• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Uko mbibona: Amatora yo muri DRC, Kabila arimo gukina ikarita ya nyuma

Uko mbibona: Amatora yo muri DRC, Kabila arimo gukina ikarita ya nyuma

Ubwanditsi 21 Oct 2018 POLITIKI

Kabila ari gukina ikarita ye ya nyuma mu gihe abatavuga rumwe nawe byabananiye gushyira hamwe no kumvikana.

Iyo witegereje neza politiki ya Congo mu bibazo irimo ubu, wakuramo ibi bikurikira: Uruhande rumwe ruyobowe na Perezida Kabila ufashe akaboko Shadari yatanzeho umukandida w’ ihuriro FCC, avuga ko ariwe abona wazamusimbura, mu gihe kuri urundi ruhande hari abatavuga rumwe na Kabila bananiwe kumvikana no kwishyira hamwe.

Tubanze twibukuranye ko amatora ari uguhatana kw’abakandida abaturage bihitiramo ukwiriye kubayobora bityo utsinze abandi akajya ku butegetsi bw’ igihugu. Niyo mpamvu muri DRC abakandida 21 bemejwe na komisiyo y’amatora muri iki gihugu (CENI) ubu bakaba baratangiye ibisa no kwiyamamaza kandi igihe kitaragera.

Biraboneka ko hari ibice bibiri umuntu yakwita ko bisa n’ ibihanganye buri ruhande rushaka uwavamo umukuru w’igihugu.

Muri iyo nkubiri ni uko bigaragara ko Kabila adafite inyungu mu gutuma amatora atungana mu gihugu cye kugira ngo atsimbarare ku ubutegetsi kuko n’ ubundi aburiho binyurabije n’itegeko kuko manda ye yarangiye mu ukuboza 2016.

Bigaragara ko guhitamo uwo yerekana ko azamusimbura byaba ari ukuyobya uburari mu rwego rwo kujijisha no kurangaza abaturage n’amahanga bamumereye nabi ngo amatora akorwe byanze bikunze mu kwa 12 uyu mwaka.

Aya matora ubutegetsi bukaba butarigeze buyifuza na mba kuko bwabuze uko buhindura itegeko nshinga kuko opoziyo yaho ikomeye cyane hakiyongeraho n’imibereho y’ abaturage itameze neza. Ntawabura gukeka ko amatora nkayo akozwe habamo uburiganya bwo kwiba amajwi.

Ikarita cyangwa umukino wa Kabila ni kugira ngo agere ku ntego ye yo gutegeka abaturage imashini itora, nayo itavugwaho rumwe kuko opoziyo n’abaturage muri rusange batayemera kuko bakeka ko ariyo kwiba amajwi ku nyungu za Kabila, bityo abaturage bakanga ibyavuye mu matora, hakaba imvururu n’ akavuyo biha amahirwe Kabila kugundira ubutegetsi.

Nk’ uko bishoboka ko Kabila yategereza ku munota wa nyuma agakuraho izo mashini zitora bityo bikaba bidashoboka gukora amatora hakoreshejwe uburyo bumenyerewe bw’ impapuro muri Afrika, amatora akaba yigijweyo ari nako aguma ku ubutegetsi. Birashoboka na none ko amatora yategurwa mu kavuyo maze urukiko rurinda itegeko nshinga rugatesha agaciro ibyayavuyemo ibi nabyo bigaha amahirwe Kabila kuguma ku ubutegetsi kuko itegeko ryaho riteganya ko umukuru w’igihugu avaho ari uko asimbuwe n’uwatowe n’abaturage byemewe n’ amategeko.

Iyi nzira ya nyuma niyo ishoboka cyane iyo witegereje igihe gisigaye n’aho ibintu biriho bigana kuko Shadari ari agakingirizo kagamijwe kurangaza abaturage n’amahanga. Abatavuga rumwe n’ ubutegetsi barimo ibice bibiri. – kimwe kigizwe n’abakandida bemewe na Komisiyo y’amatora, ikindi cy’ abangiwe niyo Komisiyo ari nacyo gikomeye cyo kitemera imashini ikoreshwa mu gutora.

Aba mbere bemera izo mashini ariko bakifuza ko zagenzurwa neza ntihabemo uburiganya n’ubujura bw’amajwi. Mu gihe igice cya kabiri cy’abakandida batemewe badashyigikiye ikoreshwa ryazo kugira ngo abatora bazange noneho habeho imvururu zibahesha amahirwe yo kugaruka mu matora ateguwe neza abemerera kuziyamamaza neza ubutaha.

Kuri uru rwego, abakandida batemewe bakaba bakwiye byihuse kwishyira hamwe no kwishakamo umukandida umwe bose bashyigikiye ngo ahangane na Kabila. Ibintu bisa n’ibyabananiye kuko barangara bakirirwa mu biganiro mpaka gusa aho buri wese akurura yishyira bavuga gusa ku ikoreshwa ry’ imashini itora kandi igenda yihuta ntibazabone igihe cyo kwiyamamaza n’amatora ubwayo yegereje.

Ibi abatavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Congo barimo niwo mutego Kabila yabateze kandi bawuguyemo, amayeri yo mu rwego rwo hejuru ya Kabila na FCC!! Ntibyoroshye rero kwemeza ko amatora muri Congo azaba vuba kubera ubyo bibazo navuze hejuru byiyongera kukuba mu byukuri CENI ititeguye neza mu by’ amafranga, ibikoresho na tekiniki.

Hatirengagijwe n’umutekano muke mu gice kinini cy’iburasirazuba bw’icyo gihugu byazabangamira amatora. Hari n’ikindi kibazo cya ruswa ikoreshwa mu kugura abanyapolitiki ngo bashyigikire uruhande uru n’uru, ushobora kwibaza uti se bizagenda bite? Aho amatora agana ni muriyo nzira, ahasigaye reka dutegereze.

src: Bwiza,com

2018-10-21
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ghana ikeneye umuyobozi w’umunyabwenge nka perezida Kagame – Prof. Ransford Gyampo

Ghana ikeneye umuyobozi w’umunyabwenge nka perezida Kagame – Prof. Ransford Gyampo

Ubwanditsi 11 May 2018
Constant Mutamba: Minisitiri w’Ubutabera wa Congo Usigaye Azwi kurusha Ibikorwa Bye Bibi Kurusha Byiza

Constant Mutamba: Minisitiri w’Ubutabera wa Congo Usigaye Azwi kurusha Ibikorwa Bye Bibi Kurusha Byiza

Ubwanditsi 29 May 2025
“Igihano Eugène Rwamucyo yahawe ni ikimenyetso cyo guca umuco wo kudahana, no gusubiza agaciro abagizweho ingaruka na Jenoside yakorewe Abatutsi “- Wairimu Nderitu.

“Igihano Eugène Rwamucyo yahawe ni ikimenyetso cyo guca umuco wo kudahana, no gusubiza agaciro abagizweho ingaruka na Jenoside yakorewe Abatutsi “- Wairimu Nderitu.

Ubwanditsi 06 Nov 2024
Ubwongereza burasanga gutera inkunga ingabo za SADC ziri muri Kongo bishobora kongerera ikibazo ubukana.

Ubwongereza burasanga gutera inkunga ingabo za SADC ziri muri Kongo bishobora kongerera ikibazo ubukana.

Ubwanditsi 09 Sep 2024

Igitekerezo kimwe

  1. Mulind
    October 22, 20187:54 am -

    Maze gusoma iyi nkuru nasanze ubivuga adakurikira neza ibibera muri Repubulika iharanura Demokarasi ya Coingo.

    Guhera ejo kuwa 23 kugera kuwa 25 Ukwakira 2018, hari inama izabera muri Afurika y’Epfo izahuza abiyamamarije ubuperezida bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Hazaba harimo abemerewe na CENI kimwe n’abangiwe.

    Hagomba rero gutegerezwa ikizava muri iyo nama aho kwemeza ko opposition yananiwe kuvuga rumwe.

    Murakoze

    Mulind

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

U Rwanda rwamaganye irekurwa rya Rukundo na Nahimana bahamijwe ibyaha bya Jenoside
Mu Mahanga

U Rwanda rwamaganye irekurwa rya Rukundo na Nahimana bahamijwe ibyaha bya Jenoside

Ubwanditsi 17 Dec 2016
Uganda yanze ko intumwa za LONI zivugana na Minisitiri Philemon Mateke ku kibazo cyo gushyigikira imitwe y’iterabwoba irwanya u Rwanda, akanavugwa mu bitero byo mu Kinigi
INKURU NYAMUKURU

Uganda yanze ko intumwa za LONI zivugana na Minisitiri Philemon Mateke ku kibazo cyo gushyigikira imitwe y’iterabwoba irwanya u Rwanda, akanavugwa mu bitero byo mu Kinigi

Ubwanditsi 14 Dec 2019
RDF igiye kwinjiza amaraso mashya, menya ibisabwa
Mu Rwanda

RDF igiye kwinjiza amaraso mashya, menya ibisabwa

Ubwanditsi 26 Jan 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru