• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Abarwanyi ba FDLR na Wazalendo bavurirwa mu Burundi ku ngengo y’igisirikare cy’u Burundi   |   24 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’Umukino wa Volleyball mu Bagabo yatangiye imyiteguro y’igikombe cya Afurika cyaherukaga kuba muri 2023   |   23 Jul 2026

  • Igikombe kirajya mu bindi twibitseho, ubutumwa bwa Gen. MK Mubarakh yageneye abafana ba APR FC yitegura gukina CECAFA Kagame Cup 2026   |   22 Jul 2026

  • Police FC yatangaje umunya-Maroc, Jaafar Rkyek nk’umutoza mukuru wayo asimbuye Ben Moussa watandukanye n’iyi kipe   |   21 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza wa Mukura VS, Tomáš Trucha, yageze mu Rwanda aho aje gutangira akazi   |   20 Jul 2026

  • AMAFOTO – Rayon Spotrs yasinyanye amasezerayo y’ubufatanye na Bank of Kigali y’igihe cy’imyaka 5, ikazabona arenga Miliyari 1 ku mwaka   |   18 Jul 2026

 
You are at :Home»UBUKUNGU»BNR yatanze icyizere ku izamuka ry’ubukungu rya 7.2%

BNR yatanze icyizere ku izamuka ry’ubukungu rya 7.2%

Ubwanditsi 25 Sep 2018 UBUKUNGU

Banki Nkuru y’u Rwanda, BNR, yatangaje ko ubukungu bw’u Rwanda bukomeje kuzamuka neza, ku buryo hari icyizere ko intego y’uko buzazamukaho 7.2% muri uyu mwaka, izagerwaho.

Yabitangaje kuri uyu wa Kabiri nyuma y’inama ngarukagihembwe y’akanama gashinzwe politiki y’ifaranga, MPC.

Guverineri wa Banki Nkuru y’u Rwanda, John Rwangombwa yavuze ko icyo babonye ari uko ubukungu bw’igihugu buhagaze neza, barebeye ku muvuduko w’ibiciro ku masoko cyangwa uko ifaranga rihagaze.

Yagize ati “Iyo turebye uko umuvuduko w’ibiciro wagiye uzamuka mu mezi atandatu ya mbere byari kuri 2.5% naho muri Kanama twabonye 2.1%, bigaragaza ko ubukungu buhagaze neza kuko intego twihaye ni uko tutagombye kurenza 5% mu mwaka, kandi iyo turebye mu gihe gisigaye kugeza mu mpera z’umwaka, tubona ko 5% itazarenga.”

Yanavuze ko ku isoko ry’ivunjisha ugereranyije ifaranga ry’u Rwanda n’idolari rya Amerika, bitewe n’ibyo u Rwanda rwohereza mu mahanga byazamutseho 17.9% nubwo ibyo u Rwanda rukurayo byazamutse kuri 7.4%, iyo ubihuje nta kibazo bitera ku isoko ry’ivunjisha.

Yakomeje agira ati “Kugeza ubu iyo ugereranyije aho twari turi mu Ukuboza (2017) n’aho twari mu mpera za Kanama, ifaranga rimaze guta agaciro ho 2.5% ugereranyije n’idolari ry’abanyamerika. Tukabona uyu mwaka, mu mpera z’Ukuboza ntabwo tuzarenza 4%. Ibyo rero dukurikije umuvuduko w’ubukungu bwacu, tubona ari igipimo kidahangayikishije.”

Guverineri Rwangombwa yavuze ko uku kutajegajega k’ubukungu guhuzwa n’ubukungu bukomeje kwiyongera ku gipimo gishimishije.

Yavuze ko iyo ufashe ibihembwe bibiri bya mbere by’uyu mwaka kugeza muri Kanama, ubukungu bwazamutseho 8.7%.

Nubwo ngo nta mibare BNR irabona y’igihembwe cya gatatu cy’uyu mwaka, ifite imibare ikurikirana y’uko ubukungu bugenda, itanga icyerekezo cy’aho ibintu bigana.

Yakomeje agira ati “Iyo turebye iyo mibare rero dusanga mu mezi abiri ya mbere y’igihembwe cya gatatu, igipimo cyarazamutseho 14.6% ugereranyije na 13.1% byari byazamutse ho mu mezi abiri ya mbere y’igihembwe cya gatatu cy’umwaka ushize.”

“Bikaduha icyizere ko n’iki gihembwe cya gatatu ubukungu buzatera imbere neza, bigatuma tutatinya kwemeza ko mu mpera y’umwaka, igipimo cyari cyatanzwe na Minisiteri y’imari n’igenamigambi cy’uko ubukungu buzazamuka ho 7.2% tuzakigeraho.”

Nyuma y’ibipimo byose bigaragaza uko ubukungu buhagaze mu Rwanda, Akanama gashinzwe politiki y’ifaranga kiyemeje kugumisha igipimo cy’urwunguko rwa banki nkuru kuri 5.5%.

Rwangombwa yakomeje agira ati “Ni ukugira ngo dukomeze gushyigikira ko amabanki yatanga inguzanyo ku bikorera, ngo bakomeze guteza imbere igihugu cyacu.”

Iki gipimo cya 5.5% giheruka gushyirwamo mu mezi umunani ashize.

2018-09-25
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Banki y’Isi yizeye ko ubukungu bw’u Rwanda buzazamuka cyane mu myaka itatu itaha

Banki y’Isi yizeye ko ubukungu bw’u Rwanda buzazamuka cyane mu myaka itatu itaha

Ubwanditsi 26 Jun 2019
Ibyo impuguke zivuga ku ifaranga rimwe rya Afurika nyuma yo kwemeza isoko rusange

Ibyo impuguke zivuga ku ifaranga rimwe rya Afurika nyuma yo kwemeza isoko rusange

Ubwanditsi 10 May 2018
Amahirwe yihariye ku bifuza gutunga inzu muri Vision City

Amahirwe yihariye ku bifuza gutunga inzu muri Vision City

Ubwanditsi 12 Dec 2018
Gaz Methane:  Miliyari zisaga 160 Frw zigiye gushorwa mu gutunganya Megawatt 56 z’Amashanyarazi mu kiyaga cya Kivu

Gaz Methane: Miliyari zisaga 160 Frw zigiye gushorwa mu gutunganya Megawatt 56 z’Amashanyarazi mu kiyaga cya Kivu

Ubwanditsi 31 Mar 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uko Sam Kutesa yavuye mu Rwanda ibintu bikarushaho kuba bibi hagati y’u Rwanda na Uganda
INKURU NYAMUKURU

Uko Sam Kutesa yavuye mu Rwanda ibintu bikarushaho kuba bibi hagati y’u Rwanda na Uganda

Ubwanditsi 01 Nov 2018
U Rwanda rwahawe igihembo mpuzamahanga cyo guteza imbere ubukerarugendo
UBUKERARUGENDO

U Rwanda rwahawe igihembo mpuzamahanga cyo guteza imbere ubukerarugendo

Ubwanditsi 19 Apr 2018
Amakuru atangazwa k’Umunyamakuru Uwimana Nkusi Agnès ni ikinyoma
ITOHOZA

Amakuru atangazwa k’Umunyamakuru Uwimana Nkusi Agnès ni ikinyoma

Ubwanditsi 30 Aug 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru