• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR bari muri Congo, barica abantu, bateza umutekano muke, Gusenya uwo mutwe bireba Congo n’ u Rwanda natwe bikatureba   |   29 Jan 2026

  • ICYO WAMENYA KUBIYAMAMARIZA KUYOBORA FDU-INKINGI: UMUTWE W’INTERAHAMWE ZIHEBEYE KUBUNZA INGENGABITEKEREZO YA JENOSIDE   |   29 Jan 2026

  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Uganda: Gen Kale Kayihura mu rukiko bamushakiye ibyaha bidasobanutse

Uganda: Gen Kale Kayihura mu rukiko bamushakiye ibyaha bidasobanutse

Editorial 24 Aug 2018 INKURU NYAMUKURU

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu nibwo  uwahoze ari umukuru w’igipolisi, Gen Kale Kayihura  yagejejwe imbere y’Urukiko Rukuru rwa Gisirikare rwa Makindye bwa mbere kuva yatabwa muri yombi muri Kamena.

Gen Kale Kayihura benshi babonaga nk’umuntu ushobora no kwitangira Perezida Museveni, kuri ubu ari gushinjwa ibyaha bifitanye isano no kwirengagiza inshingano yari afite no kwitambika iyubahirizwa ry’amategeko.

Umwihariko w’ibyaha  bamusomeye mu rukiko harimo ko yashimutaga impunzi z’abanyarwanda akazigarura mu Rwanda  kungufu , [nka Lt Joel Mutabazi ], ikindi cyaha aregwa  ni ugukoresha nabi ububasha ahabwa n’amategeko. Ariko  ibi byaha byose Gen. Kale Kayuhura, yabihakanye avuga ko ataribyo ko ntabyo yakoze. Abunganizi be mu mategeko basabye urukiko ko yarekurwa by’agateganyo akajya aburana ari hanze.

Gen. Kale Kayihura yitaba urukiko yari arinzwe bikomeye

Urukiko rwanzuye ko ibisabwa n’abunganizi ba Kale Kayihura bizafatirwa umwanzuro tariki 28 Kanama 2018. Abakurikiranira hafi iki kibazo cya Gen. Kale Kayihura, baravuga ko ibyo byaha aregwa bimwe ari ibihimbano bigamije ku mucisha umutwe byahimbwe nabamwe mu bakuru b’ingabo n’inzego z’ubutasi bwa gisilikare  CMI na ISO bihabwa umugisha na Gen. Salim Saleh ndetse na Gen. Tumukunde wari Minisitiri w’umutekano badacana uwaka .

Ibi  icyo abantu babishingiraho  ni uko Gen. Kale Kayihura afatwa yashinjwaga urupfu rwa  Inspector General  wa Police Andrew Felix Kaweesi wari umwungirije wishwe arashwe , ariko murukiko iki kirego kikaba kitagaragaye mu byaha ashinjwa, bigaragaza ko  ibyaha byose ashinjwa ari ibihimbano, ko ntabimenyetso bimushinja icyaha bihari, kimwe n’ibindi ashinjwa birimo ibirebana  n’imicungire y’imbunda za polisi no gutoroka kw’umwe mu bapolisi bakuru.

Ikinyamakuru Chimpreports cyanditse inkuru  kivuga ko inshuti n’abo mu muryango wa kayihura bari  ku rukiko bivugwa ko  rwari rurinzwe bikomeye n’abashinzwe disipuline mu gisirikare (Military Police).

Gen. Kale Kayihura yatawe muri yombi kuwa 13 Kamena akuwe ku ifamu ye iri ahitwa Kashagama mu Karere ka Lyantonde afungirwa mu kigo cya gisirikare cya Makindye aho afunze mu buryo butandukanye bitewe n’izina rye.

Hari amakuru yakwirakwijwe n’inzego zishinzwe ubutasi bwa gisilikare ko Kale Kayihura yaba yarashatse kwiyahura muri gereza ya Makindye aho afungiye, ariko Rushyashya yaje gutahura ko wari umugambi wa CMI wo gushaka kumwicira muri gereza ya Makindye bikitwa ko yiyahuye.

Kugeza ubu urubanza rurasubitswe rusasubukurwa tariki ya 4 Nzeli 2018 .

2018-08-24
Editorial

IZINDI NKURU

Urubyiruko rukomoka ku bicanyi rwibumbiye muri Jambo asbl rwateguye Mitingi yo kurwanya ubumwe n’iterambere mu Rwanda

Urubyiruko rukomoka ku bicanyi rwibumbiye muri Jambo asbl rwateguye Mitingi yo kurwanya ubumwe n’iterambere mu Rwanda

Editorial 28 May 2021
Perezida Kagame arasura Cote d’Ivoire muri iki cyumweru dutangiye

Perezida Kagame arasura Cote d’Ivoire muri iki cyumweru dutangiye

Editorial 16 Dec 2018
Ibinyoma Kongo ihimbira u Rwanda ntibishingiye ku rwango gusa, binafitanye isano n’ubuswa.

Ibinyoma Kongo ihimbira u Rwanda ntibishingiye ku rwango gusa, binafitanye isano n’ubuswa.

Editorial 20 Jul 2023
Ukwikunda n’ukwiriza kwa Uganda mu mutima w’ibibazo byayo n’u Rwanda

Ukwikunda n’ukwiriza kwa Uganda mu mutima w’ibibazo byayo n’u Rwanda

Editorial 18 Nov 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ubukwe bwa Ali Kiba bwitezwemo abaherwe bo muri Kenya
HIRYA NO HINO

Ubukwe bwa Ali Kiba bwitezwemo abaherwe bo muri Kenya

Editorial 18 Apr 2018
U Rwanda rwigiye ku mateka mabi rwanyuzemo ku buryo ubu rurangamiye ahazaza- Perezida Kagame
INKURU NYAMUKURU

U Rwanda rwigiye ku mateka mabi rwanyuzemo ku buryo ubu rurangamiye ahazaza- Perezida Kagame

Editorial 04 Jul 2019
Ntabwo twagarura abo twatakaje, ariko dufite ubushobozi bwo kurinda ibyagezweho – Kagame
Mu Mahanga

Ntabwo twagarura abo twatakaje, ariko dufite ubushobozi bwo kurinda ibyagezweho – Kagame

Editorial 12 Apr 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru