• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR bari muri Congo, barica abantu, bateza umutekano muke, Gusenya uwo mutwe bireba Congo n’ u Rwanda natwe bikatureba   |   29 Jan 2026

  • ICYO WAMENYA KUBIYAMAMARIZA KUYOBORA FDU-INKINGI: UMUTWE W’INTERAHAMWE ZIHEBEYE KUBUNZA INGENGABITEKEREZO YA JENOSIDE   |   29 Jan 2026

  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Uganda: Inteko Ishinga Amategeko Yasabye Guverinoma Ibisobanuro Ku iyicarubozo n’ifungwa rya hato nahato bikomeje gukorerwa Abanyarwanda

Uganda: Inteko Ishinga Amategeko Yasabye Guverinoma Ibisobanuro Ku iyicarubozo n’ifungwa rya hato nahato bikomeje gukorerwa Abanyarwanda

Editorial 14 Sep 2018 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko ya Uganda, Rebecca Kadaga, kuri uyu wa Gatatu ushize, itariki 12 Nzeri, yasabye guverinoma ibisobanuro ku itabwa muri yombi rinyuranyije n’amategeko no gusubizwa iwabo bikomeje gukorerwa Abanyarwanda.

Icyemezo cya perezida w’Inteko Ishinga Amategeko ya Uganda kije nyuma y’aho bamwe mu badepite bagaragarije ko iri tabwa muri yombi no gusubiza iwabo Abanyarwanda byakomeje nyamara Perezida kagame na Museveni barabonanye muri Werurwe bakiyemeza gukemura iki kibazo.

“Kujujubywa byarakomeje kuva Kigali yaregera Kampala  ko RNC iri gukoresha Uganda mu bikorwa byo gushaka abarwanyi no gukora ubukangurambaga mu Banyarwanda baba muri Uganda hagamijwe guhungabanya u Rwanda,” uyu ni Depite Anna Adeke, uhagarariye urubyiruko mu nteko.

Hon Adeke yavuze amazina ya bamwe mu Banyarwanda batawe muri yombi barimo; Emmanuel Cyemayire, wari umucuruzi muri Mbarara bivugwa ko yanakorewe iyicarubozo, nyuma akajugunywa ku mupaka wa Gatuna kuwa 04 Mutarama, ndetse na Jessica Muyongerwa na Vanessa Gasaro, batawe muri yombi nyuma bakajugunywa ku mupaka.

Umunyarwanda Cyemayire Emmanuel yakorewe iyica rubozo n’igisirikare cya Uganda (CMI)

Adeke akavuga ko iri tabwa muri yombi bifite ingaruka ku ihungabana ry’umutekano mu gihugu, ku rundi ruhande bikaba ari ikibazo ku mibanire ya dipolomasi hagati ya Uganda n’u Rwanda.

Yakomeje avuga ko Abanyarwanda benshi babayeho mu bwoba bikanga ko ari bo bashobora gukurikiraho mu gutabwa muri yombi.

Mu kwezi gushize nk’uko iyi nkuru dukesha pmldaily.com ikomeza ivuga, imibanire ya Uganda n’u Rwanda yarushijeho kuzahara kubera iryo tabwa muri yombi rikomeje n’ibyo birego byo gushinjanya gushyigikira ibikorwa by’inyeshyamba.

Uyu mwuka mubi hagati y’ibihugu byombi wagaragaye nk’ugiye guhosha ubwo abakuru b’ibihugu byombi babonanaga kuwa 25 Werurwe I Kampala.

Nyamara, amakuru yizewe avuga ko nyuma y’uko kubonana, imibanire ya dipolomasi ahubwo yarushijeho kuba mibi kuko ibihugu byombi bitubahirije ibyo byemeranyije ahubwo itabwa muri yombi ry’Abanyarwanda no kubasubiza mu gihugu cyabo birushaho kwiyongera.

Uhereye muri uko kwezi kwa Werurwe, abayobozi ba Uganda, by’umwihariko mu turere twegereye umupaka nka Kabale, Kisoro na Kadadi, bataye muri yombi Abanyarwanda benshi babasubiza mu Rwanda. Ibiherutse bikaba byarabaye kuwa 24 Nyakanga, aho polisi mu Karere ka Rubanda yataye muri yombi Abanyarwanda 22 n’Abanyekongo ngo binjiye mu gihugu binyuranyije n’amategeko.

U Rwanda kandi rushinja abakozi b’urwego rushinzwe abinjira n’abasohoka gufatira indangamuntu z’Abanyarwanda bajya muri Uganda.

U Rwanda rushinja Uganda kandi gushyigikira abashaka guhungabanya umutekano w’u Rwanda, ku rundi ruhande Uganda nayo igahiga bukware Abanyarwanda yita intasi z’u Rwanda.

Mu kwezi gushize, itangazamakuru mu Rwanda rikaba ryarasohoye inkuru y’uko perezida Museveni yavuganye na Dr David Himbara, umwe mu barwanya ubutegetsi bw’u Rwanda, aho byavugwaga ko perezida Museveni yiyemeje kumushyigikira.

David Himbara

Muri Nyakanga Ambasaderi w’u Rwanda muri Uganda, Maj. Gen.(Rtd) Frank Mugambage, nawe akaba yarashinje Guverinoma ya Uganda kunanirwa gukora iperereza ku mitwe y’iterabwoba ikorera muri Uganda ishaka guhungabanya umutekano w’u Rwanda.

2018-09-14
Editorial

IZINDI NKURU

Musenyeri Bimenyimana wa Diyosezi Gatolika ya Cyangugu yitabye Imana

Musenyeri Bimenyimana wa Diyosezi Gatolika ya Cyangugu yitabye Imana

Editorial 12 Mar 2018
Perezida Kagame ari muri Namibia aho yitabiriye inama ya SADC [ AMAFOTO ]

Perezida Kagame ari muri Namibia aho yitabiriye inama ya SADC [ AMAFOTO ]

Editorial 17 Aug 2018
Moïse Katumbi yamaganye icyemezo cya Perezida Tshisekedi cyo guterera inkunga amakipe y’i Burayi mu gihe abaturage bishwe n’inzara

Moïse Katumbi yamaganye icyemezo cya Perezida Tshisekedi cyo guterera inkunga amakipe y’i Burayi mu gihe abaturage bishwe n’inzara

Editorial 18 Jul 2025
Mu karere ka Gisagara, amabandi yitwaje intwaro yateye abaturage anakomeretsa Gitifu

Mu karere ka Gisagara, amabandi yitwaje intwaro yateye abaturage anakomeretsa Gitifu

Editorial 11 Jul 2018

Igitekerezo kimwe

  1. Sema Halelua
    September 14, 201812:01 pm -

    Mubyukuri Nanjye Maze Iminsi Mike Mvuye Uganda Muri District Ya Mubende Mugice Kitwa Lubaali Aho Niho Nabaga Buretseko Ubu Nsigaye Nibera Hong Cong Mbere Yuko Mva Lubaali Nafashe Urujyendo Njya Kampala Ndangura Ibicuruzwa Bukeye Mvayo Ndagaruka Naciye Kiboga Ngeze Kiboga Nsanga Haraho Abasirikare Ba Uganda Bategeye Barikwaka Ibyangombwa (Ebitaambulisho) Basanga Urumunyarwanda Bakagupakira Imodoka Ya Gisilikale Njye Narabimenye Nshaka Indi Nzira Yokuruhande(panya) Ndataha Njyera Lubaali Aho Nabaga. Gusa Sinamenye Amakuru Yababandi Aho Babajyanye, Numvagako Bashaka Kubasubiza Murwanda. Gusa Abanyarwanda Bari Y’uganda Bariho Nabipe Njye Byatumye Nibaza Eseko Kwinjira Muri Uganda + Tanzania+ Kenya+ Urwanda-East African Comminite: Arugukoresha Irangamuntu Mbeseko Bare Gusubiza Abantu Murwanda Kandi Bafite Ibyangombwa? Njye Nabonye Ntabwisanzure Buriyo Niyizira Muri Hong Cong Diho Neza Nubucuruzi Bwanjye Ndabona Ariho Bwiyongereye, Nahubundi Ugandayo Museveni Agomba Gushaka Uko Yakubahiriza Amasezerano.

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Mu burezi budaheza buzira ikandamiza n’iringaniza Abanyeshuri basaga Ibihumbi 220 basoje Amashuri Abanza batangiye ibizamini bya Leta
Amakuru

Mu burezi budaheza buzira ikandamiza n’iringaniza Abanyeshuri basaga Ibihumbi 220 basoje Amashuri Abanza batangiye ibizamini bya Leta

Editorial 01 Jul 2025
Gatsibo: Abacukura amabuye y’agaciro mu buryo bunyuranyije n’amategeko bari mu maboko ya Polisi
Mu Rwanda

Gatsibo: Abacukura amabuye y’agaciro mu buryo bunyuranyije n’amategeko bari mu maboko ya Polisi

Editorial 22 Jun 2017
Prof. Shyaka asanga itangazamakuru mu Rwanda ryigenga kandi rigerageza gukora kinyamwuga
Mu Mahanga

Prof. Shyaka asanga itangazamakuru mu Rwanda ryigenga kandi rigerageza gukora kinyamwuga

Editorial 07 Nov 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru