• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Girumugisha yabaye umukinnyi w’umwaka muri Shampiyona y’u Rwanda ahembwa imodoka ya miliyoni 15 Frw   |   13 Jul 2026

  • Iperereza ku rupfu rwa ruharwa Kabuga Félicien: Yapfiriye mu cyumba cye nyuma yo guhabwa ifunguro, yazize umutima   |   13 Jul 2026

  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Rulindo: Imbaga yitabiriye itangizwa ryo kwamamaza abakandida ba FPR Inkotanyi

Rulindo: Imbaga yitabiriye itangizwa ryo kwamamaza abakandida ba FPR Inkotanyi

Ubwanditsi 13 Aug 2018 INKURU NYAMUKURU

Ku munsi wa mbere w’ibikorwa byo kwiyamamaza kw’abakandida bahatanira kwinjira mu Nteko Ishinga Amategeko, Umutwe w’Abadepite, imbaga y’abaturage bo mu Karere ka Rulindo yahuriye ku kibuga cy’umupira cya Nyamyumba, kuri uyu wa Mbere, ahari bwiyamamarize abakandida ba FPR-Inkotanyi.

Abaturage baserukanye ibirango bya FPR –Inkotanyi n’indirimbo zigaragaza icyizere n’ibigwi by’uyu muryango uyoboye igihugu, bose amaboko akaba ari mu kirere babyina ko ‘Abanyarwanda bibohoye’.

Amabendera ya FPR Inkotanyi n’ay’imitwe ya politiki yifatanyije mu gutanga abakandida ariyo; PDI, PSR, PDC, PPC, UDPR na PSP niyo agaragara ku kibuga cya Nyamyumba.

Intero ni imwe, abaturage bose bagaragaza ko biteguye kuzatora uyu “muryango w’Abanyarwanda.’

Mu gihe abaturage bategereje ko FPR Inkotanyi ibereka abakandida, ngo inababwire imigabo n’imigambi y’ibyo bateganya kuzabagezaho nibabaha amajwi muri aya matora yo muri Nzeri 2018, babanje gususurutswa n’abahanzi bakomeye barimo Bruce Melody.

Abaturage bacyereye itangizwa ry’ibikorwa byo kwiyamamaza kw’abakandida ba FPR Inkotanyi bagaragaje ko bafite impamvu nyinshi zizatuma bayitora.

Bampire Anonciata wo mu Murenge wa Rusiga yagize ati “Nifuza ko nk’abagore bakomeza bakadushyigikira ntituzongere gusubizwa inyuma nk’uko kera byahoze, umugore ntagikubitwa, yazamuwe mu ntera mu nzego zifata ibyemezo, na hano arahagarara akavuga ijambo.”

Yakomeje agira ati “FPR-Inkotanyi nyikundira ko yatugejejeho ubuyobozi bwiza, yatugejejeho umutekano kandi n’abana bacu bariga. Umwana wanjye arangije amashuri yisumbuye ku Kabutare aritegura ko azajya no muri kaminuza. Umwana aritsindira akiga, n’uw’umukene leta ikamurihira. Nta cyazatuma ntayitora 100%.”

Umushyitsi mukuru mu gutangiza ibikorwa byo kwiyamamaza ni Umunyamabanga Mukuru wa FPR Inkotanyi, Ngarambe François.
Ibikorwa byo kwiyamamaza byatangiye kuri uyu wa 13 Kanama bizarangira ku wa 1 Nzeri 2018.

Muri manda ziheruka, Umuryango FPR Inkotanyi ni wo wari ufite ubwinganze mu Nteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda.

Mu matora yo mu mwaka wa 2003, FPR Inkotanyi yatsindiye imyanya y’ abadepite 40 muri 53 ihatanirwa n’amashyaka n’abakandida bigenga; PSD ibona imyanya irindwi; PL itandatu.

Bigeze mu 2008, FPR Inkotanyi yabonye imyanya 42 naho PSD itsindira irindwi. Muri manda y’Umutwe w’Abadepite washeshwe ku wa 9 Kanama 2018, FPR Inkotanyi yari ifitemo Abadepite 41; PSD yatsindiye irindwi, PL ifite itanu.

2018-08-13
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ubutabera mpuzamahanga bwateye utwatsi ubusabe bw’abunganizi ba Kabuga Felisiyani basabaga ko urubanza rw’umukiliya wabo rukurwaho kuko ngo nta mbaraga agifite zo kuburana.

Ubutabera mpuzamahanga bwateye utwatsi ubusabe bw’abunganizi ba Kabuga Felisiyani basabaga ko urubanza rw’umukiliya wabo rukurwaho kuko ngo nta mbaraga agifite zo kuburana.

Ubwanditsi 02 Jun 2021
Byadogereye muri Afrika y’Epfo: Abatavuga rumwe na Perezida Ramaphosa baramusaba gucyura vuba ingabo z’icyo gihugu ziri muri Kongo.

Byadogereye muri Afrika y’Epfo: Abatavuga rumwe na Perezida Ramaphosa baramusaba gucyura vuba ingabo z’icyo gihugu ziri muri Kongo.

Ubwanditsi 19 Jul 2024
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

Ubwanditsi 14 Mar 2025
Ingabire Victoire na Jambo asbl nta somo batanga k’ubumwe bw’Abanyarwanda kuko nibo babusenya

Ingabire Victoire na Jambo asbl nta somo batanga k’ubumwe bw’Abanyarwanda kuko nibo babusenya

Ubwanditsi 08 Sep 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Gushima no kwishimira ibyagezweho
Mu Rwanda

Gushima no kwishimira ibyagezweho

Ubwanditsi 18 May 2017
Polisi y’u Rwanda yashyizwe ku mwanya wa kabiri muri Afurika, n’uwa 50 ku Isi mu zihagazeho
Mu Rwanda

Polisi y’u Rwanda yashyizwe ku mwanya wa kabiri muri Afurika, n’uwa 50 ku Isi mu zihagazeho

Ubwanditsi 09 Nov 2017
Imirimo yo gusana  Gatuna iragana ku musozo – Minisitiri Sezibera
INKURU NYAMUKURU

Imirimo yo gusana Gatuna iragana ku musozo – Minisitiri Sezibera

Ubwanditsi 20 Apr 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru