• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

  • Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza   |   22 Apr 2026

  • APR VC irakina na Black Rhinos VC mu mukino wo gufungura ku mugaragaro Shampiyona Nyafurika, CAVB Men’s Club Championship 2026   |   22 Apr 2026

  • U Rwanda rwatsinze Reta Zunze Ubumwe za Amerika ku kinyuranyo k’inota rimwe muri ICC Women’s Challenge   |   21 Apr 2026

 
You are at :Home»IKORANABUHANGA»Apple yamuritse iPhone nshya n’isaha ishobora gukurikirana imikorere y’umutima

Apple yamuritse iPhone nshya n’isaha ishobora gukurikirana imikorere y’umutima

Ubwanditsi 14 Sep 2018 IKORANABUHANGA

Uruganda rukora ibikoresho by’ikoranabuhanga rwa Apple rwamuritse iPhone eshatu nshya ndetse n’isaha ifite ubushobozi bwo kugenzura uko umutima utera.

Kuri uyu wa Gatatu tariki 12 Nzeri muri Steve Jobs Theater i Cupertino muri leta ya California, niho habereye iki gikorwa cyo kumurika ibikoresho bishya by’ikoranabuhanga bya Apple.

Nk’uko byari byitezwe, hashyizwe hanze Apple Watch Series 4, yaje ifite umwihariko wo kuba ikoranye ikoranabuhanga rigenzura uko umutima utera.

Umuyobozi ushinzwe ibikorwa muri Apple, Jeff Williams yavuze ko babonye uburenganzira bw’ikigo gishinzwe Ibiribwa n’Imiti, FDA, bubemerera kuba iyi saha yakoreshwa mu buvuzi.

Izajya ifasha uyambaye kuba yapima uko umutima we utera no kubona ibimenyetso by’ibibazo birimo kuba wahagarara cyangwa umwuka utageramo uko bikwiye (stroke), ku buryo wakwihutira kujya kwa muganga.

ABC News ivuga ko iyi saha ibasha kumenya niba umuntu anyereye cyangwa aguye hasi, igahamagara nimero z’abakora ubutabazi bwihuse igihe amaze umunota umwe atanyeganyega.

Apple Watch Serie 4 ifite umubyimba muto n’ikirahure kinini ugereranyije n’izayibanjirije, ikoresha akuma karanga ahantu (GPS) izajya igurishwa ku madolari 399, mu gihe ishobora gukoreshwa nka telefoni ari 499$.

Apple kandi yanashyize hanze telefoni nshya eshatu zirimo iPhone XS, iPhone XS Max na iPhone XR zose zifite ikirahure kinini kandi kigera ku mpande.

Icyo zitandukaniyeho na iPhone X yasohotse umwaka ushize ni amafoto meza, amajwi asohoka neza kandi akagera kure ndetse n’ikoranabuhanga rikorana n’isura ariko ryihuta cyane (Face ID).

Izi telefoni zizagera ku isoko tariki ya 21 Nzeri. iPhone XS Max izaba igura amadolari 1099, iPhone XS igure amadolari 999, ni mu gihe iPhone XR izatangira gucuruzwa ku wa 19 Ukwakira yo izajya igurishwa amadolari 749.

Ubwo umuyobozi ushinzwe ibikorwa muri Apple, Jeff Williams, yasobanuraga imikorere ya Apple Watch Series 4 muri Steve Jobs Theater kuri uyu wa 12 Nzeri 2018

Visi Perezida wa Apple ushinzwe iyamamazabikorwa ku Isi, Phil Schiller, asobanura imikorere ya Apple iPhone XS na Apple iPhone XS Max kuri uyu wa Gatatu

Apple iPhone XR yakozwe mu mabara atandukanye, yamuritswe kuri uyu wa Gatatu muri Leta ya California

2018-09-14
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Apple na Google zigiye gukora porogaramu ya telefoni yifashishwa mu gutahura uwanduye Coronavirus

Apple na Google zigiye gukora porogaramu ya telefoni yifashishwa mu gutahura uwanduye Coronavirus

Ubwanditsi 13 Apr 2020
Perezida Kagame yageze muri Qatar yitabiriye inama ku ikoranabuhanga

Perezida Kagame yageze muri Qatar yitabiriye inama ku ikoranabuhanga

Ubwanditsi 29 Oct 2019
Abashinwa Bahize kurandura burundu Ubushomeri mu Rwanda

Abashinwa Bahize kurandura burundu Ubushomeri mu Rwanda

Ubwanditsi 10 Sep 2023
Android 10 yatangiye gukoreshwa muri telefoni za mbere

Android 10 yatangiye gukoreshwa muri telefoni za mbere

Ubwanditsi 06 Sep 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Igihe Imperuka Izabera Ntibivugwaho Rumwe Hagati Ya Paster Mpyisi, Musenyeli Philippe Ndetse na John Mugabo
Mu Rwanda

Igihe Imperuka Izabera Ntibivugwaho Rumwe Hagati Ya Paster Mpyisi, Musenyeli Philippe Ndetse na John Mugabo

Ubwanditsi 26 Jan 2018
Leta y’u Rwanda yasabye Kongo-Kinshasa kurekura abaturage barwo babiri
Amakuru

Leta y’u Rwanda yasabye Kongo-Kinshasa kurekura abaturage barwo babiri

Ubwanditsi 08 Nov 2022
Museveni yishimiye kuburyo bukomeye Charly na Nina arabaramutsa mu bukwe abaha na envelope
Mu Rwanda

Museveni yishimiye kuburyo bukomeye Charly na Nina arabaramutsa mu bukwe abaha na envelope

Ubwanditsi 03 Sep 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru