• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»Nyuma y’igihe atumvikana Joseph Sebarenzi yatangaje uko yakiriye inkuru y’iyicwa ry’umuryango we muri jenoside

Nyuma y’igihe atumvikana Joseph Sebarenzi yatangaje uko yakiriye inkuru y’iyicwa ry’umuryango we muri jenoside

Ubwanditsi 28 Sep 2018 HIRYA NO HINO

Nyuma y’igihe kirekire atumvikana mu itangazamakuru, Joseph Sebarenzi, wigeze kuba Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko y’U Rwanda, kuri uyu wa Gatatu ushize, itariki 26 Nzeri yatanze ikiganiro muri Kaminuza ya Elon, muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, agaruka ku mateka y’urugendo rwe ava mu busharirirwe agana ku kubabarira abamwiciye umuryango muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Muri Nyakanga 1994 nibwo Joseph Sebarenzi ngo yakiriye telephone y’umuvandimwe we yahise ihindura ubuzima bwe iteka. Ababyeyi be n’abavandimwe barindwi bari biciwe muri jenoside nk’uko iyi nkuru dukesha urubuga, thetimesnews.com ikomeza ivuga.

Ni Jenoside yakorewe Abatutsi yatangiye muri Mata ihagarikwa muri Nyakanga, mu minsi itageze ku ijana inzirakarengane zisaga miliyoni zikaba zarishwe zizira icyo zari zo.

Joseph Sebarenzi wabaga Ontario mu gihugu cya Canada icyo gihe, ngo yashenguwe bikomeye no kumva ibyabaye bimutera umujinya ndetse uburakari butangira kumugiraho ingaruka.

Ati: “Iyo ushaririwe, mu kuri byangiza ubuzima bwawe,”

Sebarenzi yavuze ko yahoranaga umutwe udakira no kuribwa mu gifu ndetse ntabashe gusinzira buri munsi yibaza ati: “Kuki bishe umuryango wanjye?”

Sebarenzi yibukije imvugo ivuga ko iyo uheranwe n’umujinya ari nko kunywa uburozi kandi uba wifuza ko umwanzi wawe yapfa.

Ngo nyuma y’amezi yakiriye ayo makuru, Sebarenzi yafashe icyemezo cyo kugaruka mu Rwanda, asanga amazu yarasenywe, abarokotse bari ku mbago, naho ibihumbi by’abagize uruhare mu bwicanyi bifunze.

Yavuze ko iyo ashaka kwihorera byari kuba ariko yahisemo kubabarira.

Bwana Joseph Sebarenzi yavuze ko yaje gusura gereza nyinshi zuzuyemo abagize uruhare muri jenoside, akaza kubona n’uwahoze ari burugumesitiri wa komini akomokamo kandi ngo wari inshuti y’umuryango we. Uyu ngo akaba yari afunzwe ashinjwa kuba yarategetse guhiga uwitwa Umututsi wese akicwa muri ako karere.

Uyu mugabo ngo yari arwaye kandi ababaye.

Sebarenzi ati: “Ubwo twavuganaga, uburakari bwose, ubusharirirwe bwose nari narumvise mu mwaka wari ushize byaragiye ukuntu mu gihe andi marangamutima yazamukaga gahoro gahoro mugirira impuhwe kubera uko yari ameze,”

Ngo yasigiye uwo mugabo amafaranga yo kugura ibyo kurya arangije aragenda ava kuri gereza.

Sebarenzi yakomeje abaza niba ibyo yakoze akababarira hari icyo byamumariye, yisubiza avuga ko byamufashije nta gushidikanya. Ati: “Byaramfashije cyane mu buzima bwanjye. Ubuzima bwanjye bwarivuguruye bigaragara.”

Yakomeje avuga ko ubu asigaye aryama agasinzira nk’urutare, atakiribwa umutwe n’igifu bya hato na hato ndetse ngo byamuzamuyemo gukunda abana bakiri bato.

Sebarenzi yabaye Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko kuva mu 1997 kugeza mu 2000 nyuma gato ahunga igihugu.

Kuva ubwo yafashije benshi mu buzima bwabo bagiye bumva inkuru ze. Mu 2009 yanditse memoir yise “God Sleeps in Rwanda: A Journey of Transformation” ugenekereje mu Kinyarwanda wavuga “Imana irara I Rwanda: Urugendo rw’Impinduka”. Iki gitabo cye ariko abantu bahamya ko kirimo amakabyankuru ndetse n’amarangamutima ye.

2018-09-28
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umushinyaguzi wahohotewe na Mowzey Radio atarapfa yatanze ubuhamya bukomeye

Umushinyaguzi wahohotewe na Mowzey Radio atarapfa yatanze ubuhamya bukomeye

Ubwanditsi 05 Feb 2018
Ethiopie: Umugaba w’Ingabo yiciwe mu gikorwa cyo guhirika ubutegetsi

Ethiopie: Umugaba w’Ingabo yiciwe mu gikorwa cyo guhirika ubutegetsi

Ubwanditsi 23 Jun 2019
Umusore washakaga guha Zari impano y’imodoka yahuriye n’akaga ku mbuga nkoranyambaga

Umusore washakaga guha Zari impano y’imodoka yahuriye n’akaga ku mbuga nkoranyambaga

Ubwanditsi 14 May 2018
Ingabire Grace yegukanye ikamba rya Nyampinga w’u Rwanda 2021 asimbuye Nishimwe Naomie wari umaze umwaka aryambaye

Ingabire Grace yegukanye ikamba rya Nyampinga w’u Rwanda 2021 asimbuye Nishimwe Naomie wari umaze umwaka aryambaye

Ubwanditsi 21 Mar 2021

2 Ibitekerezo

  1. Ntareyekanwa
    September 29, 20183:09 pm -

    Pole sana Papa. Bwana yu nawe

    Subiza
  2. Peres
    October 9, 20188:20 am -

    Ko mutavuze se nuko yanditsemo uko yahunze??? Nibyo mwise amarangamutima Ye?

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

AMAFOTO: Haruna Niyonzima yasinyiye Rayon Sports yaherukagamo mu myaka 17 ishize
Amakuru

AMAFOTO: Haruna Niyonzima yasinyiye Rayon Sports yaherukagamo mu myaka 17 ishize

Ubwanditsi 17 Jul 2024
Abahagarariye ibihugu byabo mu Rwanda basanze Nyungwe itekanye
INKURU NYAMUKURU

Abahagarariye ibihugu byabo mu Rwanda basanze Nyungwe itekanye

Ubwanditsi 18 May 2019
Kampala : Undi munyarwanda uri mu mitwe y’iterabwoba yabonanye na Museveni n’umuhungu we Muhoozi Kainerugaba nyuma bamufasha gutoroka  (Interpol)
INKURU NYAMUKURU

Kampala : Undi munyarwanda uri mu mitwe y’iterabwoba yabonanye na Museveni n’umuhungu we Muhoozi Kainerugaba nyuma bamufasha gutoroka (Interpol)

Ubwanditsi 02 Aug 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru