Mulindahabi na Eng Muhirwa bashyikirijwe ubushinjacyaha
IMIKINO

Olivier Mulindahabi na Eng Muhirwa bashyikirijwe ubushinjacyaha

Editorial 17 Feb 2016
Imibanire hagati ya Adeline Rwigara n’akazu
Amakuru

Imibanire hagati ya Adeline Rwigara n’akazu

Editorial 14 Apr 2021
Red Pepper yanditse ko Museveni ‘ategura guhungabanya’ ubutegetsi bw’u Rwanda, yafunguwe
ITOHOZA

Red Pepper yanditse ko Museveni ‘ategura guhungabanya’ ubutegetsi bw’u Rwanda, yafunguwe

Editorial 24 Jan 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru