• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Rulindo: Imbaga yitabiriye itangizwa ryo kwamamaza abakandida ba FPR Inkotanyi

Rulindo: Imbaga yitabiriye itangizwa ryo kwamamaza abakandida ba FPR Inkotanyi

Ubwanditsi 13 Aug 2018 INKURU NYAMUKURU

Ku munsi wa mbere w’ibikorwa byo kwiyamamaza kw’abakandida bahatanira kwinjira mu Nteko Ishinga Amategeko, Umutwe w’Abadepite, imbaga y’abaturage bo mu Karere ka Rulindo yahuriye ku kibuga cy’umupira cya Nyamyumba, kuri uyu wa Mbere, ahari bwiyamamarize abakandida ba FPR-Inkotanyi.

Abaturage baserukanye ibirango bya FPR –Inkotanyi n’indirimbo zigaragaza icyizere n’ibigwi by’uyu muryango uyoboye igihugu, bose amaboko akaba ari mu kirere babyina ko ‘Abanyarwanda bibohoye’.

Amabendera ya FPR Inkotanyi n’ay’imitwe ya politiki yifatanyije mu gutanga abakandida ariyo; PDI, PSR, PDC, PPC, UDPR na PSP niyo agaragara ku kibuga cya Nyamyumba.

Intero ni imwe, abaturage bose bagaragaza ko biteguye kuzatora uyu “muryango w’Abanyarwanda.’

Mu gihe abaturage bategereje ko FPR Inkotanyi ibereka abakandida, ngo inababwire imigabo n’imigambi y’ibyo bateganya kuzabagezaho nibabaha amajwi muri aya matora yo muri Nzeri 2018, babanje gususurutswa n’abahanzi bakomeye barimo Bruce Melody.

Abaturage bacyereye itangizwa ry’ibikorwa byo kwiyamamaza kw’abakandida ba FPR Inkotanyi bagaragaje ko bafite impamvu nyinshi zizatuma bayitora.

Bampire Anonciata wo mu Murenge wa Rusiga yagize ati “Nifuza ko nk’abagore bakomeza bakadushyigikira ntituzongere gusubizwa inyuma nk’uko kera byahoze, umugore ntagikubitwa, yazamuwe mu ntera mu nzego zifata ibyemezo, na hano arahagarara akavuga ijambo.”

Yakomeje agira ati “FPR-Inkotanyi nyikundira ko yatugejejeho ubuyobozi bwiza, yatugejejeho umutekano kandi n’abana bacu bariga. Umwana wanjye arangije amashuri yisumbuye ku Kabutare aritegura ko azajya no muri kaminuza. Umwana aritsindira akiga, n’uw’umukene leta ikamurihira. Nta cyazatuma ntayitora 100%.”

Umushyitsi mukuru mu gutangiza ibikorwa byo kwiyamamaza ni Umunyamabanga Mukuru wa FPR Inkotanyi, Ngarambe François.
Ibikorwa byo kwiyamamaza byatangiye kuri uyu wa 13 Kanama bizarangira ku wa 1 Nzeri 2018.

Muri manda ziheruka, Umuryango FPR Inkotanyi ni wo wari ufite ubwinganze mu Nteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda.

Mu matora yo mu mwaka wa 2003, FPR Inkotanyi yatsindiye imyanya y’ abadepite 40 muri 53 ihatanirwa n’amashyaka n’abakandida bigenga; PSD ibona imyanya irindwi; PL itandatu.

Bigeze mu 2008, FPR Inkotanyi yabonye imyanya 42 naho PSD itsindira irindwi. Muri manda y’Umutwe w’Abadepite washeshwe ku wa 9 Kanama 2018, FPR Inkotanyi yari ifitemo Abadepite 41; PSD yatsindiye irindwi, PL ifite itanu.

2018-08-13
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Uko Perezida Museveni yahuye na Charlotte Mukankusi, umwe mu bayobozi  bakuru ba RNC

Uko Perezida Museveni yahuye na Charlotte Mukankusi, umwe mu bayobozi bakuru ba RNC

Ubwanditsi 15 Mar 2019
Tribert Rujugiro: Umunyamabi n’umunyaburiganya ruharwa wahindutse umuherwe

Tribert Rujugiro: Umunyamabi n’umunyaburiganya ruharwa wahindutse umuherwe

Ubwanditsi 09 Aug 2019
Ni iki kihishe inyuma y’inyeshyamba zivuga Ikinyarwanda zisirisimba mu Ntara ya Cibitoke,  ku mupaka w’u Rwanda

Ni iki kihishe inyuma y’inyeshyamba zivuga Ikinyarwanda zisirisimba mu Ntara ya Cibitoke, ku mupaka w’u Rwanda

Ubwanditsi 13 Apr 2019
Iperereza rya Loni ryagaragaje ko mu Burundi hagikorwa ibyaha byibasira inyokomuntu

Iperereza rya Loni ryagaragaje ko mu Burundi hagikorwa ibyaha byibasira inyokomuntu

Ubwanditsi 06 Sep 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Faustin Twagiramungu yibutse ibitereko yasheshe, yamanitse amaboko yemera ko yitandukanyije n’imitwe yitwaje intwaro
Amakuru

Faustin Twagiramungu yibutse ibitereko yasheshe, yamanitse amaboko yemera ko yitandukanyije n’imitwe yitwaje intwaro

Ubwanditsi 09 Apr 2021
Ni Perezida Kabila Uri Kubyivangamo Kugira Ngo Ntiyamamaza- Moise Katumbi
POLITIKI

Ni Perezida Kabila Uri Kubyivangamo Kugira Ngo Ntiyamamaza- Moise Katumbi

Ubwanditsi 07 Aug 2018
Perezida Nyusi wa Mozambique aratangira uruzinduko rw’iminsi itatu mu Rwanda
POLITIKI

Perezida Nyusi wa Mozambique aratangira uruzinduko rw’iminsi itatu mu Rwanda

Ubwanditsi 19 Jul 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru