• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe 14 yo mu bihugu 4 birimo U Rwanda, Uganda, Kenya na Benin agiye guhatanira irushanwa ryo Kwibuka muri Volleybal   |   18 Jun 2026

  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Umutoza w’ikipe y’igihugu Amavubi yavuze impamvu nyamukuru yatumye adahamagara Bakame

Umutoza w’ikipe y’igihugu Amavubi yavuze impamvu nyamukuru yatumye adahamagara Bakame

Ubwanditsi 23 Aug 2018 IMIKINO

Mashami Vincent, umutoza mushya w’ikipe y’igihugu Amavubi yavuze ko ikipe y’igihugu atari ubuhungiro bityo ko kuba Bakame afitanye ibibazo na Rayon Sports atari kumuhamagara nubwo ari umuhanga.
Ibi yabitangarije mu kiganiro Mashami Vincent yagiranye n’itangazamakuru ubwo yatangazaga amazina y’abakinnyi 32 bagomba gukora umwiherero bakavamo 18 azifashisha mu mukino Amavubi azacakiranamo na Cote d’Ivoir mu mikino yo gushakisha itike yo gukina igikombe cy’Afurika.

Tariki ya 10 Kamena 2018 ni bwo byatangajwe ko umuzamu wa mbere akaba yari na Kapiteni wa Rayon Sports Eric Bakame yahagaritswe mu ikipe ye bitewe n’imyitwarire ye ahanini yashinjwaga kugambanira ikipe ngo itsindwe no kubiba umwuka mubi muri bagenzi be.s

Yahagaritswe muri Rayon Sports biturutse ku ijwi ryakwirakwijwe ku mbuga nkoranyambaga n’umuntu bavuganye ku murongo wa telefoni , avuga ko yanze kujya gukinira i Musanze bitewe no kutishimira umutoza, aha ngo yanze kujyana n’ikipe kugirango itsindwe maze hirukanwe Ivan Minaert wari umutoza mukuru icyo gihe. Ibi byatumye Bakame ahagarikwa mu gihe kitazwi.

Mashami Vincent yavuze ko iyi ari yo mpamvu nyamukuru yatumye adahamagara Bakame kuko asanzwe ari umuhanga, ngo mu gihe yari guhamagara Bakame ngo akinire Amavubi, yari kuba asuzuguye icyemezo cya Rayon Sports. Mashami kandi yavuze ko Bakame atagomba gucirwaho iteka kuko buri wese akosa.

Ati:”Icya mbere cyo ndibushake ko mwese twumvikanaho ni uko twese uko turi aha ngaha nta mutagatifu urimo. Twese ntituri abatagatifu(….)Bakame rero, kimwe n’uko nanjye nakora amakosa nawe ushobora kuyakora. Bakame, yarakosheje ni byo ariko ntabwo kuba tutamuhamagara ari ukuvuga ko tumuciriye urubanza cyangwa se tumuhannye ahubwo ni ukugira ngo twubahe icyemezo cy’umukoresha we.”

Yakomeje agira ati :”Umukoresha we wa nyuma bafitanye amasezerano ni Rayon Sports. Rayon Sports ni umunyamuryango wa FERWAFA ntabwo rero dushaka kwerekana ko Rayon Sports ibyo yakoze mu by’ukuri yibeshye kubera ko ifite impamvu yabikoze. Ntabwo dushaka kwerekana ko ikipe y’igihugu umuntu ashobora gukora ibintu ariko akaba ariho yahungira.”

Mashami yemeza ko mu gihe cyose azaba ari umutoza w’ikipe y’igihugu, Bakame azahamagarwa mu gihe ibibazo afitanye n’ikipe ye bizaba byarakemutse.

Urutonde rw’abakinnyi 32 bahamagawe ruriho abari basanzwe bamenyerewe muri iyi kipe, gusa hariho na bamwe mu bakinnyi bayihamagawemo bwa mbere, ndetse n’abari bamaze igihe kirekire batagaragara muri iyi kipe.

Amwe mu mazina y’abakinnyi batungurane kuri uru rutonde harimo umuzamu Ntwari Fiacre usanzwe afatira Intare, Rwabugiri Omar wa Mukura Victory Sports, Iragire Saidi wa Mukura VS, Nizeyimana Djuma wa Kiyovu Sports, Ngendahimana Eric wa Police na Mutabazi J. Paul wa Kirehe.

Mu bandi bahamagawe batari baherutse muri iyi kipe harimo Meddie Kagere wa Gor Mahia, Kwizera Olivier wa Free State Stars, Rwatubyaye Abdoul wa Rayon Sports na Sibomana Patrick.

Urutonde rw’abakinnyi 32 bahamagawe

2018-08-23
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Mu gihe habura amasaha make ngo Amavubi akine na Mozambique, CAF yavuze ko umunyezamu Olivier Kwizera atemerewe gukina uyu mukino

Mu gihe habura amasaha make ngo Amavubi akine na Mozambique, CAF yavuze ko umunyezamu Olivier Kwizera atemerewe gukina uyu mukino

Ubwanditsi 24 Mar 2021
Igihangange muri Ruhago Maradona yitabye Imana.

Igihangange muri Ruhago Maradona yitabye Imana.

Ubwanditsi 25 Nov 2020
Mushikiwabo yagarutse ku myitwarire igomba kuranga Abanyarwanda mu gihe cya CHAN

Mushikiwabo yagarutse ku myitwarire igomba kuranga Abanyarwanda mu gihe cya CHAN

Ubwanditsi 11 Jan 2016
Amavubi yatsinzwe umukino wa kabiri muri Cecafa [ Amafoto ]

Amavubi yatsinzwe umukino wa kabiri muri Cecafa [ Amafoto ]

Ubwanditsi 06 Dec 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Chorale de Kigali yongeye gutegura igitaramo kiba mu mpera za buri mwaka, icya 2021 kizabera muri Kigali Arena mu kwezi k’Ukuboza
Amakuru

Chorale de Kigali yongeye gutegura igitaramo kiba mu mpera za buri mwaka, icya 2021 kizabera muri Kigali Arena mu kwezi k’Ukuboza

Ubwanditsi 12 Nov 2021
BKArena irakira imikino ya nyuma ya BAL 2023, REG BBC ihagarariye u Rwanda iratangirana na Al Ahly
Amakuru

BKArena irakira imikino ya nyuma ya BAL 2023, REG BBC ihagarariye u Rwanda iratangirana na Al Ahly

Ubwanditsi 19 May 2023
KNC witegura kumurikira Album mu gitaramo yatumiyemo ChakaChaka yashyize hanze indirimbo 3 icyarimwe
SHOWBIZ

KNC witegura kumurikira Album mu gitaramo yatumiyemo ChakaChaka yashyize hanze indirimbo 3 icyarimwe

Ubwanditsi 14 May 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru