• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR bari muri Congo, barica abantu, bateza umutekano muke, Gusenya uwo mutwe bireba Congo n’ u Rwanda natwe bikatureba   |   29 Jan 2026

  • ICYO WAMENYA KUBIYAMAMARIZA KUYOBORA FDU-INKINGI: UMUTWE W’INTERAHAMWE ZIHEBEYE KUBUNZA INGENGABITEKEREZO YA JENOSIDE   |   29 Jan 2026

  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

 
You are at :Home»IMIKINO»Mugisha Samuel wegukanye Tour du Rwanda yerekeje muri Tour de France U-23

Mugisha Samuel wegukanye Tour du Rwanda yerekeje muri Tour de France U-23

Editorial 15 Aug 2018 IMIKINO

Mugisha Samuel yerekeje mu Bufaransa ajyanye n’ikipe y’igihugu y’umukino w’amagare, aho bagiye kwitabira irushanwa rya Tour de l’Avenir rifatwa nka Tour de France y’abatarengeje imyaka 23.

Mugisha na bagenzi be berekeje mu Bufaransa nyuma y’amasaha atagera kuri 48 batsinze Tour du Rwanda.

Mugisha w’imyaka 20 ni we muto mu bo bajyanye bose, azaba ari kumwe na Munyaneza Didier uherutse kwegukana shampiyona y’igihugu hamwe na Ukiniwabo Jean Paul René, Hakiruwizeye Samuel, Manizabayo Eric hamwe na Areruya Joseph.

Abakinnyi batanu n’umutoza wabo Sterling Magnell nibo bahagurutse ku kibuga cy’indege i Kanombe berekeza mu Bufaransa.

Areruya Joseph usanzwe ubarizwa mu Bufaransa mu ikipe ya Delko-Marseille we bazamusangayo, kuko yagiyemo uyu mwaka nyuma yo kwegukana La Tropicale Amissa Bongo na Tour du Rwanda y’umwaka ushize.

JPEG - 448.7 kb
Hashize iminsi ibiri gusa Mugisha Samuel yegukanye isiganwa rya Tour du Rwanda

Benshi mu bakinnyi bakinnye Tour de l’Avenir bakomeje kwitwara neza bagera no muri Tour de France, barimo nka Felice Gimondi, Joop Zoetemelk, Greg LeMond, Miguel Indurain na Laurent Fignon banatsinze tumwe mu duce twa Tour de France.

Iryo rushanwa ritangira kuri uyu wa Gatanu rizitabirwa n’amakipe 26. U Rwanda ni cyo gihugu cyo ku mugabane wa Afurika cyabonye itike yo gukina iri siganwa, nyuma yo gutwara irushanwa rya Tour de l’Espoir ryahuje amakipe yo muri Afurika ikipe y’igihugu y’u Rwanda ikaryegukana ritwawe na Areruya Joseph.

U Rwanda (mu kaziga) ni kimwe mu bihugu bizitabira Tour de l’Avenir

Abandi bagiye muri Amerika gukina muri Colorado Classic

Iyo kipe y’igihugu yerekeje mu Bufaransa mu gihe indi kipe y’u Rwanda yaraye yerekeje muri Amerika guhatana muri rimwe mu masiganwa akomeye muri icyo gihugu rizwi nka Colorado Classic.

Abakinnyi bazahagarira u Rwanda muri Colorado Classic ni Uwizeyimana Bonevanture, Nsengimana Bosco, Ndayisenga Valens, Uwizeye Jean Claude, Hadi Janvier na Byukusenge Patrick. Bakazaba bari kumwe n’umutoza Sempoma Felix.

Uduce tugize Tour de l’Avenir:

Agace ka mbere: 17/8 Grand-Champ › Elven (kilometero 132.5)
Agace ka kabiri: 18/8 Drefféac › Châteaubriant (kilometero 137.6)
Agace ka gatatu: 19/8 Le Lude › Châteaudu (kilometero 165.8k)
Agace ka kane: 20/8 Orléans › Orléans (kilometero 20.2)
Agace ka gatanu: 21/8 Beaugency › Levroux (kilometero 130.4)
Agace ka gatandatu: 22/8 Le Blanc › Cérilly (kilometero 183.5)
Agace ka karindwi 23/8 Moutiers › Méribe (kilometero 35.9)
Agace ka munani: 24/8 La Bathie › Crest-Voland Cohennoz(kilometero 106.2)
Agace ka cyenda: 25/8 Séez › Val d’Isère (kilometero 89) 
Agace ka cumi: 26/8 Val d’Isère › Saint-Colomban-des-Villards Col du Glandon (kilometero 150.8)

2018-08-15
Editorial

IZINDI NKURU

Niyigena Clément wa APR FC n’uwahoze ari umutoza we Darko Novic mu begukanye ibikombe by’abahize abandi muri Rwanda Premier League 2024-2025

Niyigena Clément wa APR FC n’uwahoze ari umutoza we Darko Novic mu begukanye ibikombe by’abahize abandi muri Rwanda Premier League 2024-2025

Editorial 31 May 2025
Young Africans sc ya Haruna Niyonzima yasezerewe muri Confederations Cup

Young Africans sc ya Haruna Niyonzima yasezerewe muri Confederations Cup

Editorial 14 Aug 2016
Amavubi  ngo yibasiwe  n’imbeho n’umuyaga bikonje cyane  byo muri Tunisia

Amavubi ngo yibasiwe n’imbeho n’umuyaga bikonje cyane byo muri Tunisia

Editorial 04 Jan 2018
Rayon Sports yageze muri 1/4 cy’imikino y’igikombe cy’Amahoro isezereye Musanze FC ku giteranyo cy’ibitego 3-1

Rayon Sports yageze muri 1/4 cy’imikino y’igikombe cy’Amahoro isezereye Musanze FC ku giteranyo cy’ibitego 3-1

Editorial 21 Apr 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Sobanukirwa impamvu iteka Umushakashatsi Tom Ndahiro adafata Ingabire Victoire Umuhoza nk’Umunyapolitike ahubwo akamufata nk’Umujenosoideri w’Umugome
Amakuru

Sobanukirwa impamvu iteka Umushakashatsi Tom Ndahiro adafata Ingabire Victoire Umuhoza nk’Umunyapolitike ahubwo akamufata nk’Umujenosoideri w’Umugome

Editorial 09 Sep 2021
Perezida Pombe Magufuli yagize icyo atangaza k’urupfu rw’umunyarwenya ukomeye King Majuto-AMAFOTO.
HIRYA NO HINO

Perezida Pombe Magufuli yagize icyo atangaza k’urupfu rw’umunyarwenya ukomeye King Majuto-AMAFOTO.

Editorial 09 Aug 2018
Sunrise FC yagarutse mu kiciro cya mbere 2022-2023 ibisikana na Etoile de l’Est na Gicumbi FC, Ikipe y’u Rwanda mu bahungu yabonye itike y’igikombe cya Afurika muri Basketball
Amakuru

Sunrise FC yagarutse mu kiciro cya mbere 2022-2023 ibisikana na Etoile de l’Est na Gicumbi FC, Ikipe y’u Rwanda mu bahungu yabonye itike y’igikombe cya Afurika muri Basketball

Editorial 19 Jun 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru