• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe 14 yo mu bihugu 4 birimo U Rwanda, Uganda, Kenya na Benin agiye guhatanira irushanwa ryo Kwibuka muri Volleybal   |   18 Jun 2026

  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Ibyo inararibonye zisanga Umutwe w’Abadepite mushya waheraho

Ibyo inararibonye zisanga Umutwe w’Abadepite mushya waheraho

Ubwanditsi 05 Sep 2018 POLITIKI

Abanyarwanda bategereje kumenya abadepite 80 bazabahagararira mu Nteko Ishinga Amategeko, bakabatorera amategeko ababereye, bakamenya kandi bakagenzura ko Guverinoma ishyira mu bikorwa ibyo yemereye abaturage.

Ni byinshi abakandida biyamamaje mu matora y’Abadepite yo kuwa 2 Nzeri kugeza kuwa 4 Nzeri 2018, bijeje abaturage, yaba mu bikorwa remezo, ubuhinzi, ubworozi, ubuzima, uburezi n’ibindi bazabagezaho mu myaka itanu iri imbere.

Urugero ni nk’abavuze ko bazubaka imihanda ica mu kirere, abazarindisha igihugu ibyogajuru, abazashyiraho banki n’ikigega cy’ubwishingizi gifasha abahinzi n’aborozi n’ibindi.

Abakandida ba FPR Inkotanyi, bo bavuze ko bazashyigikira gahunda za Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, ubarizwa muri iri shyaka.

Ku rundi ruhande, inararibonye mu byiciro bitandukanye zivuga ko hari ibyo Umutwe w’Abadepite mushya ukwiriye kwihutira gukora, cyane cyane gutora amategeko asubiza ibibazo bikomereye abaturage byiganje mu bukungu n’uburezi.

Umwarimu muri Kaminuza y’u Rwanda, akaba n’inzobere mu bya politiki mpuzamahanga, Dr Christopher Kayumba, yavuze  ko Abadepite bakwiye guhagurukira uburezi kuko bugihuzagurika kandi ari bwo bucurirwamo abakozi bubaka igihugu.

Avuga ko Inteko Ishinga Amategeko ikwiriye kongera uburyo yegera abaturage, ahari ibibazo ikabavuganira, ikanabasobanurira ibikorwa byayo kuko abenshi bagaragaje ko batayizi ndetse baheruka kumva izina abadepite mu gihe cyo kubasaba amajwi.

Ati “Iyo abantu batoye lisiti y’amashyaka, amashyaka atowe nayo agomba kugira uruhare mu gutuma abadepite bayo bajya kuganira n’abaturage bakamenya ibibazo byabo bakanabafasha kubikemura.”

Umushumba wa Diyosezi Gatolika ya Kabgayi Smaragde Mbonyintege, akimara gutora yavuze ko abadepite bashya bagomba gukemura ihuzagurika muri politiki y’uburezi.

Ati “Ikintu cyo guharanira iterambere haracyarimo ikintu cyo guhuzagurika kw’inzego zitandukanye. Byaba byiza rero nk’abadepite bafashije icyo kintu cy’ihuzagurika kikavaho. Cyane cyane ikintu kitanshimisha ni nk’uburezi. Mu burezi ubona hakiri indi ntera igomba guterwa.”

Musenyeri Mbonyintege avuga ko abadepite batowe bagomba kuzahuza inzego zose zifite uruhare mu burezi arizo ubuyobozi, abarezi, ababyeyi, n’abanyeshuri.

Ibyiciro by’Ubudehe

Dr Ismael Buchanan, Umwarimu n’umushakashatsi muri Kaminuza y’u Rwanda, yavuze  ko asanga abadepite bakwiriye guhita biga uburyo abaturage bashyizwe mu byiciro by’ubudehe kuko hari abavuga ko barenganyijwe.

Ati “Ahenshi bagiye bagera byagiye bigaragara ko abantu bashobora kuba barashyizwe mu rwego rutari rwo. […] Kubona nk’umuntu w’umusaza cyangwa umukecuru udafite ubushobozi ajya mu cyiciro cya gatatu ni ikibazo gikomeye.”

Dr Buchanan avuga ko ibyiciro by’ubudehe bikwiriye kuba igisubizo aho kuba umuzigo ku baturage.

Kunoza imisoro

Dr Kayumba na Dr Buchanan bavuga ko Abadepite bashya bakwiye kureba uko amategeko agenga imisoro yahuzwa, n’igihembwe itangwamo kikaba kimwe.

Dr Kayumba yagize ati “Imisoro iri mu bitabo by’amategeko bitandukanye kandi isabwa mu bihembwe bitandukanye. Rero bashyiraho igitabo kimwe cy’amategeko kandi imisoro igatangwa mu gihembwe kimwe kuko byakorohera abakora ubucuruzi”.

Bavuga kandi ko Abadepite bakoze ubuvugizi imisoro ikagabanywa byarushaho kuba byiza.

Inararibonye zisaba Abadepite kuvuganira abaturage bakegerezwa ibikorwa remezo nk’amazi n’amashanyarazi aho bitaragera.

Dr Kayumba Christopher asanga abadepite bakwiye kwegera abaturage kurutaho

Musenyeri Smaragde Mboyintege we asanga abadepite bakwiye guca ihuzagurika mu burezi

Dr Ismael Buchanan asaba ko Abadepite bashya bakwegera abaturage bakaboneraho kubavuganira

2018-09-05
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

MINISITIRI MUSHIKIWABO YAGANIRIYE NA MINISITIRI W’INTEBE WA ISRAEL, BENJAMIN NETANYAHU.

MINISITIRI MUSHIKIWABO YAGANIRIYE NA MINISITIRI W’INTEBE WA ISRAEL, BENJAMIN NETANYAHU.

Ubwanditsi 21 Jan 2016
Kuva Perezida Tshisekedi yaburirwa irengero, ubutegetsi muri kongo bwandaraye mu mayirabiri.

Kuva Perezida Tshisekedi yaburirwa irengero, ubutegetsi muri kongo bwandaraye mu mayirabiri.

Ubwanditsi 12 Apr 2024
IBUKA France yamaganye gushyingura Zigiranyirazo mu Bufaransa

IBUKA France yamaganye gushyingura Zigiranyirazo mu Bufaransa

Ubwanditsi 25 Aug 2025
Leta ya Congo iremera kwakira Jean-Pierre Bemba mu gihe yaba ashaka gutaha mu gihugu

Leta ya Congo iremera kwakira Jean-Pierre Bemba mu gihe yaba ashaka gutaha mu gihugu

Ubwanditsi 18 Jun 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umucuruzi Janvier Birahagwa ntaho ahuriye n’ibyamwanditsweho  muri Rushyashya
Mu Rwanda

Umucuruzi Janvier Birahagwa ntaho ahuriye n’ibyamwanditsweho muri Rushyashya

Ubwanditsi 14 Mar 2017
Rwanda’s human rights record to be reviewed by UN Committee
Mu Mahanga

Rwanda’s human rights record to be reviewed by UN Committee

Ubwanditsi 17 Mar 2016
BPR Atlas Mara yafunguye Ishami ry’Icyicaro gikuru i Kigali ryihariye kuri serivisi z’ikoranabuhanga
UBUKUNGU

BPR Atlas Mara yafunguye Ishami ry’Icyicaro gikuru i Kigali ryihariye kuri serivisi z’ikoranabuhanga

Ubwanditsi 06 Mar 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru