• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe 14 yo mu bihugu 4 birimo U Rwanda, Uganda, Kenya na Benin agiye guhatanira irushanwa ryo Kwibuka muri Volleybal   |   18 Jun 2026

  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Ambasaderi Charles Kayonga Yahishuye Ko Perezida Kagame Ategerejwe I Beijing Mu Kwezi Gutaha

Ambasaderi Charles Kayonga Yahishuye Ko Perezida Kagame Ategerejwe I Beijing Mu Kwezi Gutaha

Ubwanditsi 31 Aug 2018 POLITIKI

Umugabane wa Afurika n’u Bushinwa biri kwishimira ubufatanye mu nzego zitandukanye kandi iyo mikoranire igomba gukomeza nk’uko byatangajwe na Ambasaderi w’u Rwanda mu Bushinwa, Charles Kayonga, wanahishuye ko Perezida Kagame mu kwezi gutaha azongera gukorera urugendo mu Bushinwa.

Ngo usibye ubufatanye mu bya politiki, u Bushinwa na Afurika biri gukorana neza mu nzego zitandukanye nko mu bikorwaremezo, inganda, ubuhinzi n’ibindi.

Ingero z’imishinga yagezweho binyuze mu Bufatanye bwa Afurika n’u Bushinwa, harimo imihanda ibiri ya gari yamoshi ihuza Djibouti na Ethiopia yubatswe n’u Bushinwa ndetse n’ibyanya byagenewe inganda bisaga 100 byubatse hirya no hino ku mugabane kandi bizanira inyungu impande zose.

By’umwihariko ku Rwanda, Ambasaderi Kayonga yavuze ko hamaze kubakwa imihanda myinshi kandi u Rwanda rwungutse ishoramari ryinshi ry’ibigo by’Abashinwa muri business zitandukanye.

Umugabane wa Afurika ukeneye ibikorwaremezo mu bintu ukeneye kugirango ubashe kugera ku mpinduka z’ubukungu burambye nk’uko Ambasaderi Kayonga yakomeje abitangaza mu kiganiro yahaye China Daily dukesha iyi nkuru.

Yongeyeho ko gufatanya n’u Bushinwa bizafasha kubona amafaranga yo gushora mu mishinga y’ibikorwaremezo izafasha kuzamura iterambere ry’inganda ku mugabane, u Bushinwa nabwo bikazabufasha mu ntumbero yabwo yo gukorera ku Isi yose.

Ambasaderi Kayonga yanahishuye ko Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame, akaba na Chairman wa Afurika Yunze Ubumwe, ategerejwe I Beijing mu kwezi gutaha aho azaba yitabiriye Inama ihuza u Bushinwa na Afurika izwi nka “Forum on China-Africa Cooperation” izaba kuwa Mbere, itariki 03 kugeza ku itariki 04 Nzeri 2018.

Ni inama minisitiri w’ububanyi n’amahanga w’u Bushinwa, Wang Yi, avuga ko yitezweho izafatirwamo ingamba zigamije iterambere ry’ibihugu bya Afurika. Ambasaderi Kayonga akaba yavuze ko iyo mishinga y’ibikorwaremezo ku bufatanye bw’u Bushinwa na Afurika izakura mu bwigunge  ibihugu nk’u Rwanda bidakora ku Nyanja, hatezwa imbere kwihuza kw’ubukungu bwa Afurika bwinjira mu bukungu mpuzamahanga.

Iyi nama ihuza u Bushinwa na Afurika igiye kuba ku nshuro ya gatatu nyuma y’iyabereye I Beijing mu 2006 ndetse n’iyabereye I Johannesburg muri Afurika y’Epfo mu 2015. Iyi izaba ifite insanganyamatsiko igira iti : “China and Africa: Toward an Even Stronger Community with a Shared Future Through Win-Win Cooperation”. Ugenekereje mu Kinyarwanda ni nk’u “Bushinwa na Afurika biganisha ku muryango ukomeye usangiye ahazaza binyuze mu bufatanye bwungukira buri ruhande”

Kuri Ambasaderi Kayonga, ngo mu kubaka umuryango nk’uyu, u Bushinwa na Afurika bizabasha kuzuzanya neza.

2018-08-31
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Politiki n’ingengabitekerezo bya Jenoside byabujije ba nyiramukubitwa kuba abantu

Politiki n’ingengabitekerezo bya Jenoside byabujije ba nyiramukubitwa kuba abantu

Ubwanditsi 07 Apr 2018
Burundi: Utazi umwanzi acirira FDLR.

Burundi: Utazi umwanzi acirira FDLR.

Ubwanditsi 28 Sep 2024
U Burusiya bwemeje ko bwagerageje misile nshya idashobora guhagarikwa

U Burusiya bwemeje ko bwagerageje misile nshya idashobora guhagarikwa

Ubwanditsi 15 Mar 2018
U Rwanda rwatumiwe muri G7 ku ngingo ireba inyanja

U Rwanda rwatumiwe muri G7 ku ngingo ireba inyanja

Ubwanditsi 07 Jun 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Imodoka zisaga 1,000 zakorewe isuzuma ry’ubuziranenge mu Ntara y’Amajyaruguru
Mu Rwanda

Imodoka zisaga 1,000 zakorewe isuzuma ry’ubuziranenge mu Ntara y’Amajyaruguru

Ubwanditsi 08 May 2018
Abarwayi ba Coronavirus mu Rwanda bageze kuri 70
HIRYA NO HINO

Abarwayi ba Coronavirus mu Rwanda bageze kuri 70

Ubwanditsi 30 Mar 2020
Polisi y’u Rwanda yeretse itangazamakuru Abarundi 12 bafashwe bagiye gucuruzwa muri Aziya
Mu Mahanga

Polisi y’u Rwanda yeretse itangazamakuru Abarundi 12 bafashwe bagiye gucuruzwa muri Aziya

Ubwanditsi 23 Jan 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru