• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rayon Sports ifite imyenda ya miliyoni 260 Frw, ikeneye miliyoni 200 Frw yo kugura abakinnyi   |   05 Dec 2025

  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Imipaka y’u Rwanda na Congo yatangiye guhuzwa ku nyungu z’abaturage

Imipaka y’u Rwanda na Congo yatangiye guhuzwa ku nyungu z’abaturage

Editorial 04 Oct 2018 Mu Mahanga

U Rwanda na Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo byemeranyije guhuza serivisi za gasutamo z’imipaka itatu ihuza ibi bihugu kandi ikazajya ikora amasaha 24.

Byakozwe mu rwego rwo kurushaho koroshya imigenderanire n’imihahiranire hagati y’ibihugu byombi.

Imipaka yahujwe ni uwa Rusizi ya mbere uhuza Akarere ka Rusizi n’Umujyi wa Bukavu, uwa La Cornishe n’uwa Grande Barriere bihuza Akarere ka Rubavu n’umujyi wa Goma, zahujwe ku mugaragaro kuri uyu wa Kabiri tariki 2 Ukwakira 2018.

Ku mipaka ya La Corniche na Grande Barriere, nk’uko bikubiye mu nyandiko impande zombi zashyizeho umukono kuri uyu wa kabiri tariki ya 02 Ukwakira 2018, bemezanyije ko bitarenze uyu mwaka wa 2018, igomba kuba yatangiye gukora amasaha 24/24.

Gusa ku mupaka wa Rusizi ya Mbere haracyari imbogamizi ziterwa n’ibikorwa remezo bitarahagera, birimo inyubako zo gukoreramo n’ibindi bijyana nazo.

Impande zombi zirinze kuvuga igihe runaka ibyo bizaba byarangiriye ku gira ngo uyu mupaka nawo utangire gukora amasaha 24, nk’uko byatangajwe na Hilaire Kasusa Kikobya, Visi Guverineri wa Kivu y’Amajyepfo.

Yagize ati “Hari inyandiko ihuriweho n’impande zombi bamaze gushyiraho umukono, iyo rero ikaba ikubiyemo ibyamaze gukorwa kugeza kuri uyu munsi wa none. Gusa mu gihe gito inyubako nazo ziraba zahageze.”

JPEG - 54.3 kb
Abayobozi bashinzwe abinjira n’abasohoka ku mpande z’ibihugu byombi bemeranyijwe ku bikorwa byo guhuza imipaka no kongera amasaha y’akazi

Abaturage bishimiye icyo cyemezo bavuga ko n’ubwo hajya hagaragara umwuka mubi hagati y’ibihugu byombi, ariko abaturage hagati yabo nta kibazo bafitanye.

Kitumaine Munyole uba ku ruhande rwa Congo yagize ati “Twebwe n’abaturage yaba twe Abanyekongo nta kibazo duditanye n’Abanyarwanda kandi no kuruhande rw’u Rwanda nta kibazo abaturanyi bacu badufiteho.

“Ni yo mpamvu duhora dusaba ngo badufungurire imipaka niba hari n’ibibazo bihari abayobozi bakuru bo munzego zo hejuru nibo babizi.”

Uretse iki cyifuzo cyo kongera amasaha serivise z’imipaka abaturage b’ibihugu byombi bahora batura abayobozi hagati y’ibihugu byombi, u Rwanda na Repuburika iharanira demokarasi ya Congo byanumvikanye guhuza servisi za gasutamo ku mupaka wa Rusizi ya Kabiri.

Nkunzurwanda Jean Pierre, uyobora ishami rishinzwe ububanyi n’amahanga mu kigo gishinzwe abinjira n’abasohoka mu Rwada, yavuze ko bemeranyijweho no guhuza serivisi za gasutamo ku mupaka wa Rusizi ya Kabiri.

Ati “Inkunga yo kubaka umupaka yarabonetse igisigaye gutangira bifite ibindi bigomba kubanza birimo gushaka ubutaka buzubakwaho uwo mupaka uhujwe.”

Imibare itangwa n’inzego zishinzwe abinjira n’abasohoka igaragaza ko ku mupaka wa Rusizi ya Kabiri ukoreshwa n’abantu babarirwa hagati y’ibihumbi bitandatu n’umunani ku munsi.

Abenshi ngo ni abakora ubucuruzi buciriritse, bwambukiranya imipaka biganjemo abagore.

2018-10-04
Editorial

IZINDI NKURU

u Rwanda rwateye utwatsi ibyatangajwe na Panama Papers kuri  Brig Gen. Ndahiro na Hatari Sekoko

u Rwanda rwateye utwatsi ibyatangajwe na Panama Papers kuri Brig Gen. Ndahiro na Hatari Sekoko

Editorial 11 Apr 2016
Inzozi za Tshisekedi zo gukuraho Perezida Kagame zizamusiga amahoro?

Inzozi za Tshisekedi zo gukuraho Perezida Kagame zizamusiga amahoro?

Editorial 04 Jul 2023
Ibimenyetso byagaragaje ko Thomas Kamilindi, Ally Youssuf Mugenzi na Etienne Karekezi bari bafite inshingano zo gukwirakwiza ibikorwa bya FLN

Ibimenyetso byagaragaje ko Thomas Kamilindi, Ally Youssuf Mugenzi na Etienne Karekezi bari bafite inshingano zo gukwirakwiza ibikorwa bya FLN

Editorial 17 Sep 2021
Imyumvire ipfuye : Lantos Foundation yibwira ko umubano hagati y’ u Rwanda, Ubwongereza na Amerika ushingiye ku ifungwa cyangwa ifungurwa rya Paul Rusesabagina

Imyumvire ipfuye : Lantos Foundation yibwira ko umubano hagati y’ u Rwanda, Ubwongereza na Amerika ushingiye ku ifungwa cyangwa ifungurwa rya Paul Rusesabagina

Editorial 13 Sep 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umugabane wa Afurika ugomba kuba ahantu hakurura abashoramari benshi kandi beza-Perezida Kagame
Mu Rwanda

Umugabane wa Afurika ugomba kuba ahantu hakurura abashoramari benshi kandi beza-Perezida Kagame

Editorial 08 May 2018
Burundi: Nkurunziza yakamye ikimasa, Abadiventisiti bari batawe muri yombi barekuwe
POLITIKI

Burundi: Nkurunziza yakamye ikimasa, Abadiventisiti bari batawe muri yombi barekuwe

Editorial 18 May 2019
RDC: Lambert Mende wari Umuvugizi wa Guverinoma ya Kabila yatangiye gukorwaho iperereza ku kwiba diyama
POLITIKI

RDC: Lambert Mende wari Umuvugizi wa Guverinoma ya Kabila yatangiye gukorwaho iperereza ku kwiba diyama

Editorial 20 May 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru