• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

  • APR FC yakiriye abakinnyi bayo 3 batari bahari barimo Mamadou Sy wari i Doha   |   28 Nov 2025

 
You are at :Home»POLITIKI»Brazil: Umuhungu wa Perezida wa Guinée Equatoriale yasanganywe miliyoni 16 z’amadolari

Brazil: Umuhungu wa Perezida wa Guinée Equatoriale yasanganywe miliyoni 16 z’amadolari

Editorial 17 Sep 2018 POLITIKI

Teodorin Obiang Mangue Nguema, umuhungu wa Perezida wa Guinée Equatoriale, yafatiwe ku kibuga cy’indege muri Brazil afite amafaranga n’indi mirimbo y’agaciro byose bihwanye na miliyoni 16 z’amadolari.

Urubuga Estado de Sao Paulo rwatangaje ko ku mugoroba wo ku wa Gatandatu, polisi yasanze mu bikapu by’abari baherekeje Teodorin miliyoni 1.5 y’amadolari n’amasaha y’igiciro abarirwa muri miliyoni 15 z’amadolari.

Teodorin usanzwe ari na Visi Perezida wa Guinée Equatoriale yageze mu mujyi wa Campinas muri Brazil ku wa Gatanu aherekejwe n’itsinda ry’abantu 10.

Aba bantu bari muri Brazil ariko mu buryo butari buzwi barasatswe ndetse bahatwa ibibazo, mu gihe Teodorin wari ufite ubudahangarwa bushingiye kuri dipolomasi yari abategerereje mu modoka.

Bahaswe ibibazo kubera ko amategeko y’iki gihugu atemerera uwo ari we wese kwinjirana muri Brazil mu buryo bufatika amafaranga arenze 2400 by’amadolari.

Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga yabwiye Ibiro Ntaramakuru by’Abafaransa, AFP, ko iri gukorana na polisi n’ibiro bishinzwe za gasutamo kugira ngo barebere hamwe umwanzuro ukwiye gufatwa kuri iki kibazo.

Umwe mu bakozi ba ambasade ya Guinée Equatoriale muri Brazil, yabwiye itangazamakuru ko aya mafaranga ariyo Teodorin yari gukoresha yishyura serivisi z’ubuvuzi yari yagiye gushaka mu Mujyi wa Sao Paulo.

Amasaha yo yari asanzwe ayambara dore ko yariho n’utumenyetso tugaragaza amazina ye.

Teodorin yakunze gushinjwa kubaho ubuzima buhenze akoresheje amafaranga aturuka mu kigega cya leta.

Mu 2017 yakatiwe gufungwa imyaka itatu isubitse n’urukiko rwo mu Bufaransa, ashinjwa kwinjiza amafaranga mu bukungu bw’igihugu binyuranyije n’amategeko.

Teodorin wavutse mu 1968 ni umuhungu wa Teodoro Obiang Nguema Mbasogo uyobora Guinée Equatoriale . Kuva mu 2016 ni Visi perezida wa mbere w’iki gihugu, umwanya yagiyeho nyuma y’imyaka ine ari visi perezida wa kabiri.

2018-09-17
Editorial

IZINDI NKURU

Ubuyapani bwatanze miliyoni 135Frw zo kunganira ibigo bibiri by’amashuri

Ubuyapani bwatanze miliyoni 135Frw zo kunganira ibigo bibiri by’amashuri

Editorial 13 Mar 2019
U Rwanda rukomeje kuyobora urutonde rwa Afurika rw’ibihugu bifite abaminisitiri benshi b’abagore

U Rwanda rukomeje kuyobora urutonde rwa Afurika rw’ibihugu bifite abaminisitiri benshi b’abagore

Editorial 13 Sep 2019
Ibihugu byaviriye inda imwe ku Burusiya, byirukanye abadipolomate babwo barenga 100

Ibihugu byaviriye inda imwe ku Burusiya, byirukanye abadipolomate babwo barenga 100

Editorial 27 Mar 2018
Perezida Kagame yavuze kuri Guverinoma ya Mbere yarimo abifuzaga iterambere n’abatararikozwaga nka Twagiramungu

Perezida Kagame yavuze kuri Guverinoma ya Mbere yarimo abifuzaga iterambere n’abatararikozwaga nka Twagiramungu

Editorial 18 Feb 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

“Muzaraswa,” Museveni aburira abatavuga rumwe n’ubutegetsi bwe
INKURU NYAMUKURU

“Muzaraswa,” Museveni aburira abatavuga rumwe n’ubutegetsi bwe

Editorial 13 Nov 2018
Ubutabera bwo mu Bufaransa bugiye kubyutsa urubanza rwa Sosthene Munyemana ushinjwa uruhare rukomeye muri Jenoside yakorewe Abatutsi
Amakuru

Ubutabera bwo mu Bufaransa bugiye kubyutsa urubanza rwa Sosthene Munyemana ushinjwa uruhare rukomeye muri Jenoside yakorewe Abatutsi

Editorial 28 Dec 2021
Uganda : Besigye na bagenzi be barekuwe batanze miliyoni eshantu z’amashilingi
Amakuru

Uganda : Besigye na bagenzi be barekuwe batanze miliyoni eshantu z’amashilingi

Editorial 26 Oct 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru