• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Etienne Gatanazi akura gakiza ki mu kuba umuzindaro w’interahamwe?   |   20 Aug 2026

  • Rimwe mu makosa Leta ya Ndayishimiye izicuza ni ukuba yaragennye Edouard Bizimana nka Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga; Nininahazwe Pacifique   |   18 Aug 2026

  • FERWAFA yemeje ko Super Cup 2026 izakinwa n’amakipe ane atarimo APR FC yasimbujwe Mukura VS   |   18 Aug 2026

  • Rayon Sports izabanza kwakira APR FC muri shampiyona y’u Rwanda, Ingengabihe ya BK Pro League 2026/27   |   17 Aug 2026

  • Kwihambira kuri FDLR ni Umwaku mu yindi   |   17 Aug 2026

  • Amakipe ya AS Kigali mu Bagabo n’Abagore yahinduriwe izina yitwa Kigali FC na Kigali WFC    |   16 Aug 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»CMI yaciye umuvuno : Abanyarwanda 2 Muri Gereza Ya Luzira Bashinjwa Gutunga Imbunda N’ubutasi

CMI yaciye umuvuno : Abanyarwanda 2 Muri Gereza Ya Luzira Bashinjwa Gutunga Imbunda N’ubutasi

Ubwanditsi 14 Sep 2018 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Abanyarwanda babiri mu gihugu cya Uganda bashinjwe gutunga imbunda mu buryo bunyuranyije n’amategeko mu gihe imibanire hagati ya Uganda n’u Rwanda ikomeje kugaragaramo igitotsi cyiyongera aho kugabanyuka.

Ikinyamakuru Chimpreports kivuga ko mu myaka mikeya ishize imibanire y’u Rwanda na Uganda yarushijeho kwangirika bigaha icyuho imyiteguro y’amakimbirane yeruye yavamo imirwano hagati y’ibihugu byombi.

Kunanirwa gucyemura ibibazo biri hagti y’ibihugu byombi nk’ibijyanye n’ubutasi, gushyigikira inyeshyamba no kutuzuza ibyiyemejwe ni bimwe mu bikomeje kugaragaza umwuka mubi hagati y’ibihugu byombi.

Iki kinyamakuru kikaba kivuga ko kuwa 26 Gicurasi 2018, Abanyarwanda babiri bafatiwe muri Mbarara bakekwaho kuba mu gatsiko k’intasi z’u Rwanda muri Uganda. Abafashwe akaba ari; Emmanuel Rwamucyo Rwamukinuzi na Emmanuel Rwamucwe. Abazi ariko ibibera muri iki gihugu bavuga ko ari amayeri ya CIM yo guhimbira ibyaha aba banyarwanda nkuko uwanduhaye amakuru abyemeza.

Aba bombi igisirikare cyavuze ko basanganywe imbunda, bagafungirwa ku cyicaro cya division ya mbere ya UPDF muri Mbarara mbere yo koherezwa I Kampala ngo bahatwe ibibazo. Abo mu muryango wa Rwamucyo ariko bo bavuga ko atigeze atunga imbunda.

Mushiki wa Rwamucyo ati: “Ni ikinyoma gikabije. Ntabwo azi impamvu bari kumushinja gutunga imbunda atigeze agira,”

Ubwo yatabwaga muri yombi, Rwamucyo avugwaho kuba yari atwaye imodoka aturutse Kikagati mu Karere ka Isingiro, aho afite hotel, yerekeje muri Mbarara. Abo mu muryango we bakavuga ko yashakaga kubitsa miliyoni 40 z’Amashilingi kuri konti ye iri muri banki ikorera Mbarara aho yashakaga kwishyura inguzanyo.

Rwamucyo

Rwamucyo ngo ntafite hotel gusa muri Isingiro ahubwo afite n’ibikorwa by’ubucuruzi mu Rwanda.

Muri Mbarara, bivugwa ko Rwamucyo yahamagaye inshuti ye, Rwamucwe ngo amuherekeze kuri banki, ariko bose bakaba baratawe muri yombi bataranohereza ayo mafaranga kuwo yagombaga kwishyura. Abayobozi bavuga ko bombi babajijwe n’Ubutasi bwa gisirikare (CMI) muri Mbuya mbere yo koherezwa muri gereza ya Makindye mbere yo koherezwa mu rukiko rwa gisirikare kuri ubu bakaba bafungiye muri Gereza ya Luzira.

Ibi biravugwa mu gihe u Rwanda rukomeje kunenga ijujubywa ry’abaturage barwo muri Uganda. Ambasaderi Frank Mugambage akaba yari aherutse gusaba ko iki kibazo cyashakirwa umuti. Yanenze itabwa muri yombi ridasobanutse ry’Abanyarwanda baba muri Uganda no kunanirwa kubimenyesha ababashinzwe ari bo ambasade y’u Rwanda.

Ambasaderi Frank Mugambage yavuye imuzi imiterere y’ibibazo biri hagati ya Uganda n’u Rwanda

Inzego z’umutekano za Uganda zo zikaba zikomeza gutsimbarara zivuga ko Abanyarwanda batabwa muri yombi baba bakekwaho kuba mu bikorwa byo guhungabanya umutekano w’igihugu.

Ni no muri urwo rwego kuri uyu wa Gatatu ushize, itariki 12 nzeri, Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko ya Uganda, Rebecca Kadaga, yasabye Guverinoma ya Uganda gutanga ibisobanuro kuri ibi bikorwa bikomeje byo guta muri yombi Abanyarwanda bari muri Uganda, aho bamwe mu badepite bemeza ko biri mu bituma imibanire y’ibihugu byombi irushaho kuba mibi.

Ikintu gisa nk’igitangaje n’uko abayobozi ba Uganda mu ruhame bemeza ko nta kibazo bafitanye n’u Rwanda gikomeye nk’aho Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri y’Ububanyi n’amahanga, Amb. Patrick Mugoya aherutse kubwira Chimpreports ko hari inzira ziri gukoreshwa zo gukemura ikibazo cyavuka.

Yakomeje agira ati: “Imibanire irenze itabwa muri yombi. Niba hari hari bamwe bakekwa bashobora gutabwa muri yombi”. Ni mbere yo gukomeza agira ati: “Imibanire yacu n’u Rwanda ni okay.”

Ibi biraba mu gihe muri iki gihugu havugwa imyiteguro yo gutuza Kayumba Nyamwasa, umaze imyaka 8 muri Afrika y’Epfo aho aba binyuranije n’amategeko agenga iki gihgu, mu minsi ishize Perezida Ramaphosa yasabye Perezida Museveni gucyemura iki kibazo bakareba aho Gen. Kayumba wahoze mu ngabo z’u Rwanda yakwereza. Iyi nkuru turacyayikurikirana tuzayibagezaho neza mu minsi iri imbere.

Kayumba Nyamwasa

2018-09-14
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

RDC: Gen.Wilson Irategeka wa FLN ruramugera amajanja

RDC: Gen.Wilson Irategeka wa FLN ruramugera amajanja

Ubwanditsi 18 Dec 2019
Uganda: Polisi yahagarikiwe ibiryo kubera kutishyura abayigemurira kuva muri 2015

Uganda: Polisi yahagarikiwe ibiryo kubera kutishyura abayigemurira kuva muri 2015

Ubwanditsi 01 Mar 2018
Nyuma y’uko abasirikari 41 basezerewe mu Ngabo z’u Rwanda, Gatumwa za Uganda zaba zatangiye koshya bamwe muri bo ngo bajye gusiga agatwe mu mitwe y’iterabwoba.

Nyuma y’uko abasirikari 41 basezerewe mu Ngabo z’u Rwanda, Gatumwa za Uganda zaba zatangiye koshya bamwe muri bo ngo bajye gusiga agatwe mu mitwe y’iterabwoba.

Ubwanditsi 12 Mar 2021
Igisambo Mbayahaga cyahawe akazi ko gucamo amacakubiri abanyamulenge

Igisambo Mbayahaga cyahawe akazi ko gucamo amacakubiri abanyamulenge

Ubwanditsi 15 Jul 2025

IZO TWAGUHITIYEMO

Musanze: Uwishe mugenzi we amukubise ibuye mu mutwe yakaniwe urumukwiye
Mu Rwanda

Musanze: Uwishe mugenzi we amukubise ibuye mu mutwe yakaniwe urumukwiye

Ubwanditsi 07 Jun 2018
Zambia : Perezida Kagame yasuye uruganda rukora ibyuma
UBUKUNGU

Zambia : Perezida Kagame yasuye uruganda rukora ibyuma

Ubwanditsi 20 Jun 2017
Umujenosideri Julienne SEBAGABO  yafatiwe mu Rwanda agerageza gusubira muri Norvege
Amakuru

Umujenosideri Julienne SEBAGABO yafatiwe mu Rwanda agerageza gusubira muri Norvege

Ubwanditsi 27 Jan 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru